Ku bitaro bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi harwariye abagabo babili bo mu murenge wa Bwishyura batewe ibyuma saa sita n’igice z’ijoro tariki 01/01/2013 bivuye ku mvururu zatewe nuko umwe muri bo yinjiye umugore w’undi.
Nyuma yo kumena inzoga z’inkorano mu murenge wa Save mu cyumweru cyabanje, tariki 31/12/2012 hamenwe izindi mu murenge wa Mamba mu rwego rwo kurwanya urugomo n’izindi ngeso mbi zituruka ku businzi bikunze kugaragara mu minsi mikuru isoza umwaka.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Supt. Theos Badege, atangaza ko ibyaha byaragabanutse cyane mu minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani ugereranyije n’indi minsi isanzwe.
Mukeshimana Pascal wo mu murenge wa Kamembe yafashwe ahagana saa cyenda z’ijoro tariki 31/12/2012 arangije kubaga inka ebyiri mu rugo iwe kandi bitemewe.
Polisi y’u Rwanda irizeza umutekano Abaturarwanda bose bitehuye kujya mu birori n’ibitaramo byo gusoza umwaka wa 2012 no gutangira 2013 ariko kandi ngo n’ibihano bikarishye bitegereje umuntu uwo ariwe wese uri buhungabanye umutekano.
Twiringiyimana Jean Bosco w’imyaka 30 ukomoka mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Rutete, umurenge wa Nyankenke akarere ka Gicumbi yiciwe muri Uganda n’abantu bavana kanyanga muri Uganda bakayizana mu karere ka Gicumbi biyise Abarembetsi.
Umwana w’imyaka 18 witwa Kaka Gaston wari utuye mu mudugudu wa Rwankuba, akagari ka Remera, umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango, yakubishwe n’inkuba tariki 28/12/2012 ahita yita Imana.
Imbunda yo mu bwoko bwa SMG (Semugi) ifite nomero 0623 yatoraguwe n’umuhinzi Nyandwi Theogene w’imyaka 44 igihe yarimo gukura amateke tariki 29/12/2012 mu gishanga cy’Umuhama mu kagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Aganira n’abaturage b’umurenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe nyuma y’umuganda ngarukakwezi wabaye tariki 29/12/2012, Umuyobozi w’ingabo mu ntara y’amayepfo, Major General Mubarak Muganga yasabye abaturage kutirara n’ubwo bafite umutekano usesuye.
Umukwabu wo guhiga abaroba ku buryo butemewe n’amategeko mu biyaga by’akarere ka Bugesera, tariki 29/12/2012, wataye muri yombi abagabo 2 n’umugore umwe bacuruza amafi adakuze, atemewe kurobwa.
Emmanuel Nzakizwanayo wo mu karere ka Nyamasheke Mu murenge wa Cyato, yafatiwe ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ashaka kwiyahura, nyuma y’uko inzego z’umutekano zamuhigaga azira kwiba ibizingo by’insinga za EWSA.
Musabyimana Yohani w’imyaka 44 ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano ariko akaba atuye mu murenge wa Gitambi mu kagari ka Hangabashi mu karere ka Rusizi yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa pisitori irimo n’amasasu yayo 6.
Hategekimana Ephrem umusaza w’imyaka 63 wari utuye mu murenge wa Rubaya mu kagari ka Gihanga mu mudugudu wa Gomba yitabye Imana azira gukubitwa ibuye mu mutwe n’umugore witwa Nyiramivumbi Aloysie.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi babiri barakomereka bitewe n’impanuka Y’Imodoka yo mu bwoko bwa Dayihatsu yakoreye mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi mu ijoro ryo kuwa 27/12/2012.
Ndayambaje Benoit w’imyaka 29 y’amavuko, ari mu maboko ya polisi azira gucuruza urumogi muri sentire ya Buhanda mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango.
Mukandabunga Cecile w’imyaka 24 y’amavuko wo mu kagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi yafatiwe ku kiyaga cya Kivu afite umwana we w’uruhinja agiye kwiyahura mu gitondo cya tariki 28/12/2012.
Akagari ka Rwanza ko mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara kafatiwemo inzoga z’inkorano litilo zisaga 1800 ndetse n’urumogi bihita bimenwa kuwa kane tariki 27/12/2012.
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees: CPCs) zo mu karere ka Burera zahawe telefone zigendanwa kugira ngo zijye zibafasha gutanga amakuru vuba kandi neza mbere y’uko icyaba kiba.
Umugabo Emmanuel uzwi ku izina ry’ingwe (izina yihaye) wo mu mujyi wa Kibungo ahitwa Rond-point ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwambura abantu akanabaka amaterefone nyuma yo kwiyita ingwe.
Imikwabu yo gufata inzererezi mu mujyi wa Ngoma iragenda igabanya ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho byo mungo bwari bwibasiye uyu mujyi; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise.
Turimwe Vincent w’imyaka 18 na Muhoza Claude w’imyaka 17 batawe muri yombi na polisi tariki 25/12/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye mu bubiko bya Sosiyete Winning Star ikorera mu Kagali k’Ubumwe, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo.
Polisi ishinzwe kurwanya magendu yafashe amakarito 30 ya divayi itukura (red wine) ya magendu yari atwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Prado saa 05h30 tariki 26/12/2012 iyavanye ku mupaka wa Rusizi ya mbere iyajyanye i Kigali.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Airtel bagiranye ubushyamirane ubwo bazaga gucururiza mu karere ka Nyamagabe, tariki 26/12/2012, ndetse n’abaturage ba Nyamagabe babashinja kuba barabatetseho imitwe bakabagurisha simukadi (simcard) nyinshi ngo bazatombora bagategereza bagaheba.
Ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa gerenade byatoraguwe ahakorwa umuhanda wa kaburimbo mu mudugudu waButangata, akagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke tariki 26/12/2012.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu 21 bo mu Karere ka Gatsibo bazira gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta (Coltan) kandi batabifitiye uburenganzira.
Abakozi bubaka isoko ry’abashoramari riri mu murenge wa Kamembe bakoze imyivumbagatanyo bavuga ko bamaze amezi ane badahembwa. Ngo Gasana Pascal ushinzwe kubahemba amaze iminsi ababeshya ngo arabahemba ariko byagera ku munsi yababwiye akababwira ngo bazagaruke.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe hafungiwe umusaza witwa Habiyaremye wo mu murenge wa Rwimbogo akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu.
Mu bantu 23 bafatiwe mu mukwabo wabaye mu mujyi wa Rusizi tariki 25/12/2012 harimo 19 badafite ibyangombwa. Harimo n’abagore 4 bafatanywe urumogi aho bari bararuhinze mu mirima yabo.
Umwana w’imyaka 20 utuye mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi azira gufata ku ngufu nyina umubyara tariki 21/12/2012. Uwo mwana witwa Habamenshi yemera icyaha yakoze akanagisabira imbazi avuga ko yabitewe no gusinda.
Abakatiwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) bakoreraga mu Karere ka Gakenke bagera kuri 93 batorotse ingando za TIG; nk’uko byemezwa n’umukozi ushinzwe TIG mu Karere ka Gakenke.