Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu 20 bo mu Ntara y’Amajyepfo bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye mu buryo bw’imvugo zisesereza abayirokotse.
Umugore witwa Kanakuze Alphonsine yitabye Imana mu ijoro rishyira uwa 18/04/2013 azize inkangu yatengukiye inzu yari aryamyemo mu mudugudu wa Mburabuturo, akagari ka Gitwe mu murenge wa Karambi wo mu karere ka Nyamasheke.
Sebuhoro Daniel wo mu mudugudu wa Kabuye mu kagari ka Rurambi mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza yishe umugore we n’umwana we w’amezi atatu mu ijoro rya tariki 18/04/2013 nawe ahita yitera ibyuma.
Gatarayiha Aloys w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka mu kagali ka Kinanira, umurenge wa Remera mu karere ka Ngoma, afungizwe azira inoti 50 z’amafaranga 2000 z’amahimbano yari agiye kwishyura inzoga ku kabari k’umuntu bakunda kwita Pati gaherereye ahitwa mu Ivundika.
Imibare yo muri Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igaragaza ko kuva umwaka wa 2013 watangira abantu 37 bamaze kwitaba Imana bahitanywe n’ibiza birimo inkangu n’imyuzure.
Ntirenganya Celestin, umusore w’imyaka 30, akaba yari umukozi wa Airtel ku Ruyenzi, yagonzwe n’imodoka ikurura izindi, ubwo yari ageze ahitwa ku Mugomero, agiye gucuruza telefoni n’amakarita ku Kamonyi.
Ihene z’umuturage witwa Uwihanganye utuye mu mudugudu wa Nyarugenge akagari ka Burima umurenge wa Kinazi karere ka Ruhango, zariwe n’imbwa tariki 16/04/2013 zihita zipfa.
Ku itariki 16/04/2013 nibwo ibendera ry’igihugu ryari ryibwe mu kagari ka Remera umurenge wa Kabagari akarere ka Ruhango ryabonetse.
Imvura nyinshi imaze iminsi igwa cyane yatumye umugezi wa Nyabarongo wuzura maze wiroha mu muhanda wa kaburimbo uva Ngororero werekeza i Muhanga, bityo tariki 17/04/2013, imodoka zihagararika ingendo.
Kuwa kabiri tariki 16/04/2013, imbogo zasenye urukuta rutandukanya parike y’ibirunga n’imirima y’abaturange, maze zikomeretsa abantu bane barimo n’umwana w’uruhinja, bo mu mirenge ya Kinigi na Musanze.
Mukagatare Bernadette n’umukobwa we Nyiraneza Grace bo mu mudugudu wa Gasave mu kagali ka Kamasiga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero barwariye mu bitaro bya Muhororo kubera ibikomere n’imvune batewe n’inkangu.
Bamwe mu bahinzi mu karere ka Muhanga baratangaza ko bakomeje guhangayikishwa n’imvuira ikomeje kugwa ari nyinshi ikangiza imyaka yabo bari batezeho amaramuko.
Polisi mu karere ka Bugesera yataye muri yombi umusaza witwa Nduwayezu Appolinaire ukekwaho gukubita no gukomeretsa umwana we witwa Nduwayezu Dieudonne, akoresheje inyundo.
Hamwe mu hacukurwa amabuye y’agaciro mu karere ka Kamonyi, hagaragaramo abakora nta byangombwa babifitiye. Mu gihe ubuyobozi buhangayikishijwe n’umutekano wa bo, ababukora bo bemeza ko baba batumwe n’abemerewe gukora iyi mirimo.
Umuyobozi bw’umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango, yatangaje ko mu gihe cya saa mayo tariki 15/04/2013 hamenyekanye ko mu kagari ka Remera hibwe ibendera ry’igihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, avuga ko mu cyumweru cyo kwibuka muri ako karere ka Kayonza hagaragaye ingero eshatu z’abantu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside no kuyipfobya.
Umugabo witwa Kango Suede w’imyaka 50 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi afite ibiro 80 by’amabuye yo mu bwoko bwa gasegereti mu buryo bwa magendu.
Habyarimana Emmanuel utuye mu murenge wa Murunda yarumye umugore we inshuro ebyiri ku munwa ashakaga kumwica amurumye umuhogo bapfa inzu bubakanye. Kuri ubu uwo mugore ari kwivuriza ku bitaro bya Murunda.
Bihoyiki Claude wo mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi afunzwe azira ko umugore we yamubwiye ko bajyana kwibuka abazize jenoside yakorewe Abatutsi hanyuma akamusubiza ko ajya kwibuka we ufite abo yibuka kuko ngo we ntabiwe bishwe na Jenoside.
Umuriro ushobora kuba watewe n’amashyarazi wibasiye inzu y’umuturage maze utwika “amajyambere” (ibikoresho by’umukobwa witegura kurushinga) mu mujyi wa Nyamagabe ahitwa mu Kiyovu.
Abagabo babiri bazwi ku izina ry’Abarembetsi bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba bazira gufatanwa Kanyanga bari bavanye mu gihugu cya Uganda.
Mbonyinzira Jean Bosco, Uwimana Jean Claude, Ntabyera Saleh na Rurangwa Charles bafungiye kuri station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, bakurikiranweho gushaka kwiba Banki y’abaturage y’u Rwanda n’umurenge wa SACCO, biherereye mu murenge wa Kibilizi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki RAA 153 M yakoze impanuka irangirika cyane, abantu babiri barimo barakomereka byorohereje na ho umushoferi avunika imbavu enye ziratana.
Nyiraneza Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza muri Musanze, akomeje kwibasirwa n’abantu bataramenyekana, aho mu ijoro ryo kuri uyu wa 09/04/2013 baje bagakura ihembe ry’inka ye, maze inyana bakayizirikanya n’imbwa.
Habyarimana Frederic w’imyaka 32 yatwaye umugenzi amugejeje i Shyorongi ahitwa ku Muyenzi mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge amwishyura amafaranga aburaho igiceri 100 maze ahita amwadukira aramukubita.
Imvura yaguye ku gicamunsi taliki 10/04/2012 mu karere ka Rubavu yasenye amazu 9 mu murenge wa Kanama isenya n’ikiraro gihuza umurenge wa Kanama ujya Gishwati na Rutsiro.
Nyuma y’uko umugore witwa Mugiraneza Ernestine warokotse Jenoside mu murenge wa Gatumba atemewe inka, undi muntu witwa Kagame Theogene nawe wacitse ku icumu yasenyewe urugo.
Ku cyumweru tariki 07/04/2013, undi muturage yasenyewe n’amazi aturuka muri GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro ya colta ka gasegereti mu murenge wa Gatumba, akarere ka Ngororero.
Athanase n’uwo bita Tunga barwaniye mu mudugudu wa Bigega mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu ijoro rishyira tariki 10/04/2013 bapfuye umugore birangira umwe akuye undi iryinyo ndetse n’urugi rw’inzu barushinguzamo.
Mu gihe u Rwanda rwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu ntara y’uburengerazuba hamaze gutabwa muri yombi abantu icyenda bashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo butandukanye.