Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024 yafunguye ku mugaragaro inyubako y’Ikigo gitanga serivisi z’ubwishingizi mu Rwanda, ‘Radiant Insurance Company’, iherereye mu Murenge wa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo na Kaboneka Francis wari umaze igihe atagaragara cyane mu myanya y’ubuyobozi.
Ingabire Assumpta Umuyobozi mukuru ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko barimo gukora ubukangurambaga bugamije kurandura igwingira mu bana, aho asaba ababyeyi kugaburira abana indyo yuzuye no kubagirira isuku.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Inzobere mu kuvura amaso zivuga ko abantu bashyira imiti mu maso batandikiwe na muganga baba biyongerera ibyago byo guhuma.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo iterabwoba, inzara, imihandagurikire y’ikirere,… bityo hakwiye kubaho ubufatanye mu gushaka ibisubizo by’umwihariko ku mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yasobanuye ko kuva mu 1959, n’indi myaka yakurikiyeho, kwitwa Umututsi byari ibyago ku Batutsi ubwabo no ku yandi moko ku buryo undi wabyitwaga yaregeraga akarengane.
Urutare rwa Nkuri ruri mu hahoze ari u Buhoma. Ubu ni mu Ntara y’Uburengerazuba, Akarere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira, Akagari ka Rurengeri, Umudugudu wa Kibugazi.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2022-2023, yagaragaje ko imishinga umunani y’iterambere, ifite agaciro ka miliyari 564 z’amafaranga y’u Rwanda yadindiye, bitewe n’uko igihe yari yagombaga gukorwamo cyararangiye cyangwa kikaba kiri hafi kurangira, iyo mishinga itaragera ku musozo.
Saa kumi na 45 z’igicamunsi cyo ku itariki 21 Gicurasi 2024, Ikamyo Mercedes Benz yari itwawe na Mutonesha Donatie, yikoreye inzoga z’u ruganda rwa BRALIRWA yakoreye impanuka mu nkengero z’umujyi wa Musanze mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, ubwo yavaga i Rubavu yerekeza i Kigali.
Israel Mbonyi yatangaje ko agiye gutaramira ahantu habiri muri Uganda, nyuma yo guca amarenga ko ashobora no kujya muri Kenya.
Umwanditsi w’ibitabo Gashema Emmanuel, avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga bandika amateka y’u Rwanda nyamara Abanyarwanda bahari kandi babishoboye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Mutoni Jeanne, avuga ko ’Systeme Imibereho’ yitezweho gufasha kumenya abaturage bakeneye kunganirwa kwikura mu bukene b’ukuri kuko uburyo byakorwagamo mbere hazagamo amarangamutima ariko nanone ikazanafasha gutahura abahabwaga inkunga ibafasha kwikura mu (...)
I Mbirima na Matovu haherereye mu Kagari ka Mbirima, mu Murenge wa Coko, mu Karere ka Gakenke, mu Ntara y’Amajyaruguru, ahahoze ari mu Bumbogo.
Uwamwezi Merciane w’imyaka 53 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Rukundo Akagari ka Ntoma Umurenge wa Musheri avuga ko gukura yanga gusabiriza no guharanira kwigira byamugejeje ku ruganda rufite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 100 n’ubwo ingaruka za COVID-19 n’ibikorwa byahereweho ahabwa ubuzirange bw’ibyo (...)
Bamwe mu bo gahunda ya VUP yagezeho hirya no hino mu gihugu, bakomeje kuyitangaho ubuhamya bayishima, bishimira n’aho yabavanye ndetse n’aho ibagejeje, kuko bavuye mu bukene ndetse baharanira no kugira abandi bafasha.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe cyatangaje ko iteganyagihe ryo kuva tariki ya 21 kugeza tariki 31 Gicurasi 2024 rigaragaza ko imvura iteganyijwe mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024 izakomeza kugabanuka mu bice byinshi by’Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko mu byumweru bibiri, abakozi mu nzego z’Utugari babura mu myanya bazaba bashyizwemo, kugira ngo serivisi zihabwa abaturage zirusheho kunoga.
Abadepite bagize Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere mu Nteko y’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 20 Gicurasi 2024 bakiriye bagenzi babo bo muri Zambia baganira ku mategeko y’u Rwanda mu kurengera uburenganzira bw’umukobwa no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Dusingizimana Jean Népomuscène wifuza kuba umukandida wigenga mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024, aravuga ko urugendo rwo gushaka ibyangombwa bisabwa rwamugoye cyane.
Mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, haravugwa amakuru y’umukobwa w’imyaka 22 watae muri yombi, akekwaho gukuramo inda y’amezi atanu akoresheje ibinini.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryagejeje kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), urutonde rw’abakandida-depite 66 barimo abagore 29 n’abagabo 37.
Ubushakashatsi bwakozwe muri uyu mwaka (2024) bugashyirwa ahagaragara tariki 17 Gicurasi 2024, n’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane ukimakaza imiyoborere myiza (Transparency International Rwanda/TIR), bwagaragaje ko abarenga 60% by’abaturage batigeze bahabwa ingurane ku mitungo yabo yangirijwe.
Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje ibiherutse gutangazwa n’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, nyuma y’uko umukozi wawo atanze amakuru y’ibinyoma bigatuma yangirwa kwinjira mu gihugu n’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka.
Ingabo z’u Rwanda RDF n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, tariki 17 Gicurasi 2024 bashyikirije Mukamana Annonciate utuye mu murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Gatsibo inzu nshya bamwubakiye.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ivuga ko kugeza ubu hari Abanyarwanda barenga ibihumbi 53 bamaze kujya kuri lisiti y’itora, bazatorera mu bihugu by’amahanga baherereyemo.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Guinée Conakry, Amadou Oury Bah, witabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika, ‘Africa CEO Forum’ yaberaga i Kigali.
Abagore bo hirya no hino mu Gihugu bishimira ko hari iterambere rigaragara bamaze kugeraho y’umwihariko mu myaka 30 ishize, bakishimira ko umugore yahawe ijambo n’agaciro. Icyakora basanga hari ahagikenewe ko bongera imbaraga cyane cyane mu gushaka ibyunganira iterambere ryabo n’iry’umuryango, bagahindura imyumvire y’uko (...)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024 Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh uri i Kigali aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika, ‘Africa CEO Forum’.
Tariki ya 16 Gicurasi 2024, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Ntarindwa Emmanuel w’imyaka 51 y’amavuko akekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 na Mukamana Eugenie w’imyaka 53 ukekwaho kuba ikitso cy’ukekwaho icyaha aho yamuhishe mu mwobo wacukuwe mu nzu yari amazemo imyaka 23.