Urwego rushinzwe Ubutasi mu by’Imari (FIC) rwasohoye amabwiriza mashya agena amakosa n’ibihano ku bigo n’abashinzwe gutanga amakuru batubahiriza ibisabwa mu gukumira iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi, aho amwe mu makosa ashobora gutuma ikigo gicibwa ihazabu igera (…)
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2026, Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, ku bufatanye n’abanyarwanda bahatuye, bahuriye mu muhango wo kwizihiza umunsi wo Kwibohora, ku nshuro ya 32, umuhango wabereye muri Hotel Hilton -Les Tours Jumelles.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko amarushanwa y’Igikombe cyo kwibohora mu Ngabo z’u Rwanda, arenze kuba amarushanwa gusa, ahubwo ko ari n’uburyo bwo kwizihiza umurage w’ubutwari, ubwitange no guharanira gutsinda byaranze Ingabo za RPA mu rugamba rwo Kubohora u Rwanda.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yatangaje ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uzagira uruhare mu gutera inkunga ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gushyigikira ubutumwa Ingabo z’u Rwanda zikomeje gukorera mu Majyaruguru y’icyo Gihugu.
Mu kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora, Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze n’abaturage batashye inzu 15 zubatswe mu buryo bwa Two in One, zatujwemo imiryango 30.
Abahawe serivisi z’ubuvuzi ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda mu gihe cy’amezi atatu bangana na 33,722, mu Ntara zose z’igihugu.
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi Kainerugaba ukunze kugaragaza ko afitanye ubucuti bwihariye n’Abanyarwanda, yifurije u Rwanda n’Abanyarwanda, ndetse n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, isabukuru nziza yo Kwibohora
Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 32, ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru birimo kubera mu Kagari ka Rutabo, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ahatashywe ku mugaragaro inzu 6, buri yose irimo ebyiri, zigenewe imiryango 12 yiganjemo abasenyewe n’ibiza.
U Rwanda rwongeye gutera intambwe ikomeye mu gushimangira umutekano mu by’ingufu, nyuma y’uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu, Rwanda National Energy Company (RNEC), gisinyanye amasezerano n’ikigo cyo muri Tanzania, Gulf Bulk Petroleum Tanzania Limited (GBP), agamije gutumiza ibikomoka kuri peteroli binyuze ku cyambu cya (…)
Ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage byakozwe na Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu mezi atatu ashize byatwaye arenga miliyari 2 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic) ryananiwe gusobanurira Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu rimaze igihe ridasubiza abanyeshuri amafaranga y’ingwate (Caution) arenga miliyoni 250 Frw.
Iserukiramuco rishya ryiswe HERIFEST RWANDA, rigamije guteza imbere no gusigasira umuco Nyarwanda, rigiye gutangira ku mugaragaro ku wa 08 Nyakanga 2026 i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ahazwi nka Pyramidal Garden.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) Prof. Claude Mambo Muvunyi yagizwe Umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Umuryango uhuza ibihugu by’i Burayi n’ibiri mu nzira y’amajyambere mu guteza imbere igeragezwa ry’imiti (European & Developing Countries Clinical Trials Partnership – EDCTP).
Umujyi wa Kigali wagowe no gusobanura uburyo watumyeho imodoko ikora isuku utanze ibisabwa 25 (specifications) igomba kuba yujuje, ariko rwiyemezamirimo ikazana ifite 9 gusa mu byo wasabye kandi ukayakira.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Komisiyo Ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari ya Leta (PAC) ko ikiraro cya Karuruma cyari kimaze imyaka ine cyarabaye agatereranzamba, noneho bitarenze impera z’uyu mwaka kigomba kuzaba cyatangiye kubakwa.
Nzabonariba Sylvie, washinze Sylvie In Kitenge Fashion Ltd, yavuze uburyo amaze gutera intambwe ifatika mu bucuruzi bwe kuva yatangira kwitabira Expo Mpuzamahanga mu mwaka wa 2020, agaragaza ko ari imwe mu nkingi zamufashije gutera imbere.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Jacqueline Mukangira yahamagariye ba rwiyemezamirimo bo mu Buhinde gushora imari mu Rwanda kuko hakiri amahirwe menshi, kandi igihugu kikaba cyorohereza abanyemari.
ASA International (Rwanda) Plc yatangije ku mugaragaro serivisi zo kwakira ubwizigame bw’abaturage, nyuma yo guhabwa uruhushya na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) rubemerera kwakira amafaranga y’ubwizigame.
U Rwanda rwinjiye mu masezerano na Kenya, azatuma ibikomoka kuri Peteroli byinjiraga biciye ku cyambu cya Mombasa byiyongera, ndetse bikarushaho kwihuta.
Urukiko rw’Iirenga rwa Amerika rwemeje ko umwana wese uvukiye ku butaka bwa Amerika azajya aba abonye ubwenegihugu bw’iki gihugu, n’iyo yavuka ku mwimukira ugomba gusubizwa iwabo kuko adafite ibyangombwa.
U Rwanda n’u Burusiya kuri uyu wa Kabiri byashyize umukono ku nyandiko ngenderwaho igamije guteza imbere umushinga mu by’ingufu za Nikeleyeri hifashishijwe inganda nto z’ingufu za Nikeleyeri (Small Modular Reactors – SMR).
Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro kuri uyu wa 30 Kamena, yishimiye umukinnyi ukomeye wa Basket ball uherutse kwinjira muri Shampiyona ikomeye kuri iyi si, NBA.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamana, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame yafashe ibyemezo bikomeye bigamije kunoza uburyo bwo gutanga imisoro no gufasha abaturage n’abikorera kurushaho kwiteza imbere.
Umuryango One Acre Fund Rwanda, wubatse ubuhumbikiro bw’ingemwe z’ibiti by’imbuto n’ibindi birimo ibivangwa n’imyaka, buzafasha Abanyakigali kubona ingemwe miliyoni buri mwaka, mu rwego rwo kongerera Umujyi wa Kigali ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’Ikirere.
Isi ubona ihinduka burundu iyo uyirebye uhagaze ku bwato rutura butembera mu mugezi wa Huangpu, bukanyura hagati y’inyubako ndende za Shanghai zimurikiwe n’amatara y’amabara atandukanye.
Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, bagaragaje ko nubwo bashoje urugendo rw’akazi ariko badashoje urw’ubuzima kuko bazakomeza gufatanya n’abandi mu bikorwa bitandukanye byo kubaka Igihugu.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntiyanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) ku gutinda kugeza mu mashuri ibitabo 396,000.
Perezida wa Sena na Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu kuri uyu wa 29 Kamena, bamuritse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe ku cyicaro cy’Inteko Ishinga Amategeko.