Ihuriro ry’urubyiruko ryiswe Igihango cy’Urungano, mu mpera z’icyumweru gishize ryahuriyemo urubyiruko rw’ingeri zose.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku bijyanye n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kivugwa mu bihugu by’abaturanyi, kuko hakajijwe ingamba zo kugikumira, gukurikirana no kwita ku wakwandura.
Minisitiri w’Intebe yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kamena 2026 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku ishusho rusange y’igihugu.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Huss Anny Monique, yasabye urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho kugira ngo arufashe kwiteza imbere. Ibi yabigarutseho tariki 06 Kamena 2026 mu Nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateraniye ku cyicaro cy’Akarere.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Radio Okapi yakwirakwije amakuru y’ibihuha, ivuga ko hari umubare munini w’Abanye-Congo bahejejwe ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania mu rwego rwo kubakumira kubera icyorezo cya Ebola.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yatangaje ko izamuka ry’ibiciro bya Mazutu ritazagira ingaruka ku biciro bisanzwe by’ingendo zo gutwara abantu n’ibintu kuko Leta yashyizemo nkunganire.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wa Imbuto Foundation, Elodie Shami yashyikirije Umuryango wa Avega Agahozo ivuriro rigendanwa (mobile clinic), ryakiriwe na Perezida w’uyu muryango, Madamu Alphonsine Mukarugema.
One Acre Fund Rwanda yatangaje ko mu gihembwe cy’ihinga cya 2027AB iteganya gufasha abahinzi miliyoni 1.3, hibandwa cyane ku bihingwa bifite agaciro ku isoko kugira ngo umusaruro mwinshi ujyane no kongera inyungu z’abahinzi.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye neza amagambo yavuzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio ubwo yari imbere y’Abadepite bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga aho yabemereye ko u Rwanda rurimo gusohoza inshingano zarwo mu bijyanye n’amasezerano yarwo na DRC.
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yagumye kuri 2.938 Frw, mu gihe mu gihe litiro ya mazutu yo yazamutseho 722 Frw kuko yavuye kuri 2205 Frw ikagera kuri 2.927 Frw.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), kirahamagarira abaturarwanda kugira uruhare n’ijambo mu bikorwa byo gukumira no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burashima ababyeyi 151 bazwi ku izina rya ba ‘Malayika Murinzi’ bemeye kwakira abana mu miryango yabo, bakabarera neza babitayeho, kandi ibi bakabikora nta gihembo cyangwa izindi nyungu bategereje.
Kuri mugoroba, wo kuri uyu wa Kane u Rwanda rwifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 icyo gihugu cy’igihangange ku Isi kimaze kibonye ubwigenge.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Bernadette Arakwiye yatangije ku mugaragaro sitasiyo ya mbere y’u Rwanda ikora igenzura ry’ikirere cyo hejuru cyane (Automatic Upper-Air Station) iherereye mu Karere ka Huye.
Ambasade y’Ubwami bw’u Buholandi mu Rwanda, iyobowe na Ambasaderi Joan J. Wiegman, yifatanyije n’Abanyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigega cyihariye cy’Ingoboka (Special Grant Fund/SGF), buratangaza ko hari umushinga w’Itegeko urimo kuganirwaho ushobora kuzatuma Inkende ziyongera mu nyamaswa zishyurirwa igihe zoneye cyangwa zangiririje abaturage.
Abanyeshuri batanu b’Abanyarwanda biga muri Kaminuza ya Kent State University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 3 Kamena 2026, bakoze urugendo rwabo rwa mbere batwaye indege mu gikorwa kigamije kubategura kuba abapilote babigize umwuga.
U Rwanda na Pakistani byasinyanye amasezerano yitezweho gushimangira imikoranire mu bijyanye no kugenzura ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri, guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bw’abakozi, ndetse no gusangira ubunararibonye n’amakuru.
Koperative Umwalimu Sacco yashyizeho uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo mu rwego rwo kurinda abanyamuryango igihombo.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ‘OMS/WHO’ , Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yaburiye ibihugu bishyiraho ibihano rusange ndetse n’ingamba zikomeye zo kubuza cyangwa gukumira abantu gukora ingendo kubera icyorezo cya Ebola, ko ahubwo ibyo ari byo bituma kirushaho kwiyongera.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Mozambique akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Inocêncio Impissa, yavuze ko gukomeza gukorana n’Ingabo z’u Rwanda ari ingenzi, kuko bifasha Ingabo za Mozambique gukomeza imyitozo no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano.
Umusesenguzi, umushakashatsi n’umwarimu wa Kaminuza Dr. Eric Ndushabandi, yahaye urubyiruko ubuhamya bugaragaza ko mu Rwanda, mu bihe by’ivangura byariho mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi hari ibintu by’ibanze umuntu atashoboraga kubona, ku buryo urubyiruko rwabaga rufite gutekereza ibintu biciriritse.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro bya 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Nkurunziza Patrick yavukiye muri Congo mu 1997, aho ababyeyi be bari barahungiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Nkurunziza Patrick, umusore wahungutse acitse umutwe wa FDLR mu myaka cumi n’itani ishize, na n’ubu aracyatangazwa n’amahoro yasanze mu Rwanda, ubwo yazaga azi ko azicwa, nk’uko abakuru muri FDLR babibabeshyaga.
Lt. Col Harelimana Gaspard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga mu ngabo z’u Rwanda, RDF, ni umwe mu banyarwanda bamenye ubwenge buhangano - AI mbere y’uko bukoreshwa mu buzima busanzwe mu Rwanda.
Umurizaboro Aline umwe mu rubyiruko rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko, yatanze ubuhamya bukomeye, aho yavuze ko yavutse gato nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aba mu buzima bw’ibikomere bikomeye byatumye yiheza mu bantu.
Mbere y’ubukoloni, Umuganda wari uburyo bw’imigirire ishingiye ku muco gakondo wo gukorera hamwe hagamijwe gukemura ibibazo by’imibereho n’ubukungu bigamije inyungu zihuriweho gusa mu gihe cyabwo waje guhinduka uwo gukoraho imirimo y’abakoloni.