Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, bibumbiye mu Ihuriro ACOREB bagaragaje ko bababajwe no kuba imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’u Burundi ifunze, basaba ko hakorwa ibishoboka igafungurwa Abarundi n’Abanyarwanda bakongera kugenderana kuko ari abavandimwe. Babivugiye mu nama isanzwe ibahuza, yateraniye i (…)
Senateri Uwera Pélagie arasaba urubyiruko muri rusange, gukora rukiteza imbere n’Igihugu muri rusange, kuko bimaze kugaragara ko ibihugu bikomeye bisigaye bisuzugura ibiri mu nzira y’Amajyambere kubera inkunga.
Mu rwego rwo kurushaho kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango IBUKA watanze inka na mituweli, unatanga ubufasha ku barokotse Jenoside bafite ibibazo by’ihungabana mu Karere ka Nyaruguru.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruri mu Karere ka Nyagatare ubu rwatangiye gushyira umusaruro ku isoko ry’u Rwanda.
Abayisilamu bo mu Rwanda bifatanyije n’abo ku Isi kwizihiza EIDIL FITRI, umunsi mukuru ngarukamwaka wizihizwa buri gihe iyo Abayisilamu basoje ukwezi kwa Ramadhan, aho baba bamaze igihe cy’iminsi hagati ya 29 na 30 basiba (biyiriza ubusa badafata amafunguro).
Perezida wa Sena, Hon François Xavier Kalinda, avuga ko u Rwanda rutazihanganira abantu bica ubumwe bw’Abanyarwanda, abakwirakwiza ibihuha n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Banki ya Kigali (BK) yafunguye ku mugaragaro ishami ryihariye, rizajya ryita ku miryango itari iya Leta, amadini n’amatorero hamwe na za Ambasade.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr. Patrice Mugenzi, arashimira abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, batekereje neza bitandukanya na yo, bagaruka mu Rwanda gufatanya n’abandi kubaka Igihugu.
Mu Karere ka Musanze mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, kuri uyu wa Gatanu habereye igikorwa cyo gusoza amasomo ya ba Ofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’abo mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), barangije amasomo abanza yo ku rwego rw’aba Ofisiye.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko ibikorwa bya Guverinoma bijyanye no kongera umusaruro w’inganda, n’ibyoherezwa mu mahanga hagamijwe iterambere rirambye, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, yatangaje ko Amabuye y’agaciro yinjirije u Rwanda Miliyari 1.7 y’Amadolari ya (…)
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025, yakiriye indahiro y’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col Pacifique Kayigamba Kabanda, amusaba gufatanya n’izindi nzego kugira ngo batange ubutabera bwihuse.
Sindayiheba Phanuel atorewe kuyobora Akarere ka Rusizi, akaba asimbuye Dr Kibiriga Anicet wavuye kuri uyu mwanya, ni mu gihe Muzungu Gerald atorewe kuyobora Akarere ka Karongi, amatora akaba yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025.
Hari abantu bafite ubumuga bavuga ko badahabwa serivisi zitandukanye bemererwa n’Igihugu uko bikwiye, zirimo iz’ubwiteganyirize (Ejoheza) n’izifasha abatishoboye kuva mu bukene (Girinka, VUP), Servisi ijyanye n’ubwisungane mu kwivuza, izijyanye no kurengera abafite ubumuga no kubarinda ihohoterwa n’izindi.
Ni ibirori byabaye ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, byitabiriwe n’ingeri zitandukanye, aho abagore bashimiwe umuhate bagira mu guteza imbere Igihugu, ndetse bibutswa ko bitezweho gutanga umusanzu muri gahunda y’Igihugu ya NST2 ndetse na 2050.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi ko u Rwanda rurenganywa, rukagerekwaho ibibazo bya Congo, ariko ko rutazatezuka gucunga umutekano warwo no kurinda ubusugire bw’igihugu.
Urugaga Nyarwanda rw’Abahuza (abakomisiyoneri b’umwuga) ’Rwanda Association of Real Estates Brokers(RWAREB)’, rufite ishuri ribatoza gukora kinyamwuga, rigatanga ibyangombwa bibatandukanya n’ababeshya abaturage, bityo bakanoza serivisi baha ababagana, bakareka gukomeza kwitwa ababeshyi.
Col Pacifique Kayigamba Kabanda yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), asimbuye Col (Rtd) Jeannot Kibezi Ruhunga wari umaze imyaka isaga irindwi kuri uwo mwanya n’uko tubikesha ibiro bya Minisitiri w’intebe mu itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame muri Village (…)
Guverinoma y’u Rwanda, binyuze muri Ambasade y’u Rwanda muri Koreya y’Epfo, yihanganishije imiryango n’inshuti z’abazize inkongi yibasiye Amajyepfo y’Uburasirazuba bw’icyo Gihugu ndetse ikaba ikomeje no kwiyongera.
Inteko rusange ya Sena yafashe umwanzuro wo gutumiza Minisitiri w’Intebe, kugira ngo azatange ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye mu mavuriro yo ku rwego rw’ibanze (Poste de santé), bikeneye gukemurwa n’inzego zitandukanye.
Umubyeyi witwa Kabaganwa Marthe, utuye mu Kagari ka Kanserege Umurenge wa Gikondo, umujyi wa Kigali arashimira Sendika y’Abashoferi b’amakamyo (ACPLRWA) bamushyikirije inzu bakamukura mu gusembera.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, ishami ry’u Rwanda, ryatangaje ko UNICEF muri rusange yitandukanije n’igitaramo cyiswe ‘Solidarité Congo’, bivugwa ko cyateguwe mu gukusanya inkunga yo gufasha abana bagizweho ingaruka n’intambara mu burasirazuba bwa RDC, ndetse kandi itazakira inkunga izakivamo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Patrice Mugenzi, yabwiye Abadepite ko imiryango isaga ibihumbi 900 yavuye mu cyiciro cy’abafashwa muri VUP, naho igera ku bihumbi 315 ikaba irimo guherekezwa kugira ngo na yo izasohoke muri iyi gahunda, kuko izaba imaze kwiteza imbere.
U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amazi (uba buri mwaka tariki 22 Werurwe), mu gihe Leta ivuga ko imaze kwegereza abaturage bangana na 82% ibikorwa remezo by’amazi, n’ubwo hari abakomeje gutaka ko batayabona, hakaba hakomeje gushakwa uko yagera ku bantu bose mu gihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurihanangiriza ibitangazamakuru, imbuga za YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga zamamaza ibikorwa by’abatekamutwe, kuko nabyo bizajya bihanwa.
Mu gihe ikigo gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), cyibutsa ababyeyi ko ari inshingano zabo kurerera Igihugu neza bita ku bana babo, hari abavuga ko kugira umugore urenze umwe biri mu bibangamira izo nshingano mu Karere ka Nyaruguru.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, Angelina Muganza, avuga ko Komisiyo yakoze ubugenzuzi muri uyu mwaka, igasanga mu Turere twinshi banyuzemo abakozi bakwiye kuba bari ku rwego runaka batuzuye, bigatuma imirimo idakorwa neza bitewe n’umubare w’abo bakozi utuzuye.
"Inama ihuriweho ya EAC na SADC, yabaye ku mugoroba w’ejo mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari ingenzi cyane mu kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa DRC no kwemeza ko hakenewe ibisubizo bya Afurika ku bibazo bya Afurika."
"Niba ushaka ko intambara irangira, ushyira iherezo ku karengane, urangiza ibibazo bya politiki bitari ku baturage bawe gusa, ahubwo no kubandi harimo n’abaturanyi bawe bigiraho ingaruka"
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), cyatangije kuri uyu wa Mbere imishinga y’umuhanda uzateza imbere ubuhahirane n’igihugu gituranyi cyo mu Majyepfo, Uburundi.