Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rurizeza abanyamuryango ba ‘Mituelle de Santé’ ko batazongera kwandikirwa imiti myinshi ngo bajye kuyigurira hanze y’ibitaro, nyuma y’ivugururwa ry’urutonde rw’igomba gutangirwa kwa muganga.
U Rwanda rwatorewe kwakira Icyicaro cy’Ikigo Nyafurika Gishinzwe Imiti (African Medicines Agency - AMA). Ni icyemezo cyafatiwe mu nama Nyobozi y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye i Lusaka muri Zambia.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda Network), Nyirahabineza Gertrude avuga ko icyemezo cya Minisiteri y’Ubuzima cyo guhagarika ibikorwa byamamaza ubuvuzi kitababangamiye ahubwo ngo abamamazaga bari babangamiye abakora ubuvuzi gakondo bwa nyabwo.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abajyanama b’ubuzima bagiye gufashwa kujya batanga serivisi mu buryo bukomatanyije, bitandukanye n’uko byakorwaga, aho buri wese yabaga afite indwara yahuguriwe.
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gahini mu Karere ka Kayonza, Dr. Ngabire Nkunda Philippe, avuga ko kwiyongera kw’inzu z’ababyeyi bizatuma babasha guhabwa serivizi nziza bityo bigabanye impfu zabo n’iz’abana.
Mfashingabo Christian w’imyaka 25 y’amavuko avuga yifuje kuva kera gutanga amaraso, ariko akabura amakuru y’uko bigenda. Nyuma yaje gusobanukirwa mu mwaka ushize wa 2021, ubwo hakorwaga ubukangurambaga bujyanye no gutanga amaraso ku ishuri yigagaho.
Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga na Sosiyete y’Ubwishingizi mu Rwanda (Radiant), basinyanye amasezerano agamije gushoboza Abahesha b’Inkiko b’Umwuga kubona Ubwishingizi mu buvuzi.
Abafite ubumuga bw’uruhu barasaba gufashwa kujya bipimisha kanseri (Cancer) yaryo ku buryo buhoraho, kubera ko bari mu cyiciro cy’abantu bashobora kugerwaho n’iyo kanseri mu buryo bworoshye.
Uruganda rwo mu Budage rwa ‘BioNTech’, rwatangaje ko rugiye gutangira kubaka uruganda rukora inkingo ‘mRNA vaccine factory’ i Kigali mu Rwanda, kugira ngo bifashe ibihugu bya Afurika gutangira kuzikorera ubwabyo.
I Kigali habereye Inama yiswe Healthtech Summit y’iminsi ibiri ikaba yari ihuje abafatanyabikorwa bo mu bihugu bitandukanye bagamije kureba uko barushaho kwifashisha ikoranabuhanga mu bijyanye n’ubuvuzi n’ubuzima (healthcare).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko amavuriro atatu mato (postes de santé) yo mu Karere ka Nyaruguru yamaze gushyirwamo ibikoresho bifasha mu gutanga serivise yo kubyaza.
Igihugu cya Israel cyahaye u Rwanda ibikoresho by’ubuvuzi bifite agaciro ka miliyoni 140 z’Amafaranga y’u Rwanda byo gufasha Igihugu guhangana n’icyorezo cya Covid-19 no mu zindi serivisi z’ubuzima.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika biri muri gahunda ya Pfizer yiswe ‘An Accord for a Healthier World’, bishimiye ko ije gukuraho ubusumbane mu kubona imiti n’inkingo byiharirwaga n’ibihugu bikize.
Imiryango 100 itishoboye yo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, irahamya ko itazongera kurembera mu ngo, ibikesha ubwisungane mu kwivuza bw’umwaka wa 2022-2023, yashyikirijwe na Rotary Club Kigali Kalisimbi, ku Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abikorera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa gufatanyiriza hamwe mu gushyigikira uburyo buboneye kandi bwizewe bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga ku Banyafurika bose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi CSP Dr. Tuganeyezu Ernest, avuga ko bagifite ibibazo mu kuvura indwara zitandura ku bakoresha ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé), aho ababukoresha hari serivisi badahabwa cyangwa imiti batemerewe, Abasenateri basuye ibyo bitaro bakaba bariyemeje gukora ubuvugizi kuri icyo kibazo.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rwakiriye inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 133 n’ibihumbi 866 yatanzwe n’umuryango AHF Rwanda (AIDS Healthcare Foundation) wibanda cyane cyane ku byerekeranye n’ubuzima, iyo nkunga ikazafasha mu kwishyurira umusanzu wa Mituweli abatishoboye.
Umuryango uharanira amahoro ku Isi witwa Interpeace, wahaye Akarere ka Bugesera imodoka irimo ivuriro ry’indwara zo mu mutwe, ikazanifashishwa mu bukangurambaga bugamije Ubumwe n’Ubwiyunge hagati y’abafungiwe Jenoside n’abayikorewe.
Mu rwego rwo gutanga serivisi inoze kandi yihuse ku buzima, Leta y’u Rwanda imaze kuzuza amavuriro umunani (8) yo mu rwego rwa Kabiri, intego ikaba kuyongera hirya no hino mu gihugu kuko afitiye akamaro gakomeye abaturage.
Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM), yizihije umunsi wahariwe abaforomo n’abaforomokazi ku wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, isaba Abaturarwanda kwirinda abiyitirira uwo mwuga bagateza abarwayi ibibazo birimo ubumuga no kubyimbirwa.
Itsinda ry’aba Senateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda, ririzeza abagana ibitaro bikuru bya Ruhengeri gukora ubuvugizi, buzatuma ibyo bitaro byongererwa ubushobozi, kugira ngo serivisi zihatangirwa zizarusheho kunogera ababigana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB), batangije ibiganiro n’ibigo nderabuzima n’amavuriro mato, mu rwego rwo kwigira hamwe uko amafaranga yishyuzwaga nyuma yo gutanga serivisi ku murwayi, yajya atangwa mbere kuko n’ubundi abaturage baba barayishyuye.
Abagize Sena y’u Rwanda basuye ibitaro by’i Kigali ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, bagamije ahanini gusuzuma uko ubuvuzi bw’indwara zitandura bwitabwaho, basanga hari imiti yazo batagira, ndetse n’abaturage badafite ababakira bahagije.
Abaturage bo mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, barasaba kubakirwa ivuriro rito (Poste de santé) bemerewe n’ubuyobozi nyuma y’uko bubasabye gusiza ikibanza bazayubakamo, none imyaka ikaba imaze kuba ine bategereje.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) hamwe n’Ikigo mpuzamahanga cyita ku buvuzi bw’amaso(One Sight) barasaba Abaturarwanda kwita ku maso yabo, harimo no kwitabira kuyisuzumisha kenshi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko umubare w’abana bapfa bataramara ukwezi bavutse, mu myaka irenga icumi ishize wagabanutse bava kuri 44 bagera kuri 19. Raporo y’ubushakashatsi ku bijyanye n’ubuzima (Demographic and Health Survey) yo mu mwaka wa 2021, yerekana ko mu bana 1000 bavutse mu mwaka wa 2000, abapfaga (...)
Urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi mu rwego rw’ubuvuzi, ruratangaza ko mu Rwanda hatewe intambwe ya mbere mu rugendo rurerure bafite mu kuziba icyuho cy’abajyaga gushaka serivisi z’ubuvuzi mu mahanga.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuzima, Nakato Agnes, aributsa ababyeyi ko kutisuzumisha inda inshuro enye zagenwe bifite ingaruka nyinshi zirimo urupfu ku mubyeyi n’umwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba hakiri abaturage bagana amavuriro batarishyuye amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), bibangamira gahunda yo gutanga ubuvuzi bunoze ku bishyuye.
Akarere ka Nyarugenge n’Abafatanyabikorwa bashyize i Nyabugogo, i Nyamirambo na Kimisagara ahantu ho gupimira ku buntu indwara zitandura, ndetse no gutanga serivisi n’ubujyanama ku buzima bw’imyororokere.