Uburyo bwajyaga bukoreshwa mu kugeza agakingirizo ku bagakeneye bugiye guhindurwa mu rwego rwo kugira ngo agakingirizo kagere ku muntu ugakeneye mu buryo butagoranye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya SIDA no kuboneza urubyaro.
Afadhali Diallo, umunyeshuri wiga ibijyanye na farumasi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yatorewe kuba perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ubumenyi mu miti ivura abantu muri Afurika (African Pharmacy Students Association) mu matora yabereye muri Algeria tariki 18/07/2012.
Abaganga bakora umwuga wo kubaga bavuga ko kuba umuganga yasiga ikintu mu muntu yari arimo abaga atari ubushake kuko umuganga ubaga aba ari kumwe n’abaforomo bamufasha bityo ntabe yagira ikintu na kimwe yibagirirwa muri uwo muntu.
Abaganga, abaforomo n’abasinziriza (Abatera ikinya) baturuka mu bitaro birindwi byo mu Rwanda, barangije amahugurwa aho bahuguwe uburyo abaganga bakorera hamwe bagafasha inkomere.
Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Clinton, atangaza ko mu buzima hakenerwa ubufatanye kuko mu gihe hari ubufatanye buhamye nta kibazo gishobora kuburirwa igisubizo.
Ibitaro by’akarere ka Nyanza byahawe umuyobozi mushya, Dr Kalach John; nk’uko byagaragariye mu muhango w’ihererekanyabubasha wakozwe ku mugoroba wa tariki 17/07/2012 ku cyicaro cy’ibyo bitaro.
Umuyobozi w’ibitaro bya Butaro arakangurira abantu bose bafite impungenge z’uko baba barwaye kanseri kugana ibyo bitaro kuko bifite ubushobozi bwo kuvura ubwoko 12 bwa kanseri.
Igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda cy’ubwitange mu kwita ku bibazo by’imibereho y’abaturage (Army week) cyakomereje ku bitaro bya Gisirikare i Kanombe guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 16/07/2012, aharimo kuvurirwa abarwayi batavuriwe iwabo ubushize bitewe no gukomera k’uburwayi bafite.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kumenyekanisha ko uburenganzira bw’umurwayi bukwiriye kubahirizwa ariko usanga akenshi abarwayi badatanga ibitekerezo byabo igihe muganga ashaka kuganiriza umurwayi cyangwa umurwaza uburyo indwara cyangwa ikibazo runaka kigomba gukemurwa.
Minisiteri y’Ubuzima igiye gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cyo kuvura no kurinda indwara za kanseri. Ikigo kizaba icyerekezo muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu gufasha ibyaro.
Minisiteri y’Ubuzima na Ambasade y’u Bufaransa byasinyanye amasezerano yo gufasha mu guha ubumenyi bukenewe kaminuza zigisha iby’ubuvuzi mu Rwanda.
Mu gihe cy’icyumweru abavuzi gakondo bamaze bavura ababagana ku cyicaro cyabo, nyinshi mu indwara zagaragaye ku barwayi barenga 150 bitabiraga ubuvuzi ku munsi ni iziterwa n’ukudakora neza kw’imitsi.
Guhera mu kwezi gutaha, abakozi bose b’ibitaro byitiriwe umwami Faisal bazaba bagendera ku masezerano y’umurimo mashya mu rwego rwo kugendera ku mabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi (RBC), asaba gukoresha abakozi babifitiye ubushobozi.
Bamwe mu bavuzi ba gihanga basanga umwuga wabo ufitiye igihugu akamaro ariko ukaba udahabwa agaciro nk’uko bikwiye. Aba bavuzi bemeza ko kuba hari abantu batarasobanukirwa neza n’akamaro k’ubu buvuzi bigira ingaruka ku babukora.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Kirehe mu karere ka Kirehe barakangurirwa gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’umwaka wa 2012/2013 kuko amafaranga batanze ubushize yarangiranye n’ingengo y’imari y’umwaka 2011/2012.
Iminsi ibiri mbere y’uko icyumweru cy’ingabo z’igihugu cyahariwe gutanga ubufasha mu buvuzi, yageze imibare y’abaturage bahawe ubwo buvuzi ugeze ku 12.232. umubare urenze intego y’ibihumbi 10 bari bihaye ubwo batangiraga.
PHILIPS, Sosiyete y’Abahorandi ikora ibikoresho binyuranye by’ubuvuzi n’ibyo mu rugo, irasaba Ministeri y’Ubuzima kwemera ibikoresho byayo bigakoreshwa mu buvuzi kuko ngo bishobora kurokora ubuzima bwa benshi.
Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kiratangaza ko kizunguka amafaranga agera kuri miliyari eshanu kibikesheje ibikorwa bya Army week aho abaganga baturutse mu bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda bari kuvura abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Muri Kanama 2012 ishuri ryigisha ubuganga riri i Gitwe mu karere ka Rugango “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)” rizabona umwarimu mushya w’inzobere uzabafasha guteza imbere ubumenyi mu by’ibuvuzi.
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itanu, ihuje abakuriye ibigo by’amalaboratwari mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba. Inama igamije guhererekanya ubumenyi n’ubunararibonye bwa buri gihugu kigize aka karere.
Dr.Ndekezi Consolate, umuganga w’umunyarwanda uba mu Bufaransa amaze mu Rwanda igihe kirenga ukwezi akorera ubushake mu bitaro bya Ruhengeri aho afasha abaganga bo muri ibyo bitaro kuvura zimwe mu ndwara zitandukanye zijyanye n’ubuzima bw’ababyeyi.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya Mayange, mu karere ka Bugesera, bahawe amagare 89, mu rwego rwo kuborohereza urugendo bajya mu baturage.
Ikigo nderabuzima cya Kirehe kiri mu karere ka Kirehe kirwanya imirire mibi cyorora inkwavu, inkoko hamwe no guhinga uturima tw’igikoni. Ibi bifasha abaturage bafite abana bafite indwara zituruka ku mirire mibi kongera kubaho neza.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza imyaka 50 rubonye ubwigenge hamwe n’imyaka 18 rwibohoje, tariki 24-30/06/2012, ingabo z’igihugu zizakora ibikorwa by’ubuvuzi no kwigisha abaturage kugira ubuzima bwiza mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Dr. Lt. Col. Jean Paul Bitega, umuganga mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, akaba akuriye gahunda yo kwigisha gusiramura abagabo hakoreshejwe agapira bita Prepex, yagiranye ikiganiro na Kigali today, asobanura uburyo iki gikorwa kigenda, impamvu cyazanywe mu Rwanda, ndetse n’inyungu igihugu kigitezeho.
Dr. Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Buzima (OMS) uri mu Rwanda, yashimye imikorere y’Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byatangije gahunda yo gusiramura umuntu atabazwe ku rwego rw’isi.
Abaturage babarirwa muri za miliyoni nyinshi bategejere tariki ya 14/09/2012 kuko aribwo hazemezwa burundu niba umuti witwa Truvada ufite ubushobozi bwo kuvura no kurinda icyorezo cya SIDA gihangayikishije isi yose.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso (NCBT) kiri mu myiteguro yo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uzaba tariki 14/06/2012, ukazaba n’umwanya wo gushimira abantu batanga amaraso, banakangurira abandi kwitabira igikorwa cyo gutanga amaraso.