Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko Kanseri y’ibere ivurwa igakira iyo imenyekanye kare, akaba ariyo mpamvu ikangurira abantu kuyisuzumusha badategereje kuremba.
Umuturage uri mu cyiciro cya mbere cyangwa icya kabiri cy’ubudehe, mu gihe bamusuzumye bagasanga arwaye Malaria, azajya ahabwa umuti ku buntu.
Maj Dr William Kanyankore uyobora ibitaro bya Rubavu atangaza ko 72% by’ indwara zitanduza zirimo Diabete, Goute, impyiko n’izindi, zimaze kurusha indwara zanduza kwibasira abaturage.
Abatuye Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi, baratabariza ikimoteri cy’akarere kimaze iminsi gishyizwe hagati y’ingo, kuko mu mvura kibateza ibibazo.
Ubuyobozi mu Kagari ka Gatonde mu Karere ka Ngoma, butangaza ko kugenzura imihigo mu ngo byatumye bagera kuri 97,8% mu bwisungane mu kwivuza.
Gahunda yiswe “Gikuriro” yashowemo arenga miliyoni 190RWf mu rwego rwo kurwanya imirire mibi ikigaragara mu bana bo mu Karere ka Ngoma.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zageneye u Rwanda inkunga ya Miliyari 14,5Frw yo kurufasha ku rwanya Malariya mu mwaka utaha wa 2017.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iri gushaka icyakorwa kugira ngo imirire mibi igaragara muri bamwe mu bana icike burundu kuko idindiza iterambere ry’igihugu.
Ubuyobozi bw’umuryango SFH Rwanda buhamya ko bikwiye kugaburira abana indyo yuzuye kuko iyo umwana yagwingiye ku mubiri agwingira no mu bwenge.
Abakorera n’abagenda muri santere ya Kidaho iri muri Burera babangamiwe nuko iyo santere itagira ubwiherero rusange kandi ihoramo urujya n’uruza rw’abantu.
Ibitaro bya Rubavu byungutse serivisi yo kunganira impyiko kuyungurura amaraso izwi ku izina rya Dialysis.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo gutwara amaraso hifashishijwe utudege duto ( Drones), Perezida Kagame yavuze ko yizeye umusaruro tuzatanga mu duce twa kure twagoraga ubuvuzi.
Sosiyete sivile mu Rwanda ivuga ko imyumvire ikiri hasi ku bijyanye no kwirinda SIDA ibangamira igabanuka ry’iyi ndwara itagira umuti n’urukingo.
Umuryango SUN-Alliance uhuriyemo imiryango irwanya imirire mibi mu Rwanda, uvuga ko abana bari munsi y’imyaka 5 bagwingiye bakuzura Sitade amahoro inshuro 29.
U Rwanda ruri imbere mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara byagaragaje igabanuka ry’indwara z’ubuhumekero zahitanye abagera ku 8,181 mu 2015.
Abaturage bo mu kagali k’Akagarama muri Ngoma batangaza ko bafatanyije n’ubuyobozi biyubakiye ivuriro riciriritse ariko ngo rimaze imyaka ine ridakora.
Bamwe mu batuye Nyagatare, bavuga ko bamenye ko umuti wica imibu uterwa mu mazu atariwo utera imbaragasa, ziterwa n’umwanda.
Ikigo gishinzwe umutungo kamere mu Rwanda (RNRA) gitanga ko ibikorwa bya muntu bigira uruhare mu guhumanya amazi agateza ibibazo birimo n’uburwayi.
Abashakashatsi bo mu Bwongereza barizeza ko umuti ukiza SIDA ugiye kuboneka nyuma yo kuvura umurwayi wayo akagaragaza ibimenyetso byo kuyikira.
Ministeri y’ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko Malaria isigaye ifite ubukana bukabije kuburyo ngo imiti isanzwe iyivura itakibasha guhangana nayo.
Abatuye mu Kagari ka Nyakayaga mu Murenge wa Kamabuye,Akarere ka Bugesera, bavuga ko ibimina bibafasha kuzigama amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Bwa mbere mu mu Rwanda hagiye gutangizwa gahunda yo kwibagisha by’umurimbo, gahunda izwi ku izina rya "Cosmetic Surgery".
Ababyeyi bo mu Murenge wa Rutare muri Gicumbi barishimira ko bubakiwe "inzu y’ababyeyi" izatuma batongera guhura n’ingorane mu gihe cyo kubyara.
Abanyamuryango ba RPF mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, biyemeje gukora ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwitabira ubwisungane bwa mituweli.
Abivuriza ku Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, barinubira kurazwa ku gitanda kimwe ari abarwayi babiri hakiyongeraho no gutonda imirongo.
Bamwe mu batuye umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera, bagisangirira ku muheha umwe, bagaragaza ko nta ngaruka babibonamo.
Furaha Denyse utuye mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, avuga ko kubura amafaranga amugeza kwa muganga, byatumye uburwayi bwe bukomera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.