Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Bwa mbere mu mu Rwanda hagiye gutangizwa gahunda yo kwibagisha by’umurimbo, gahunda izwi ku izina rya "Cosmetic Surgery".
Ababyeyi bo mu Murenge wa Rutare muri Gicumbi barishimira ko bubakiwe "inzu y’ababyeyi" izatuma batongera guhura n’ingorane mu gihe cyo kubyara.
Abanyamuryango ba RPF mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, biyemeje gukora ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwitabira ubwisungane bwa mituweli.
Abivuriza ku Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, barinubira kurazwa ku gitanda kimwe ari abarwayi babiri hakiyongeraho no gutonda imirongo.
Bamwe mu batuye umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera, bagisangirira ku muheha umwe, bagaragaza ko nta ngaruka babibonamo.
Furaha Denyse utuye mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, avuga ko kubura amafaranga amugeza kwa muganga, byatumye uburwayi bwe bukomera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kamunuza y’u Rwanda (CHUB), buranyomoza amakuru, avuga ko icyuma gipima imbere mu mubiri (CT Scanner) cy’ibi bitaro kitagikora.
Mu karere ka Huye hagiye gushyirwaho abafasha mu by’ubuzima, bazafashiriza abarwaye indwara zitandura mu ngo zabo, guhera muri 2017.
Kuva ku mwana muto kugera ku muntu mukuru, abageze mu ishuri ndetse n’abatararikandagiyemo baturiye Ikivu, usangamo benshi bafite ikibazo cy’amenyo y’umuhondo asa n’ashiririye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abaganga bashya barangije Kaminuza boherejwe mu bitaro binyuranye byo mu gihugu bitezweho kongera ubwiza bwa servisi.
Urugaga Nyarwanda rw’abahanga mu by’imiti rwemerewe kwinjira mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’abahanga b’imiti (FIP), mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umwuga bakora.
Akarere ka Rutsiro kasabye abacuruzi bo mu isantere ya Gakeri mu Murenge wa Ruhango kugira ubwiherero bitarenze iminsi 15.
Umuryango Imbuto Foundation wasabye urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge, kuba maso kubera SIDA n’inda z’imburagihe.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasange Akarere ka Gatsibo, batangaza ko batanyurwa n’uburyo abakerewe kwishyura umusanzu mu kwivuza ba wakirwamo.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima, amavuriro n’ibitaro by’Akarere ka Nyagatare biyemeje kumanura ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’umudugudu, kugira ngo bugere kuri benshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba aka karere kagaragaramo abana b’akobwa benshi batwara inda zitateganyijwe, biterwa n’uburangare bw’ababyeyi batabaganiriza.
Ubuyobozi buhangayikishijwe n’uko ababyeyi batuye mu Murenge wa Katabagemu muri Nyagatare, batitabira kunywa amata kandi boroye ahubwo bakinywera inzoga z’inzagwa.
Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye gutangaza ko yorohereje abantu kubona amakarita ya Mituweri, ndetse no kwivuza badategereje ukwezi nyuma yo kwishyura umusanzu.
Abaforomo bo mu karere ka Rusizi bashinja abashinzwe kuyobora ibigo nderabuzima kutaba umwanya ngo bakurikire amahugurwa baba batumiwemo kubera indonke.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Bamwe mu baturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyagatare bavuga ko amakosa y’ibyiciro by’ubudehe yatumye abafataga imiti buri munsi bayibura.
Abaturage baganiriye na Kigali Today baravuga ko hari abatangiye kubura serivisi z’ubuvuzi, bitewe n’uko kubona ikarita y’ubwisungane ya mituweri bigoye.
Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Umudugudu wa Kabarore wageze ku 100% ku rwego rw’Akarere ka Rusizi bo bataragera kuri 40 mu bwisungane mu kwivuza bwa mituweri
Bamwe mu bitabira Expo 2016 bavuga ko baboneraho bakanipimisha virusi itera SIDA cyane ko iyi servisi ihari kandi ikorwa mu buryo bwihuse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burahamagarira ababishoboye bose kubafasha kwishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza abatishoboye batuye muri aka karere.
Abakozi b’ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero bashyizeho isanduku igamije kugoboka abakene babigana mu kubafasha kurya, kwambara, kwivuza n’isuku.