Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko umubare w’abafite ubumuga bwo mu mutwe bakirwa mu bitaro byabagenewe bya Ndera, ukomeje kwiyongera.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Abatuye mu Murenge wa Mukarange muri Kayonza batangaza ko kwegerezwa umuyoboro w’amazi meza babifata nk’igitangaza kuko batari bazi ko yabageraho.
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.
Dr. Alex Manirakiza, uvura indwara za kanseri mu bana mu Bitaro bya Burera, ni umuganga w’umurundi, wari umaze igihe kinini akorera ubuvuzi mu Rwanda, mbere y’uko i Burundi haduka imvururu zatumye benshi bahunga barimo n’abaganga bagenzi be.
Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabohoye abarwayi b’indwara zitandukanye bari baragizwe imbohe n’abavuzi gakondo babavurishaga ibyatsi n’imitongero.
Abantu bafite uruhara n’abandi bafite ikibazo cy’imisatsi barasubijwe kuko mu gihe kiri imbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ivuriro rigarura imisatsi.
Abatuye mu Nkambi ya Nyabiheke iri mu Karere ka Gatsibo bayobewe indwara yafashe abana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 12 na 17.
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Mu gikorwa ngarukamwaka cya ‘Army Week’ gitegurwa n’Ingabo z’igihugu, muri uyu mwaka hamaze kuvurwa abantu ibihumbi 60.639 bari bafite uburwayi bunyuranye.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko hashize imyaka isaga 20 imbasa (Polio) icitse mu Rwanda kubera ingufu igihugu cyashyize mu guyikingira.
Abaganga b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bakoze umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi bavura abatuye Rwaniro, banaremera bamwe mu barokotse Jenoside bahatuye.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Diane Gashumba asaba abaganga n’abakora kwa muganga kwirinda gukoresha ibigenewe abaturage mu nyungu zabo, kuko ntaho byaba bitandukaniye no kubica.
Abaturage batuye Zone Birindi mu karere ka Gicumbi, bavuga ko kugirango bagere aho bivuriza bibasaba amasaha atari munsi y’atatu, bagasaba kwegerezwa ivuriro.
Abaganga bashinzwe kuvura abana kanseri mu bitaro bya Butaro byo mu karere ka Burera bemeza ko iyo bavuwe hakiri kare bakira neza.
Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba arahamagarira abakora muri serivisi z’ubuzima guhagurukira ikibazo cy’abana bapfa bavuka.
Abarwayi ndetse n’abarwaza ba kanseri ku bitaro bya Butaro, bifuza ko imiti y’iyi ndwara yazajya itangirwa no mu bindi bitaro kugira ngo bagabanirizwe imvune.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko kuba Ingabo z’u Rwanda (RDF) zitabira gutanga amaraso yo gufasha abarwayi bizatuma atazongera kubura.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bibumbiye mu ishyirahamwe bise ‘Turwanye imirire mibi’ rikora ibikorwa bibyara inyungu bemeza ko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye igikorwa cyo kuvuza ku buntu abantu barwaye “Ishaza” mu jisho abifashijwemo n’abaganga b’amaso no mu bitaro bya Kabgayi.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko zirimo gukurikiranira hafi Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO) iri gukorwa ku ndwara ya Ebola.
Abaturage bo mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana nyuma yo kuza ku mwanya wa nyuma umwaka wa shize muri mituweri, bakusanyije miliyoni eshatu z’ubwisungane bwa 2018.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko barasaba guverinoma y’u Rwanda guha abaturage ibiti bita “Gelanium” bakabitera ku bwinshi nka bumwe mu buryo bwo kurwanya Malaria.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barifuza ko siporo yaba umwe mu miti abanyarwanda bandikirwa na muganga.
Binyuze mu nkunga ya Global Fund, Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yahaye ibitaro bikuru bya Rwamagana imbangukiragutabara eshatu zifite agaciro ka miliyoni 167RWf.
Ingabo zigize umutwe udasanzwe (Special Operations Forces) zibarizwa mu kigo cya Gisirikare cya Bigogwe muri Nyabihu zatanze amaraso yo gufashisha indembe.
Itsinda ry’abayobozi ba Global Fund ku isi, basuye ibikorwa bya Imbuto Foundation mu Karere ka Gicumbi, banezezwa n’uburyo urubyiruko ruhabwa icyerekezo.