Abaturage ntibakwiye gufata agakingirizo nk’akabakangurira ubusambanyi ahubwo ngo gatabara abananiwe kwifata kandi bashaka gukora imibonano mpuzabitsina.
Umwarimukazi Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama muri Rutsiro, wagiye kwivuriza mu Buhinde, aratangaza ko ikibazo cy’impyiko yari afite cyakemutse kuko yavuwe.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gahini i Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko guhindagurika kw’abaganga bituma amahugurwa bahabwa n’inzobere atagirira abarwayi akamaro.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Ikigo Nderabuzima cya Nyarurama mu Murenge wa Ntongwe w’Akarere ka Ruhango, kigiye kubakirwa inzu y’ababyeyi izuzura itwaye miliyoni 40.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga igaragaza ko abana 398 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Abatuye mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bibasiwe n’indwara zituruka ku mwanda kubera kuvoma amazi mabi.
Abakora mu rwego rw’ubuzima mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa gukora igenamigambi bahuriyeho kugira ngo barusheho kunoza serivisi z’ubuzima rusange bw’abaturage.
Abarwaye indwara ya Hernie bagaruye icyizere cyo gukira nyuma y’uko umuryango "Rwanda Legacy of Hope" ubazaniye abaganga b’inzobere mu kuyivura.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bahawe inzitiramibu muri gahunda yo kurwanya malariya baravuga ko zidahuye n’uburyamo bafite iwabo.
Umuryango witwa Rwanda Legacy of Hope watangije gahunda ihoraho yo guhugura abaganga babaga, bakazajya bahugurirwa mu Bitaro bya Rwamagana.
Abaturage bo mu murenge wa Gasaka, barinubira kuba barafungiwe amazi, bigatuma bashoka ibishanga, ubu bakaba bararwaye inzoka na malariya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwirinda gukoresha nabi inzitiramubu bahawe, kugira ngo badakomeza kwikururira maraliya yari kimaze iminsi yaragarutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Abadepite barimo gusura Akarere ka Nyanza bagasabye kurandura burundu cy’indwara ya Bwaki.
Abanyaburera babarirwa muri 14% ni bo badafite Mitiweli mu gihe habura amezi atanu gusa ngo umwaka wayo urangire.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho y’abaturiye ahubatse uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri “MRPIC”, uru ruganda rwarihiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza imiryango 68 itishoboye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) ryashyikirije Ibitaro bya Kirehe ibikoresho bitandukanye bizifashishwa ku bagore babyara n’abandi bafite ibibazo byo mu nda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko umuhigo bahize w’uko abaturage bazatanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ku kigero cya 100% utagishobotse.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yagaragaje ingamba zizakoreshwa mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2016 mu kugabanya malariya yabaye icyorezo.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango, rurishimira gahunda rwashyiriweho yo kwipimishiriza SIDA mu ruhame ku buntu, kuko batinyuka bakabikora ari benshi.
Ubwiherero bwa ECOSAN bwubatse mu Karere ka Kamonyi ntiburakoreshwa, kuko abaturage bataramenya kubyaza umusaruro w’ifumbire iwuvamo.
Abashinzwe ubuzima mu Karere ka Gakenke n’ubuyobozi bw’ibitaro bya Nemba baratangaza ko indwara nyinshi abaturage bakunze kurwara zituraka kw’isuku nke.
Ibitaro bibiri bikorera mu karere ka Ruhango, bimaze kwamburwa amafaranga asaga miliyoni 25 n’abarwayi baza kuhivuriza barembye bakira ntibishyure.
Abatuye Akarere ka Gicumbi bagera kuri 11% ntibaratanga ubwisungane, mu gihe habura amezi atanu gusa umwaka w’ubwisungane mu kwivuza ukarangira.
Jean-Marie Vianney Gatabazi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gutanga amaraso, arakangurira abandi Banyarwanda kuyatanga.
Mu mirenge imwe n’imwe ya Gisagara abaturage bavuga ko Malariya yiyongereye mu mpera za 2015, Akarere kavuga ko ariko hafashwe ingamba.
Nikuze Vestine wigisha ku Rwunge rw’Amashuri rwa Murama mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro wagiye kwivuza impyiko ebyiri mu Buhinde, amafaranga yamubanye make.