Abatuye imirenge ya Rukumbeli na Mugesera mu Karere ka Ngoma barashima ingabo z’igihugu(RDF) nyuma yo kubegereza amavuriro mato ya Poste de Santé bakaruhuka kwivuriza kure.
Abaturiye amavuriro amaze igihe zaruzuye ariko ataratahwa mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kwivuza kure basize ayabo adakora.
Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma buratangaza ko bwahagurukiye abagifite umuco wo kwengesha inzoga ibirenge.
Abagore bo mu Burasirazuba barishimira iterambere bagezeho, bakanengwa imirire mibi n’umwanda bikigaragara kuri bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Abaturage bo mu kagali ka Nyabugogo muri Nyarugenge bahawe mituweli zitanditseho akarere kabo, baravuga ko batemererwa kuvurwa, bagasaba guhabwa inzima.
Abaturage bava muri Kamonyi bakajya kwishyurira mituweri ahandi bavuga ko bahura n’imbogamizi iyo bashatse kuhivuriza kuko ngo batakirwa neza.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ziratangaza ko gahunda y’isanamitima izwi nka Mvura Nkuvure yabafashije gukira ibikomere batewe n’intambara.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ba Cyunuzi (COOPRIKI) yatoye itegeko ryo kujya bishyurira abanyamuryango 3583 n’imiryango yabo ubwisungane mu kwivuza ngo hazamurwe umusaruro.
Ibitaro bya Gihunde biherereye mu Karere ka Rusizi bimaze amezi atatu byiyubakamo umuco wo kwigarurira icyikizere ku babigana.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Kayonza baravuga ko gutanga amakuru ku nzego bakorana bitakiborohera bitewe n’uko batagihabwa amafaranga y’itumanaho ku gihe.
Koreya y’Epfo, kuri uyu wa 29 Ukuboza 2015 yashyikirije Ikigega cya Loni gishinzwe kwita ku muryango (UNFPA) inkunga ya miliyoni 335 FRW azifashishwa mu kuboneza urubyaro mu Nkambi ya Mahama.
Bamwe mu bagore bo mu Mudugudu wa Gatebe ya mbere barifuza ko gahunda yo kuboneza urubyaro yasubizwa abajyanama b’ubuzima.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu kwezi ku Kuboza abantu 828 barwaye Malariya, bagasaba abaturage gukoresha inzitiramubu mu kuyirinda.
Ikibazo cy’amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) n’isuku nke ni bimwe mu byakomeje kwigaragaza biganiro byatangiwe hirya no hino mu gihugu.
Imwe mu miryango yari ifite ikibazo cy’imirire mibi mu Karere ka Muhanga iravuga ko kwitabira amatsinda ya FARN byatumye barwanya Bwaki.
Bamwe mu batuye akarere ka Karongi ntibasobanukiwe n’agakingirizo ka kigore, bigatuma bavuga ko batizera imikoreshereze yako bitewe n’uko umugore eteye.
Urubyiruko rutuye mu Rwanda no mu mahanga rwibumbiye mu “Agaciro Generation” rwahaye abatishoboye 500 ubwisungane mu kwivuza, mu Karere ka Nyamasheke.
Abaganga b’inzobere baturutse mu Bitaro bya Kanombe baravura abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu Karere ka Kamonyi, mu gikorwa cya “Army week”.
Ba rwiyemezamirimo batsindiye gucunga amavuriro aciriritse (Postes de Santé) mu Karere ka Karongi basinyanye amasezerano agenga imikorere n’ubuyobozi bw’akarere.
Abatuye mu murenge wa Minazi akarere ka Gakenke barishimira ikigo nderabuzima begerejwe, bakaba batagikora ingendo ndende cyangwa ngo bivuze magendo.
Intara y’Uburasirazuba yatangije ukwezi k’ubukangurambaga mu kurwanya imirire mibi ubu iri ku kigero cya 34%, nk’uko byagaragaje n’ubushakashatsi butandukanye bwakozwe.
Dr Ngamije Patient wari Umuyobozi w’Ibitaro bya Ngarama yimuriwe mu Bitaro bya Kirehe naho Dr Uwiringiyemungu Jean Nepomuscène wayoboraga Ibitaro bya Kirehe yimurirwa mu bitaro bya Ngarama i Gatsibo.
Binyuze mu matsinda y’ibimina, imidugudu n’ibigo nderabuzima byabaye indashyikirwa mu gutanga mituweri byashimiwe mu nkera y’imihigo n’ubuyobozi bw’akarere ku bufatanye na Partners in Health.
Inzego zitandukanye zikorera mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, ziyemeje kurihira ubwisungane mu kwivuza abantu 261 batarariha, bakazagera ku bunani babasha kwivuza.
Ubusanzwe abanduye virusi itera SIDA batangizwaga miti imibiri yabo yatangiye gucika intege ariko ubu ngo bazajya bayitangira bakimenya ko banduye
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe yahaye ubwisungane mu kwivuza abatishoboye ijana bo mu karere ka Ngoma bari barabuze uko biyishyurira.
Umuryango w’ivugabutumwa Restore Rwanda Ministry ufatanyije na Samaritan’s Purse, bahaye Akarere ka Kirehe inkunga ya miliyoni 15Frw zigenewe abatishoboye 5.000.
Bamwe mu baturage baturiye Imirenge y’ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baravuga ko uburwayi bwari bwarabazahaje bwabonewe umuti.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko abaturage bahora babasaba kubakorera ubuvugizi, abana bakuru bakariha mituweri ku giti cyabo.
Kuva tariki 16 kugeza 22 Ugushyingo 2015, mu ifasi y’ikigo nderabuzima cya Tabagwe muri Nyagatare, mu barwayi 1816, 1258 basazwemo Malariya.