Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.
Abatuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barasaba ko ibitaro Perezida Kagame yabemereye byakubakwa i Gatonde aho kujyanwa mu Bigabiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufite impungenge z’uko mituweli y’uyu mwaka ishobora kudindizwa n’abanga kwishyurira bamwe mu biyandikishije ku rutonde rw’abagize umuryango.
Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, riravuga ko Perezida wa Repubulika yavanye mu mwanya uwari Minisitiri w’Ubuzima Madamu Dr. Agnes Binagwaho.
Ibigo nderabuzima bimwe na bimwe byo mu Karere ka Rutsiro birinubira ko bikoresha abakozi bake kandi bakira abarwayi benshi.
Abarwayi ba diyabete bakurikiranirwa ku bitaro bya Kibagabaga bashyiriweho aho bakirirwa hihariye bikabarinda ingaruka mbi bahura nazo bari ku mirongo.
Mu gutangiza "ALL IN" Campaign, Madamu Jeannette Kagame yabajije impamvu urubyiruko 49% ari bo bonyine bisuzumishije SIDA, nyamara ari cyo gice kinini cy’abandura icyo cyorezo.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Umuryango mpuzamahanga wa AHF ufatanya na Leta y’u Rwanda mu kurwanya SIDA, urasaba abaturage ubufatanye mu kurwanya ubwandu bushya.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Farumsi y’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko ibigo nderabuzima n’Ibitaro bya Murunda bikomeje kwica igenamigambi ryayo.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda burahamya ko icyumweru cy’ibikorwa bya Gisirikare kizwi nka “Army week” kiri gukemura ibibazo by’ubuke bw’abaganga bagaragaraga mu Karere ka Bugesera.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko Abanyarwanda barenga 21% bafite umubyibuho ukabije, kandi abenshi ngo ntibazi ko byabaviramo ingaruka zirimo impfu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwipimisha nubwo baba batarwaye mu rwego rwo kwirinda indwara zitandura kuko zica iyo zivujwe bitinze.
Impuguke mu buvuzi bw’indwara zifata umuhogo, amazuru n’amatwi zivuga ko ibi bice bikunze kwibasirwa na kanseri, zigasaba abantu kuyivuza hakiri kare.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Gisagara babangamiwe no kudahererwa imiti ku mavuriro, bakoherezwa kuyigurira hanze kandi bafite mituweli.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Abaturage bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Muganza kiri mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko bashimishijwe n’uko cyaguwe bakaba batakibyiganira ku bitanda nk’uko byahoze.
Umuryango w’Abafatanyabikorwa mu by’Ubuzima (Partners In Health) uratangaza ko gukora inkera y’imihigo mu rwego rw’ubuvuzi biruteza imbere kuko habaho kwisuzuma no guhiganwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko igiye gutanga miliyoni esheshatu z’inzitiramibu mu guhangana na malariya idahwema kwiyongera.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Busoro umusore w’imyaka 25 yasiramuriwe mu rugo bimuviramo kubyimbirwa ajyanwa kwa muganga arembye.
Abaturage bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi bibasiwe n’indwara zimpiswi zituruka ku kuba bakoresha amazi bavoma mu migezi.
Leta igiye gutangira gushishikariza abaturage kwitabira kugura ubwisungane mu buvuzi “mituweli”, ihereye mu madini kugira ngo ayifashe gusakaza ubwo bukangurambaga.
Abatuye Umurenge wa Gitoki muri Gatsibo bizera ko kumenya gutegura indyo yuzuye hari icyo byagabanyije ku ndwara ya bwaki yahagaragaraga.
Ibitaro byo mu Murenge wa Mukarange muri Gicumbi byafashije abahatuye no mu nkengero zawo kutakiremebera mu rugo kuko serivisi z’ubuzima zabegerejwe.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku bitaro bikuru bya Kibuye muri Karongi ko bahawe ibikoresho bizabafasha kwirinda impfu z’abana n’ababyeyi bapfa babyara.
Ibitaro bikuru bya Kiziguro by’Akarere ka Gatsibo bifite inyubako zidahagije, bituma serivisi zihatangirwa zitihuta, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwabyo.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko Leta y’u Rwanda yiyemeje kuvuza umwana witwa Tuyisenge Emile ufite uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.