Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yakiriye Visi Perezida wa Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi (European Investment Bank, EIB), Thomas Östros uri mu ruzinduko mu Rwanda, baganira ku mishinga irimo kubaka Laboratwari yo ku rwego rw’Igihugu.
Nubwo hari imyaka abana bafite ikibazo cy’imirire mibi bashobora kwitabwaho bakakivamo, ariko inzego zishinzwe ubuzima zigaragaza ko hari ubumuga cyangwa indwara abana bashobora kuvukana, bakabaho bagwingiye ubuziraherezo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) buherutse gutangaza ko ubushakashatsi bwagaragaje ko inzoka ya Belariziyoze iba mu kiyaga cya Muhazi kandi igira ingaruka ku buzima bw’umuntu, bagasaba abantu kwigengesera.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) igaragaza ko abantu basaga Miliyari imwe hirya no hino ku Isi bugarijwe n’ikibazo cy’umubyibuho ukabije.
Umukozi ushinzwe gahunda yo kurwanya Malaria mu Ntara y’Iburasirazuba, Niyonshuti Pierre Amidei, avuga ko mu rwego rwo kugabanya ubwiyongere bw’indwara ya Malaria mu Karere ka Nyagatare bagiye gushyira mu makoperative y’abahinzi amaguriro y’ibikoresho byifashishwa mu kurwanya umubu utera Malaria kuko iyi ndwara abahinzi ari (…)
Ushobora kuba mu buzima bwawe utararwara amacinya, inzoka zo mu nda, impiswi na ‘infection’, ariko ukaba wararwaye ibicurane bitewe no gukinga cyangwa gukingura urugi rw’ubwiherero rusange winjiyemo.
Umufa cyangwa se isosi iva mu magufa ikunze kuba iri ku ifunguro ni imwe mu masupu agira intungamubiri nka protein, cyane cyane collagen inafasha abafite imirire mibi kuyivamo.
Umwijima ni rumwe mu ngingo z’ibanze z’umubiri w’umuntu, rukaba urw’ingenzi mu rwungano ngogozi, ndetse amakuru dukesha Wikipedia avuga ko ukora imirimo 300 mu mikorere y’umubiri.
Abarwayi b’impyiko mu Rwanda batangaza ko bishimiye impinduka zashyizweho n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwemeye ko abarwayi b’impyiko bashobora gufata imiti bakenera hakoreshejwe ubwisungane mu kwivuza buzwi nka Mituweli.
Inzobere mu kuvura indwara z’amenyo zivuga ko gukura amenyo atari byiza kuko bigira ingaruka ku muntu zirimo no kutabasha kurya neza ndetse n’amenyo asigaye bigatuma ava mu mwanya wayo.
Mu rwego rwo kongerera ubushobozi Abajyanama b’Ubuzima muri serivisi z’ubuvuzi, bashyiriwe ikoranabuhanga muri telefone zigendanwa (smart phone), rizajya ribafasha gutanga amakuru arebana n’ubuzima bw’abaturage, bityo bakanoza serivisi batanga.
Mu gihe imibare y’inzego zikurikiranira hafi iterambere ry’ubuzima mu Rwanda igaragaza ko hari intambwe igenda iterwa mu kugabanuka kw’umubare w’abagore bapfa babyara, kuri ubu hagaragara ubwiyongere bw’umubare w’abagore bapfa bazize ingaruka zikomoka ku kubyara babazwe.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko imirimo yo kubaka ibi bitaro mu buryo bugezweho iri hafi gutangira, bikazashyira iherezo ku ngaruka zaturukaga kuri serivisi zitanoze kubera inyubako zishaje zabyo, ibikoresho bidahagije ndetse n’ubuke bw’abaganga.
Abafite uburwayi bwo mu mutwe baravuga ko kutabonera imiti ku gihe ku bigo nderabuzima bibegereye bituma hari iyo batabona bitewe n’ubushobozi kuko usanga basabwa kujya kuyifatira i Kigali ku kigo cya CARAES i Ndera cyangwa i Kanombe, bagasaba inzego bireba kuborohereza.
Muri rusange tuzi ko atari byiza kureka abana bakamara umwanya munini imbere ya screen ya televiziyo, mudasobwa, telefone zigezweho na tablets), kuko bibarangaza ntibagire ikindi bakora cyangwa bikaba byabangiriza amaso, ariko se haba hari igihe kihariye abantu bakuru batagombye kurenza bari imbere ya screen?
Icyegerenyo cyakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) muri 2020, kigaragaza ko Akarere ka Rubavu kuva mu 2007 kugera mu 2020, kaza imbere mu kugira abaturage benshi barwaye inzoka, gakurikirwa n’aka Nyabihu, Rutsiro na Nyamagabe.
Indwara yo gutukura kw’amaso ikekwa ko ari iyo Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), giheruka gusaba Abanyarwanda kwirinda nyuma yo kugaragara mu bihugu bituranye n’u Rwanda, hari abo yafashe ihereye mu bigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri y’Ubuzima igasaba abayirwaye kujya kwa muganga.
Abaturage batandukanye baragaragaza ko ubwishingizi magirirane bwitwa Mituweli, bubafasha mu buvuzi muri rusange, ariko bakifuza ko hari zimwe muri serivisi bifuza ko zahinduka kuko zibangamiye imitangire ya serivisi bifuza guhabwa mu buvuzi.
Diyabete ni indwara idakira ikomeje kwiyongera kuko mu myaka 10 ishize mu Rwanda abayirwaye bikubye kabiri. Ni mu gihe nyamara abaganga bagaragaza ko ari indwara ishobora kwirindwa.
Abivuriza ku Bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bifuza ko hashyirwaho amacumbi yajya yifashishwa n’abaje kuhivuriza batari mu bitaro, kuko kubona amafaranga y’icumbi hanze yabyo bitorohera abafite ubushobozi bukeya.
Rumwe mu ngingo zifitiye akamaro kanini umubiri wa muntu kandi rukora byinshi ni ibihaha, ari yo mpamvu kubibungabunga no kubirinda ari ingenzi mu buzima bwa buri munsi.
Agahenera ni indwara ifata ku gitsike cy’ijisho kikabyimba, byatewe no kuziba k’utwenge dusohokeramo igice kimwe gikora amarira ugasanga kirimo amavuta, ukarwaye kamuteye ububabare no gutuma atareba neza.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yatangaje ko u Rwanda rwongereye umubare w’amavuriro n’ibigo nderabuzima ndetse n’amavuriro mato (Health Posts) mu rwego rwo guteza imbere serivise z’ubuzima no kugeza serivise nziza ku baturage.
Bavuga ko umuntu afite ikibazo cyo kwituma impatwe, mu gihe kwituma bimugora, umwanda munini ukaza ukomeye ku buryo ugorana gusohoka, ndetse umuntu akajya ku usarane gake, bikaba uburwayi mu gihe ajyayo inshuro ziri munsi y’eshatu mu cyumweru. Akenshi kwituma impatwe ni ibintu bishobora kubaho rimwe na rimwe bigashira umuntu (…)
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba Abanyarwanda gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’indwara yandura cyane itera amaso gutukura, ikaba ngo yarageze mu bihugu bituranye n’u Rwanda.
Abafite ubumuga butandukanye mu Rwanda batunga agatoki abaganga n’inzego z’ubuzima muri rusange ko babaha serivise itanoze, birengagije ko ari uburenganzira bwabo nk’undi munyarwanda wese.
Ni kenshi usanga abana b’abakobwa baterwa inda bakiri bato bahura n’ibibazo bitandukanye birimo gufatwa nabi mu muryango, kubwirwa amagambo mabi ko basebeje umuryango, guhabwa akato, kuva mu ishuri, bamwe ndetse bakirukanwa no mu rugo, ibibazo bibugarije bikarushaho kwiyongera.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rulindo bishimira ko begerejwe serivisi za Echographie (guca mu cyuma) ku bigo nderabuzima, kandi bakoresheje ubwishingizi mu kwivuza bwa Mituweli.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, arasabirwa ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (dialyse), mu gihe hategerejwe ko hakorwa ibizami byo gupima uwamwemereye impyiko no kuyimushyiramo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ryatangaje ko mu mwaka wa 2050, umubare w’abarwara kanseri uzaba wariyongereyeho 77%, ugereranyije n’uko imibare y’abayirwara yari imeze mu 2022.