Abantu 41 ni bo bamaze kumenyekana banduye icyorezo cya Marburg mu Rwanda. Barimo 12 bapfuye, 24 barimo kuvurwa n’abandi batanu bakize.
Nubwo Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), ku wa 27 Nzeri 2024 yatangaje ko mu Rwanda habonetse abarwayi ba mbere bafite ibimenyetso by’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, kandi mu ngamba zo kuyirinda hakaba harimo no gukaraba intoki, ariko hari bamwe mu baturage bagifite imyumvire yo kwanga (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu batanu bari baranduye Virusi ya Marburg bakize, abakirimo kuvurwa ni 21, kuri uyu wa Kane ntawapfuye azize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko undi muntu umwe yishwe n’icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024, yuzuza umubare w’abantu cumi n’umwe bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko umuntu umwe mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, yishwe n’icyorezo cya Marburg, yuzuza umubare w’abantu icumi bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko umuntu umwe mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, yishwe n’icyorezo cya Marburg, yuzuza umubare w’abantu icyenda bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu babiri mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, bishwe n’icyorezo cya Marburg, buzuza umubare w’abantu umunani bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yashyizeho amabwiriza yo kwirinda indwara ya Marburg, arimo kubuza Abaturarwanda gukorera imihango yo gusezera ku witabye Imana mu rugo, mu rusengero cyangwa mu musigiti.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko imaze kubona abantu bagera hafi kuri 300 bahuye n’abarwayi b’icyorezo cya Marburg kimaze iminsi micye kigaragaye mu Rwanda, ariko ngo bashobora kwiyongera kuko gushakisha bikomeje.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yasabye abakozi bayo gutangira gukorera mu rugo kuri uyu wa 30 Nzeri 2024, nyuma y’uko indwara ya Marburg igeze mu Rwanda, ikaba imaze guhitana batandatu.
Kanyamakawa Emmanuel, umwe mu bagabo bafashe icyemezo cyo kuboneza urubyaro yifungisha burundu, araburira abagabo banga kuboneza urubyaro bagendeye ku makuru y’ibihuha, avuga ko nyuma y’uko aboneje urubyaro, urugo rwe rwarushijeho gutera imbere.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko rigiye gufatanya n’u Rwanda gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda abantu batandatu ari bo bamaze kwicwa n’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, abandi 20 bakaba barimo kuvurwa.
Uko ubukangurambaga bujyanye na gahunda yo kuboneza urubyaro bukomeje gushyirwamo imbaraga, birafasha abaturage kumva neza iyo gahunda, u Rwanda rukaba rugeze kuri 64% mu gihe intego y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ari ukugera kuri 60%.
Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’Igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex cyangwa Sanitary Pads byagabanuka, kuko kuba bihenze bitaborohera kubikoresha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyandikiye Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) gisaba ko hatangira gukorwa ubukangurambaga mu Ntara y’Iburengerazuba mu Mirenge yegereye umupaka ku ndwara ya cholera yiyongera mu gihe cy’imvura.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, Noella Bigirimana, yatangaje ko umwaka ushize Umurenge wa Karangazi wihariye 41% by’abarwaye Malariya mu Karere ka Nyagatare.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) iratangaza ko abanduye indwara y’ubushita bw’inkende (MPox) mu Rwanda ari bane, babiri bakaba baramaze kuvurwa bagakira bagasezererwa mu bitaro, abandi babiri bakaba bagikurikiranwa n’abaganga.
Urwego rushinzwe ubuzima muri Suwede rwatangaje ko rwabonye umuntu ufite ubwoko bw’ubushita bw’inkende (mpox) bukaze muri iki gihugu.
Nubwo Nyabihu iboneka mu Turere dufite ubutaka bwera, hakaba hatava izuba ryinshi ahubwo hakarangwa ubuhehere, kandi hagafatwa nk’igicumbi cy’ubworozi ahaboneka amata ahagije, ni Akarere kadasiba ku rutonde rw’Uturere dufite imibare iri hejuru y’abana bafite igwingira, hakavugwa kandi n’ikibazo cy’abangavu benshi baterwa inda.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko yatangiye kugira umubare yifuza w’imbangukiragutabara(ambulance), ndetse ikaba irimo kuzegereza abaturage, ariko ngo haracyari ikibazo cyo gutinzwa mu nzira n’umubyigano w’ibindi binyabiziga.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE iratangaza ko kuva uburwayi ubushita bw’inkende (Monkeypox) bwakwaduka mu Bihugu by’abaturanyi, mu Rwanda habonetse gusa abantu babiri barwaye, umwe akaba akivurwa undi akaba yaravuwe agakira agasezererwa.
Abanyeshuri 54 bo mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi, ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, barangije amasomo yabo y’icyiciro cya Master’s bari bamaze umwaka biga muri Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yigisha ibijyanye n’ubuvuzi.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, tariki 01 Kanama 2024 wamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kureba isano iri hagati y’umubare uri hejuru w’abana batwita cyangwa se babyara batararenza imyaka (…)
Mu Kagari ka Mumena, Umurenge wa Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, hari ababyeyi b’abana bafite ubumuga bukomatanyije n’ubundi butandukanye, bavuga ko bishimira kuba barahurijwe mu itsinda rimwe, kuko bibafasha koroherwa n’ibibazo bahura nabyo bituruka ku kuba barabyaye abana bafite ubwo bumuga.
Mu Rwanda hamaze kugaragara abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende (Monkeypox) imaze iminsi ivugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukwiye kubaka ubushobozi bwisumbuyeho mu nzego z’ubuvuzi, ku buryo nta Banyarwanda bazongera kujya bajya kwivuza mu bihugu by’amahanga, ahubwo abaturage bo mu bihugu byo mu Karere bakajya baza gushaka serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.
Mu busanzwe, ingohe zisanzwe za karemano ziba ku maso, zigira akamaro ko kurinda umuyaga wakwinjira mu maso kuko wakwangiza imboni y’ijisho.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden w’imyaka 81 y’amavuko, yagaragaje ibimenyetso bya Covid-19, bituma ashyirwa mu kato kugira ngo abanze yitabweho nk’uko byatangajwe n’ibiro bye.
Mbere y’uko turebera hamwe ibiribwa n’ibinyobwa ushobora kwifashisha kugira ngo ugabanye ibinure byo ku nda mu minsi itatu, tubanze tubabwire ko ibi tubikesha urubuga rutanga ubujyanama ku mibereho myiza ishingiye ku biribwa: www.worldofmedicalsaviours.com