Ikigo Zipline kiyoboye mu gukwirakwiza ibikoresho birimo n’amaraso ahabwa abarwayi kwa muganga cyifashishije utudege tutagira abapilote, kivuga ko mu Rwanda kigira uruhare rwa 75% mu kugeza amaraso ku bitaro byo hanze ya Kigali.
Impuguke mu buzima zigaragaza ko kurwanya no kurandura burundu indwara ya Malaria, bisaba ingambwa zikomatanyije kuko ari byo bishobora gutanga umusaruro, mu kurinda abaremba bakazanazahazwa n’iyo ndwara ihitana abatari bake.
Umuryango urwanya indwara yo kuva kw’amaraso gukabije yitwa Hemophilia (Hemofiliya), hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), barahamagarira abantu bafite ibimenyetso by’iyo ndwara, kwihutira kuyisuzumisha hakiri kare, kugira ngo birinde impfu cyangwa ubumuga.
Indwara ya Glaucoma ni indwara ifata umutsi wa ‘Nerf Obtique’ ufata amakuru y’ijisho ukayajyana ku bwonko bw’umuntu ikajyenda iwumunga buhoro buhoro bikarangira umuntu abaye impumyi.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) cyatanze inzitiramubu z’ubuntu ku banyeshuri bose bacumbikirwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, nyuma yo kubona ko bari mu byiciro byibasiwe n’iyo ndwara kurusha abandi mu Gihugu.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kigiye kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malaria ku itariki 25 Mata, cyishimira ko iyo ndwara yagabanutse kubera gukoresha Abajyanama b’ubuzima.
Inzobere z’abaganga bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) zaturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, ku wa Kabiri tariki 16 Mata 2024 zatangiye ibikorwa byo kuvura abaturage ku buntu mu Karere ka Karongi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse ikwirakwizwa n’ikoreshwa rya nimero 329304 y’umuti wa Benylin Paediatric Syrup ku isoko ry’u Rwanda, wahabwaga abana.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2018, bwagaragaje ko abarokotse Jenoside yekorewe Abatutsi ari bo benshi bafite ikibazo cy’ihungabana n’agahinda gakabije ugereranyije n’abandi Banyarwanda. Ubu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside n’iyari Minisiteri y’Umuco na Siporo.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, wasabiwe ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (Dialyse), arashimira ababigizemo uruhare kuko ubufasha yabonye bwatumye ashobora kubyimbuka akaba ategereje ko ahindirirwa impyiko agasubira mu ishuri.
Muri iyi minsi u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakoerewe Abatutsimu 1994, hari abakigaragaza ibimenyetso by’ihungabana, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), kikaba gisaba Abanyarwanda kuba hafi yabo no kwiyambaza inzego z’ubuzima mu gihe bibaye ngombwa, kinagaragaza nomero za telefone zakwifashishwa mu gihe (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Murenge wa Kamonyi, baturiye ikigo nderabuzima cya Nyagihamba, bashyikirijwe inzu ababyeyi babyariramo, ariko banifuza guhabwa imbangukiragutabara yo gufasha abagize ibibazo bisaba kujyanwa ku bitaro bifite ubushobozi.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autisme mu Karere ka Muhanga, barishimira kwegerezwa ikigo kibitaho cyitwa ‘Oroshya Autisme’, kuko n’ubwo kimaze igihe gito gitangiye gukora, abo babyeyi batangiye kubona abana babo bahindura ubuzima ugereranyije na mbere.
Muri Amerika, umurwayi wa mbere ku Isi watewemo impyiko y’ingurube yatashye iwe, nyuma yo gusezererwa n’ibitaro bya ‘Massachusetts General Hospital’, akaba atashye yari amaze ibyumweru hafi bibiri akorewe ubwo buvuzi.
Muri gahunda y’Ingabo na Polisi yiswe ‘Defence and Security Citizen Outreach Programme’, itsinda ry’abaganga riturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe ryageze mu Karere ka Gakenke, aho bagiye kumara ibyumweru bibiri bavura abaturage indwara zitandukanye.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autism, buterwa n’ikibazo umwana aba yaragize ku bwonko bigatuma agira imyitwarire idasanzwe, ntabashe kuvuga mu gihe abandi bana batangirira kuvuga n’ibindi bimenyetso, bavuga ko ibyo bituma kubavuza cyangwa amashuri yabo bihenda cyane ku buryo ababasha kubyigondera ari mbarwa, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko mu Rwanda ikiguzi kigenda ku mwana ku nkingo zose ateganyirijwe kuva akivuka, kirenga Amadolari y’Amerika 80 (asaga ibihumbi 100Frw), utabariyemo ikiguzi cya serivisi.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB) ishami rya Nyagatare, Nzamurambaho Sylvain, asaba abaturage kumenya imyirondoro yabo bakoresheje telefone igendanwa, kugira ngo hirindwe ko bashobora gutinda guhabwa serivisi kwa muganga, kubera kudahura k’umwirondoro uri ku ikarita ndangamuntu n’uri muri sisiteme.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko uburyo bwo kubika amakuru y’abana bakingiwe hakoreshejwe ikoranabuhanga, buzagabanya ikiguzi cy’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 300, yagendaga ku ikoreshwa ry’ifishi yandikagwaho aya buri mwana.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko abanyeshuri 68 ari bo bagikurikiranwa kwa muganga, harimo batandatu (6) bari mu bitaro bya Nyagatare, ahagikekwa ko amata banyoye ku ishuri ari yo ntandaro y’uburwayi.
Urugaga Nyarwanda rw’Abafite Virusi itera SIDA, RRP+, ruvuga ko hari akato karimo guhabwa abanyamuryango barwo, cyane cyane urubyiruko, bitewe ahanini n’uko umuntu iyo amenye ufite iyo virusi ngo agenda abibwira abandi.
Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Igituntu, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Rubavu, abajyanama b’ubuzima 15 bo muri aka Karere bashimiwe uruhare bagize mu kumenyekanisha abafite ibimenyetso by’igituntu no gukurikiranira hafi abari ku miti, bahabwa amagare yo kubafasha gukora akazi kabo neza.
U Rwanda rurahamagarira buri wese kugira uruhare mu guhashya indwara y’igituntu ibarirwa mu ndwara 10 zihitana abantu benshi ku Isi, abafite ibyago byinshi byo guhitanwa n’iyo ndwara bakaba ari abafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Inzego z’ubuzima n’iz’ubuyobozi mu Karere ka Muhanga, ziragira inama abaturage yo gucika ku kwivuriza kwa magendu, ahubwo bakagana amavuriro, ibitaro n’ibigo nderabuzima, kuko ubuvuzi butemewe bugira ingaruka mbi ku buzima.
Abakora mu rwego rw’ubuzima by’umwihariko abavura indwara z’amenyo no mu kanwa, bavuga ko kugira ubuzima bwiza bihera ku buzima bwo mu kanwa. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), rigaragaza ko indwara zo mu kanwa zugarije Isi, aho mu basaga Miliyari 8 bayituye, muri bo Miliyari 3.5 barwaye izi ndwara.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, mu ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA, Soeur Marie Josée Maribori, avuga ko mu gihe ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bugenda bugabanuka muri rusange, mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 ho bugenda bwiyongera kuko buri ku kigereranyo cya 35% hashingiwe kuri (…)
Inzu igenewe kubagiramo abarwaye indwara zitandukanye yuzuye mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri, yatashywe ku mugaragaro tariki 21 Werurwe 2024, abarwayi n’abarwaza biruhutsa impungenge baterwaga no kwakirirwa ahantu hato kandi hatajyanye n’igihe.
Mu rwego rwo gushyigikira Ikigega cyo kwivuza, Social Health Insurance Fund (SHIF), Abanyakenya basabwa gutanga nibura 2.75% ku mushahara. Perezida William Ruto yavuze ko abafite akazi banga kwiyandikisha ngo bajye batanga umusanzu muri icyo kigega batazajya mu ijuru.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ifatanyije n’Imiryango idaharanira inyungu (Management Sciences for Health/Msh), iri mu rugendo rw’imyaka itanu rwo kuziba icyuho kiri mu rwego rw’ubuzima, cyane cyane mu kongerera ubushobozi abakozi bomuriurwo rwego, hagamijwe gufasha Abanyarwanda kurushaho kugira ubuzima buzira umuze.
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’indwara zo mu kanwa muri rusange, baributsa abantu gusuzumisha amenyo (checkup) nibura kabiri mu mwaka, bidasabye ko haba hari iryinyo rirwaye, mu rwego rwo gukomeza kubungabunga ubuzima bwayo, kuko ahura n’indwara zitandukanye.