Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 81 byafashwe.
Mu rwego rw’Ukwezi kwahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, gufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twite ku buzima bwo mu mutwe aho dukorera’, bamwe mu bashinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Karere ka Bugesera, basobanuye bimwe mu biranga umuntu ufite ubuzima bwo mutwe butameze neza cyangwa se bwahuye n’ikibazo cyabuhungabanyije.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024 umuntu umwe ari we ukirimo kuvurwa indwara ya Marburg, uyu muntu akaba ari na we wari urimo kuvurwa ku wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe gusa (1) ari we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe (1), yakize mu gihe babiri (2) ari bo bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko amakuru inzego z’ubuzima zifite, agaragaza ko umuntu bikekwa ko ari we wa mbere wanduye icyorezo cya Marburg, yagikuye ku nyamaswa y’agacurama.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu wanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 103 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), yagaragaje ko abantu batatu gusa (3) ari bo basigaye bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg mu Rwanda, mu gihe umuntu umwe mu bari barwaye yakize.
Abantu 5 bakize Icyorezo cya Marburg mu gihe mu bipimo 271 byafashwe kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024.
Abantu umunani bakize icyorezo cya Marburg ku wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 38.
Inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwa muntu zivuga ko umubiri w’umuntu nta mubare w’inkingo ntarengwa ushobora gukingirwa, kuko ufite ubushobozi bwo kwakira no gukingirwa inkingo zishoboka zose, kubera ko ziwufasha kongera abasirikare bahangana bakanawurinda indwara.
Abantu bane bakize icyorezo cya Marburg ku wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 30.
Umubare w’abakira icyorezo cya Marburg ukomeje kwiyongera, aho abandi batandatu bakize ku wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, abamaze gukira bose hamwe baba 26.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, MINISANTE yagiranye ikiganiro n’abayobozi b’amadini n’amatorero ku miterere y’icyorezo cya Marburg mu Rwanda.
Abakorera bimwe mu bigo nderabuzima byo mu Turere two mu Rwanda, bavuga ko bari mu ihurizo ry’uburyo hari ibizamini bafatira abarwayi n’imwe mu miti baha ababigana, babikorera raporo na fagitire zishyuza RSSB, hakaba ibyo itemera kwishyura nyamara ngo biba biri ku rutonde rw’ibiba bigomba kwishyurwa.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hari ingamba zigiye kuvugururwa mu gukomeza guhangana na Marburg imaze ibyumweru birenga bibiri igaragaye mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira 2024 abantu babiri bakize icyorezo cya Marburg, hapimwa abantu 104, nta wanduye mushya wabonetse, nta n’uwapfuye azize Marburg.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda(RSSB) rwatangaje ko ruzatera inkunga gahunda ya Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) igamije gukuba kane umubare w’abaforomo n’ababyaza hamwe no guhugura abaganga babaga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 umuntu umwe yishwe n’indwara ya Marburg, yuzuza umubare w’abantu 14 bamaze gupfa mu Rwanda bazize icyo cyorezo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024 abandi bantu batatu bakize indwara ya Marburg, abamaze gukira bose hamwe baba 15. Kuri uwo munsi nta wapfuye azize Marburg, nta n’uwanduye mushya wabonetse, abarimo kuvurwa ni 30.
Umuforomokazi (utifuje ko amazina ye atangazwa) ukorera ikigo cy’ishuri i Kigali, ntashobora gusohoka na rimwe ngo ajye kure y’ikigo, kuko umunyeshuri wafatwa n’uburwayi cyangwa wahura n’impanuka, adashobora kubona undi muntu hafi wahita amuvura.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 nta muntu wishwe n’indwara ya Marburg, nta wakize, nta n’uwanduye mushya wabonetse kuri uwo munsi.
Abahagarariye amavuriro yigenga mu Rwanda baratangaza ko babangamiwe n’uko ibiciro by’ibikorwa by’ubuvuzi bitavugururwa, bikaba bituma amwe muri ayo mavuriro ahagarika ibikorwa byayo, n’andi akaba ari gukorera mu bihombo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2024 umuntu umwe yishwe n’indwara ya Marburg, yuzuza umubare w’abantu 13 bamaze kwicwa n’iyo ndwara mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima RBC cyatangaje ko umurwayi wagaragayeho icyorezo cya Marburg agakira abanza gukorerwa ubujyanama ku ihungabana hamwe n’umuryango we kugira ngo afashwe kudahabwa akato.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2024 habonetse abandi bantu barindwi banduye icyorezo cya Marburg, bituma abamaze kugaragaraho icyo cyorezo bose hamwe baba abantu 56.
Amakuru mashya yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ku Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 agaragaza ko abantu batatu bakize icyorezo cya Marburg, bituma abamaze gukira bose hamwe baba abantu umunani.
Impuguke mu buzima zirasaba abantu cyane cyane abatabona uburyo buhagije bwo gukora siporo, gukoresha ubundi buryo bubarinda kugira umubyibuho ukabije burimo imirire inoze ndetse n’imashini zishobora kubafasha kugabanya ibiro bitabatwaye umwanya munini, kuko kudakora siporo ari kimwe mu birimo kongera umuvuduko w’indwara (…)
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) yatangaje ko guhera kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 yatangiye gukingira abantu indwara ya Marburg, ikaba yahereye ku bakozi bo kwa muganga n’abagiye bahura n’abarwayi.
Abantu 46 ni bo bamaze kumenyekana banduye icyorezo cya Marburg mu Rwanda. Barimo 12 bapfuye, 29 barimo kuvurwa n’abandi batanu bakize.