Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye ku isi wafashe icyemezo cyo kongerera abacamanza bane b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igihe cy’akazi bakazarangiza manda yabo tariki 31/12/2012.
Urukiko mpuzamahanga rw’Umuryango w’Abibumbye (ICC), rwemeje Senegal igomba gukora ibishoboka byose kikaburanisha bidatinze Hissene Habre wigeze kuyobora igihugu cya Chad, niba idashoboye kumwoherereza ubucamanza bwo mu Bubirigi.
Umunyabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-Moon, yagize Adama Dieng wari umwanditsi w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) umujyanama we mu gukumira Jenoside.
Raina Luff ukomoka muri komini ya Waterloo mu Bubiligi ubu akaba atuye mu karere ka Muhanga, araregera indishyi z’amafaranga miliyoni 32 kubera ko abantu 10 bakoranaga muri komite y’umushinga wakoreraga muri Centre Culturel ya Gitarama bamusebeje.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruri mu myiteguro yo kwakira Inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bikoresha Igifaransa izaba tariki 17-19/12/2012.
Nsanzimana Samuel ufite imyaka 21 akaba yaravukiye mu kagari ka Kagunga, umurenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro, yafatiwe ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22/06/2012 yiyita umwanditsi mukuru w’urukiko (Greffier en chef).
Urwego mpuzamahanga rushinzwe gukora imirimo izaba isigaye y’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (residual mechanism) rufite inshingano yo guta muri yombi Abanyarwanda batatu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; nk’uko byatangajwe na perezida w’urwo rwego, Theodor Meron.
Inama nkuru y’ubucamanza yateranye mu mpeza za Kamena yafashe icyemezo cyo gusezerera burundu abacamanza barindwi ku mirimo yabo. Abo bacamanza bari basanzwe bakorera mu nkiko zitandukanye mu gihugu.
Mu muhango wo gusoza inkiko Gacaca kuri uyu wa mbere tariki 18/06/2012, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rubonye instinzi imbere y’amahanga kubera ubumwe n’ubwiyunge Inkiko Gacaca zagejeje ku Banyarwanda, ndetse n’umubare munini w’imanza izi nkiko zaciye mu gihe gito.
Umutegarugori Fatou Bensouda ukomoka muri Gambiya, tariki 15/06/2012 yarahiriye kuba umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Hague mu Buholandi.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yemereye itsinda ry’abanyamategeko bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ibyo risaba ko ubutabera muri ibyo bihugu bugomba kwigenga kandi bugatangwa n’abaturage babyo, aho gutangwa n’inkiko mpuzamahanga.
Umurenge wa Kinihira wo mu karere ka Ruhango, uri mu gikorwa cyo guhuza abahemukiwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ababahemukiye badafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo, mu rwego rwo gusoza neza imirimo y’inkiko Gacaca.
Umuyobozi wa Police y’igihugu mu Ntara y’Uburasirazuba, CSP Twahirwa Alexandre, arasaba abaturage kujya bamenya icyo itegeko rivuga ku muntu wahamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bakareka kuza bamuciriye urubanza.
AJIC (Anti-Corruption Justice and Information Center) ni ikigo kigamije gufasha abaturage kurwanya ruswa n’akarengane. Nyuma y’amezi atanu iki kigo gitangiye ibikorwa byacyo mu karere ka Ngororero, umukozi wacyo muri aka karere, Niyigaba Fidele atangaza ko abaturage bacyiyambaza ari benshi.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabumenyi ku nshuro ya kabiri ku banyeshuli bagera kuri 94 mu muhango wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 25/05/2012.
Imirimo yo kubaka inzu izabika amadosiye y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) n’urwa Yugusilaya (ICTY) igiye gutangira.
Inkiko ziburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994,zigiye gusoza imirimo yazo ziciye imanza 1,951,388 zirimo abo mu rwego rwa mbere bagera kuri 31,453; urwego rwa 2 rugizwe n’umubare ungana 649,599 naho urwego rwa gatatu rukaba arirwo rufite umubare munini wa 1,270,336.
Abagize ishyirahamwe ry’abacamanza n’abanditsi b’inkiko mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAMJA) bateraniye i Kigali mu nama yo kurebera hamwe uruhare n’ubushobozi bw’ubutabera mpuzamahanga mu gukurikirana abakoze ibyaha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amagereza (RCS) cyahakanye ibivugwa n’umwunganizi wa Deo Mushayidi ko afungiye mu kato ndetse ngo akaba yabujijwe gusurwa.
Minisitiri w’Ubutebera wasuye akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa Gatatu, mu ntara y’uburengerazuba, yasabye abagatuye kugira uruhare mu guteza imbere no gushyigikira ubutabera bwunga, mu rwego rwo gushyigikira inzego z’abunzi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012, Minisitiri w’Ubutabera, Karugarama Tharcisse, aragirira uruzinduko rw’akazi mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kanjongo.
Perezida mushya wa komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Rukiko rw’Ikirenga yiyemeje kuzuza inshingano yatorewe muri iyi komisiyo ashyira ingufu mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Umucamanza Nyirabirori Annonciata n’umwanditsi w’urukiko Nyirangorane Anastasie birukanywe ku mirimo yabo burundu bazira amakosa akomeye bakoze mu kazi kabo; nk’uko bitangazwa na Kaliwabo Charles umuvugizi w’inkiko.
Zimwe mu nkiko zo mu gihugu zahawe abayobozi bashya izindi zihabwa abacamanza bashya, nk’uko byemejwe mu Nama Nkuru y’Ubucamanza y’iminsi itanu iyobowe Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yari iteraniye ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga.
Ubushinjacyaha bwashyize ahagaragara ibimenyetso byaturutse mu Buholandi, bishinja Ingabire Victoire ibyaha birimo kurema umutwe w’ingabo, kuvutsa umudendezo igihugu ndetse no gukorana n’umutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Umufasha wa nyakwigendera Nizeyimana Mohamed uherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abatekamutwe bamutwariye amafaranga miliyoni 10, aravuga ko anenga cyane uburyo abafatiwe muri iki gikorwa cyo gutubura bari gukurikiranwa.
Akanama gashinzwe umutekano mu muryango w’abibumbye kashyize Hassan Bubacar Jallow ku mwanya w’umushinjacyaha mukuru w’urukiko rwihariye ruzakurikirana imanza zizaba zitararangira ubwo urukiko mpuzamahanga mpamabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) n’urwashyiriweho icyahoze ari Yugoslavia (ICTY) zizaba zifunze.
Nyuma yo gutsinda urubanza yaburaniragamo icyemezo cyo koherezwa mu Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside yakekwagaho, Padiri Juvénal Nsengiyumva agiye koherezwa mu Rwanda azira gutwara imodoka muri Canada yasinze.
Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bo mu karere ka Bugesera barahiye tariki 17/02/2012 basabwe gutanga ubutabera bwihuse, bagashishoza kandi bakagisha inama izindi nzego.
Minisiteri y’ubutabera igiye kwiga ku bibazo by’abagororwa n’imfungwa zo mu ma gereza yo mu karere ka Nyamabage nk’uko byatangajwe n’intumwa ya Leta yungirije ubwo we n’intumwa yari ayoboye basuraga Gereza ya Gikongoro tariki 14/02/2012.