Mu murenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke, hari bamwe mu bashakanye nyuma bakemeranywa ku mpamvu z’ubutane ndetse buri wese akorohereza uwo bashakanye mu gutandukana no kugabana imitungo hakurikijwe amategeko kandi nta yandi makimbirane avutse.
Mu nama y’umutekano y’Intara y’uburengerazuba yabereye mu karere ka Rusizi kuwa 30/07/2014, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Guverineri Mukandasira Cartas yasabye abayobozi b’uturere tw’iyi ntara guhagarika ku mirimo abarimu bagiye batera abana b’abakobwa inda kandi babigisha.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera, aho basigaye bakemurirwa ibibazo badasiragijwe cyangwa ngo hakore ikimenyane na ruswa.
Ikomite y’urwego rw’ubutabera zashyizweho mu turere ngo zizajya zunganira uturere mu gushakira ibisubizo ibibazo biba bitarakemutse hagamijwe gufasha abaturage kudasiragira hirya no hino bashaka ubutabera.
Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga mu Karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kurangiza imanza nabi kuko bishobora gukurura imanza zashora Leta mu gihombo, akaba ari muri urwo rwego bibukijwe ko uzajya arangiza urubanza nabi bigakururira Leta urubanza rushobora kuyiviramo igihombo ngo azajya akurukiranywa ku giti cye.
Kuri uyu wa 11/6/2014, abacamanza mu nkiko nkuru n’izisumbuye mu Rwanda bemeje imirongo ngenderwaho rusange, yafasha inkiko kujya zitegeka kwishyura indishyi mu buryo buteye kimwe ku bantu bose n’ahantu hose, hashingiwe ku gushyira mu gaciro birenze ibyo amategeko ateganya.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bakaba banafite kurangiza imanza mu nshingazo zabo barasaba inzego zishinzwe amategeko kuyabegereza kugira ngo barusheho kwihugura no kurushaho gukora akazi kabo ko kurangiza imanza mu buryo bwihuse kandi ntacyo bikanga.
Umushinjacyaha mukuru, Richard Muhumuza, yashimye imikorere y’ubushinjacyaha bwisumbuye bwa Ngoma abasaba kurushaho gutanga service nziza ku babagana babigira intego.
Abunzi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bakunze guhura n’imbogamizi y’itumanaho hagati yabo igihe bafite guhura, ndetse bikanabagora kugera hamwe na hamwe mu ho baba bagomba gukemura ibibazo, bagasaba ko ubuyobozi bwabafasha kugirango akazi kabo kanoge.
Ubwo Umuvunyi mukuru, Aloysie Cyanzayire, hamwe n’itsinda ry’abakozi b’uru rwego bari mu karere ka Nyagatare muri gahunda y’icyumweru cyahariwe kurwanya n’akarengane, yagejejweho ibibazo byerekeye ubutaka bukoreshwa icyo butagenewe.
Umuryango IBUKA ushinzwe kurengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wamaganye icyemezo cy’umucamnanza Theodor Meron cyo gufungura Dr Ntakirutimana Gérard wari wakatiwe gufungwa imyaka 25 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arasaba ubutabera bw’u Rwanda kwihutisha iburanisha ry’imanza zijyanye n’ibyaha byo kugambanira igihugu no kukibuza umutekano kandi zikaburanishirizwa mu ruhame kugira ngo bibere abandi akarorero.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Nyanza barishimira ko bashyiriweho itegeko ribarengera mu gihe hari ubahohotera cyangwa akabakorera icyaha cy’ivangura.
Impuguke mpuzamahanga mu by’amategeko, Wolfgang Schomburg, yigishije abacamanza b’Urukiko rw’Ikirenga n’abandi banyamategeko, ko batagomba gufata nk’ihame imanza zaciwe n’Urukiko mpuzamahanga rwashyirweho u Rwanda, cyangwa iz’abandi bacamanza b’ibyamamare ku isi.
Urwego rw’umuvunyi rufatanije na Polisi y’igihugu kuwa 4 Werurwe 2014bataye muri yombi Habyalimana Emmanuel,umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyabihu, akekwaho icyaha cyo kwigwizaho umutungo.
Abagororwa 50 bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bafunguwe mu gitondo cyo kuwa 02/03/2014 nyuma yo guhabwa imbabazi n’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa mbere bikaba byarasohotse mu igazeti ya Leta tariki 27/02/2014.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, arihanangiriza abanyamategeko ba Leta kuri we asanga aribo bashora Leta mu manza rimwe na rimwe ikazitsindwamo kandi hari uburyo bwo kuba zakumirwa hakiri kare.
Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika, Richard Muhumuza, arashimira ubushinjacyaha bwisumbuye bwo mu karere ka Muhanga kuko nta birarane by’amadosiye biharangwa.
Urwego rw’Umuvunyi ruremeza ko ruhangayikishijwe na ruswa ishingiye ku gitsina, kuko icyo cyaha bitoroshye kugitahura kubera abagikorerwa batabitangaza kandi gikomeje kugaragara mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi.
Prof. Sam Rugege, umukuru w’Urukiko rw’ikirenga, arongera kwibutsa Abanyarwanda kwitondera ruswa iriho kuko kuri iki gihe isigaye itakigira isura. Avuga ko hamwe itangwa nka serivisi ahandi ikaba yatangwa nk’impano inyujijwe mu bundi buryo.
Umugabo witwa Mazimpaka wahoze ari umupolisi akaza gukatirwa imyaka itanu azira ruswa, aratangaza ko yicuza ibyo yakoze akabisabira imbabazi ndetse akanakangurira abantu kuyirinda kugira ngo itazabageza nk’aho yamugejeje.
Muri iki gihe mu Rwanda turi mu gihe cyahariwe imiyoborere myiza, mu karere ka Ngororero abaturage babaza ibibazo baragabanutse cyane ku buryo hari n’aho bavuga ko nta bibazo bihari ahubwo bagasaba ko bahabwa ibiganiro bakanasabana.
Abafasha mu by’amategeko 72 baturutse mu mirenge icyenda igize akarere ka Ruhango, basobanuriwe tekiniki zo kuba umufasha mu by’amategeko ndetse banibutswa ko kurega atari byo bakwiye gushyirwa imbere.
Leta y’u Rwanda igiye kongera ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa n’umuturage ugiye gutanga ikirego, amafaranga agiye kwikuba inshuro zigera kuri 12 zose. Iri teka rya minisitiri rikazatangira gukurikizwa igihe rizaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta.
Bimwe mu byakozwe mu gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Karongi harimo guha ijambo abaturage abafite ibibazo bitagomba imanza birakemurwa, abandi bagirwa inama yo kujya birinda imanza za hato na hato kuko zitera ubukene mu ngo.
Bamwe mu baturage bo muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo baragagaraza ko amakimbirane ashingiye ku mutungo akunze guterwa n’inda nini yo kwikunda ndetse no kudaha agaciro ibitsina byombi ku mutungo.
Mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo hagiye kubakwa inzu y’ubutabera izaba ishinzwe kwakira no kuburanisha imanza z’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bazajya boherezwa mu Rwanda bavuye mu bindi bihugu.
Evariste Rwigema w’imyaka 64 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Kagusa mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, avuga ko atunzwe n’igikoma n’ibiryo byoroheje nyuma yo gukubitwa akagirwa intere azira amakuru ngo yatanze mu nkiko gacaca.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2013, abacamanza bose bakora mu nkiko z’igihugu batangiye umwiherero ugamije kuganira kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko mu karere ka Rulindo, hatangajwe ko muri ako karere bagiye kwita cyane ku gukurikirana imanza z’abana n’abatishoboye.