Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), irasaba abanyamategeko ba Leta kurushaho kwibanda ku masezerano y’ubwubatsi ibigo bya Leta bigirana na ba rwiyemezamirimo, kugira ngo birusheho gufasha Leta kutajya mu manza.
Kuri uyu wa mbere tariki 28 Werurwe 2022, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati ukurikiranyweho gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure, afungwa by’agateganyo iminsi 30. Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022 nyuma y’iburana ku ifungwa (…)
Abagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe n’imitwe y’iterabwoba ya MRCD na FLN, yari iyobowe na Paul Rusesabagina, basabye Amerika, u Bubiligi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), guha agaciro ibibazo bahuye na byo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamenyekanye ku izina rya Ndimbati, nibwo yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge aburana ifungwa n’ifungurwa ku byaha akurikiranyweho, birimo gusindisha umwana utarageza imyaka y’ubukure no kumusambanya.
Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwa hamwe gushinga no kuba mu mutwe wa MRCD-FLN ushinjwa ibitero by’iterabwoba ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, byiciwemo abaturage icyenda mu myaka ya 2018-2019.
Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022, rwakatiye Mugimba Jean Baptiste wabaye Umunyamabanga mukuru wungirije wa CDR, igifungo cy’imyaka 25 kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyeshuri batandatu bari bakatiwe gufungwa imyaka itanu n’Urukiko rw’ibanze rwa Gatumba, barekuwe nyuma yo kujuririra igihano bari bahawe kikagabanuka, bagahita barekurwa kuko bari bakirengeje.
Ubushinjacyaha bwasabiye igifungo cya burundu Paul Rusesagina na Nizeyimana Marc, bari bakatiwe n’Urukiko Rukuru gufungwa imyaka 25 kubera kurema umutwe w’ingabo utemewe, no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.
Imiryango itari iya Leta mu bijyanye n’ubutabera irasaba inzego zibishinzwe, gusesengura uko abantu batishoboye bafashwa kunganirwa mu mategeko hadashingiwe ku byiciro by’ubudehe, kuko byagaragaye ko bituma hari abadahabwa ubutabera kubera kutabona ababunganira mu mategeko.
Urukiko rw’Ubujurire rwumvise ibisobanuro by’abaregera indishyi n’ababunganira mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi bashinjwa kuba mu mutwe yayoboraga wa MRCD-FLN, aho rwagaragaje kutanyurwa n’ibimenyetso batanga.
Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (CIJ) rwategetse Uganda kwishyura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) miliyoni 325 z’Amadolari ya Amerika nk’indishyi kubera ibikorwa by’urugomo ingabo za Uganda zishinjwa mu Burasirazuba bwa Congo hagati y’imyaka ya 1998-2003.
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2021, Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi 20 bo mu mutwe yayoboraga wa MRDC-FLN, kubera uburwayi bw’umwe muri bo witwa Munyaneza Anastase.
Urubanza rw’ubujurire rw’abaregwa hamwe na Paul Rusesabagina rwakomeje kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, aho abaregwa batanze ikirego cyuririra ku bujurire bw’abaregeye indishyi.
Urukiko rw’Ubujurire rwakomeje kumva abagize MRCD-FLN ya Paul Rusesabagina kuri uyu wa Gatanu, bakaba basaba kujyanwa kwigishwa Uburere mboneragihugu i Mutobo, aho bagenzi babo ngo babanaga mu mashyamba ya Congo barimo kugororerwa.
ACP. Dr. François Sinayobye wayoboraga Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera (Rwanda Forensic Laboratory - RFL) yahererekanyije ububasha na Lt. Col. Charles Karangwa washyizwe ku buyobozi bwayo n’Inama y’Abaminisitiri yok u wa 26 Mutarama 2022.
Umunyemari ukomoka muri Kenya Nathan Loyd Ndung’u wari Umuyobozi wa DN International Ltd washakishwaga n’ubutabera bw’u Rwanda kubera uburiganya yatawe muri yombi ubwo yari avuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwa hamwe gushinga no kuba mu mutwe wa MRCD-FLN, rwakomeje kuburanishwa mu Rukiko rw’Ubujurire kuri uyu wa Gatatu, aho Nsabimana Callixte avuga ko Ubushinjacyaha bwamutengushye bukaba burimo kwihakana amasezerano bagiranye.
Muri Burkina Faso, urubanza rw’abakekwaho kwica Thomas Sankara ndetse na bagenzi be 12 mu Kwakira 1987, rwasubitswe kubera ihirikwa ry’ubutegetsi (Kudeta) riherutse kuba muri icyo gihugu.
Nsabimana Callixte uri mu baregwa hamwe na Paul Rusesabagina wayoboraga MRCD-FLN, arasaba Urukiko kugabanyirizwa ibihano hashingiwe ku mpamvu nyoroshyacyaha, harimo ko ari impfubyi ya Jenoside akaba ndetse ngo yari agiye gukora ubukwe.
Umwunganizi w’uwitwa Munyaneza Anastase yagize ibyago byo gupfusha umuntu wo muryango we, bituma iburanisha ry’abagize MRCD-FLN(yari iyobowe na Paul Rusesabagina) risubikwa kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022.
Urubanza mu Rukiko rw’Ubujurire rukomeje kuburanishwa ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru mu mwaka ushize wa 2021 cyo gufunga abahoze muri MRCD-FLN ya Rusesabagina, aho Ubushinjacyaha buvuga ko ibihano bakatiwe ari bito mu gihe abaregwa barimo Nsabimana Callixte (Sankara) bo basaba kurekurwa.
Nyuma yo kwakira indahiro y’Umucamanza mushya mu Rukiko rw’Ubujurire, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Ubutabera n’izindi nzego kutihanganira kurebera akarengane gakorwa, hatitawe ku wo kaba gakorerwa uwo ari we wese.
Urubanza rw’Ubujurire ruregwamo Rusesabagina n’abandi bahoze mu mutwe wa MRCD-FLN rwakomeje kuri uyu wa 24 Mutarama 2022, aho Ubushinjacyaha bwasabiye Rusesabagina na Nizeyimana Marc gufungwa burundu hagendewe ku buryo uwitwa Deogratias Mushayidi yaciriwe urubanza.
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Mutarama 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwakomeje kuburanisha abaregwa hamwe na Paul Rusesabagina wanze kwitaba iburanisha, aho Nsabimana Callixte yavuze ko atari akwiriye guhanishwa igifungo cy’imyaka 20 mu gihe uwayoboye ibitero bya FLN we atigeze afungwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko igihe cy’ibazwa imbere y’ubugenzacyaha cyangwa ubushinjacayaha, ari uburenganzira bw’uregwa gushakirwa umwunganira mu mategeko.
N’ubwo byari biteganyijwe ko kuri uyu wa 18 Mutarama 2022 urubanza rwa Béatrice Munyenyezi ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside ruburanishwa mu mizi, si ko byagenze kuko abamwunganira bifuje ko hazabanza kubaho iburanishwa ry’ibanze, hanyuma bikemerwa n’urukiko rwisumbuye rwa Huye rwaruburanishije mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko urubanza rw’ubujurire ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be rutangira kuburanishwa adahari kuri uyu wa Kane tariki 20 Mutarama 2022. Bararegwa kurema no kuba mu mutwe ushinjwa iterabwoba wa FLN.
Umuhuzabikorwa w’Ubunyamabanga bw’urwego rw’ubutabera muri Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), Nabahire Anastase, avuga ko ibibazo biri mu buryo bwo gutanga ibirego hifashishijwe ikoranabuhanga buzwi nka IECMS ari byinshi, agashimangira ko ahanini biterwa n’uko ikoranabuhanga ari rishya muri rusange.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko guhera mu mwaka wa 2018 kugera muri 2021 dosiye z’abakekwaho ibyaha zohererejwe Ubushinjacyaha zisaga 60% bakurikiranywe badafunzwe.
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, ku wa 11 Mutarama 2022 bwashyikirijwe dosiye y’umusore wasambanyije ku gahato nyina akanamukubita.