Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’Igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex cyangwa Sanitary Pads byagabanuka, kuko kuba bihenze bitaborohera kubikoresha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC cyandikiye Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) gisaba ko hatangira gukorwa ubukangurambaga mu Ntara y’Iburengerazuba mu Mirenge yegereye umupaka ku ndwara ya cholera yiyongera mu gihe cy’imvura.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, Noella Bigirimana, yatangaje ko umwaka ushize Umurenge wa Karangazi wihariye 41% by’abarwaye Malariya mu Karere ka Nyagatare.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) iratangaza ko abanduye indwara y’ubushita bw’inkende (MPox) mu Rwanda ari bane, babiri bakaba baramaze kuvurwa bagakira bagasezererwa mu bitaro, abandi babiri bakaba bagikurikiranwa n’abaganga.
Urwego rushinzwe ubuzima muri Suwede rwatangaje ko rwabonye umuntu ufite ubwoko bw’ubushita bw’inkende (mpox) bukaze muri iki gihugu.
Nubwo Nyabihu iboneka mu Turere dufite ubutaka bwera, hakaba hatava izuba ryinshi ahubwo hakarangwa ubuhehere, kandi hagafatwa nk’igicumbi cy’ubworozi ahaboneka amata ahagije, ni Akarere kadasiba ku rutonde rw’Uturere dufite imibare iri hejuru y’abana bafite igwingira, hakavugwa kandi n’ikibazo cy’abangavu benshi baterwa inda.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko yatangiye kugira umubare yifuza w’imbangukiragutabara(ambulance), ndetse ikaba irimo kuzegereza abaturage, ariko ngo haracyari ikibazo cyo gutinzwa mu nzira n’umubyigano w’ibindi binyabiziga.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE iratangaza ko kuva uburwayi ubushita bw’inkende (Monkeypox) bwakwaduka mu Bihugu by’abaturanyi, mu Rwanda habonetse gusa abantu babiri barwaye, umwe akaba akivurwa undi akaba yaravuwe agakira agasezererwa.
Abanyeshuri 54 bo mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi, ku Cyumweru tariki 04 Kanama 2024, barangije amasomo yabo y’icyiciro cya Master’s bari bamaze umwaka biga muri Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yigisha ibijyanye n’ubuvuzi.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, tariki 01 Kanama 2024 wamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kureba isano iri hagati y’umubare uri hejuru w’abana batwita cyangwa se babyara batararenza (...)
Mu Kagari ka Mumena, Umurenge wa Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, hari ababyeyi b’abana bafite ubumuga bukomatanyije n’ubundi butandukanye, bavuga ko bishimira kuba barahurijwe mu itsinda rimwe, kuko bibafasha koroherwa n’ibibazo bahura nabyo bituruka ku kuba barabyaye abana bafite ubwo bumuga.
Mu Rwanda hamaze kugaragara abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende (Monkeypox) imaze iminsi ivugwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukwiye kubaka ubushobozi bwisumbuyeho mu nzego z’ubuvuzi, ku buryo nta Banyarwanda bazongera kujya bajya kwivuza mu bihugu by’amahanga, ahubwo abaturage bo mu bihugu byo mu Karere bakajya baza gushaka serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.
Mu busanzwe, ingohe zisanzwe za karemano ziba ku maso, zigira akamaro ko kurinda umuyaga wakwinjira mu maso kuko wakwangiza imboni y’ijisho.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden w’imyaka 81 y’amavuko, yagaragaje ibimenyetso bya Covid-19, bituma ashyirwa mu kato kugira ngo abanze yitabweho nk’uko byatangajwe n’ibiro bye.
Mbere y’uko turebera hamwe ibiribwa n’ibinyobwa ushobora kwifashisha kugira ngo ugabanye ibinure byo ku nda mu minsi itatu, tubanze tubabwire ko ibi tubikesha urubuga rutanga ubujyanama ku mibereho myiza ishingiye ku biribwa: www.worldofmedicalsaviours.com
Inyanya ubusanzwe ni ikiribwa cy’ingirakamaro mu mubiri w’umuntu by’umwihariko kuko kiri mu cyiciro cy’ibirinda indwara, ibigabanya ibyago byo kurwara kanseri zitandukanye, zirimo ifata udusabo tw’intangagabo (prostate), diyabete n’umutima.
Urugaga Nyarwanda rw’abafite Virusi itera SIDA, RRP+, rushimira Leta kuba yarabahaye imiti igabanya ubukana bw’iyo virusi, ubu bakaba bafite icyizere cyo kubaho kingana n’icy’abandi Banyarwanda muri rusange.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa Rwanda FDA, cyahagaritse ubwoko bw’imiti harimo ufite numero A4042 witwa EFFERARGAN VITAMIC C 500mg/200mg (“comprimé efferverscent), uzwiho kuvura indwara y’umutwe, ukaba warakozwe n’uruganda rwo mu gihugu cy’u Bufaransa, rwitwa UPSA SAS.
Kuri uyu munsi mpuzamahanga wo kurwanya ibiyobyabwenge, Umuryango w’Abibumbye (UN), uvuga ko kubatwa nabyo atari amahitamo bityo ababikoresha badakwiye guhezwa kugira ngo bafashwe.
Abaturage bo mu Mirenge igize igice cya Ndiza bivuriza ku bitaro bya Nyabikenke, baratangaza ko kwakira imbangukiragutabara yunganira iyari ihari, bizazamura serivisi yihuse ihabwa indembe zigana ibyo bitaro.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda FDA, hamwe n’Ihuriro ry’Abatumiza imiti n’ibikoresho byo kwa muganga (AIGPHAR), bemeranyije ko imiti yose igomba kwandikwa, kugira ngo biheshe u Rwanda kwemerwa ku rwego mpuzamahanga.
Ihuriro ry’abaganga b’igitsina gore bavura bifashishije kubaga ‘Women in Surgery Rwanda’ (WiSR), rirahamagarira abakobwa n’abagore biga ubuganga kwitabira ishami ryo kuvura hifashishijwe kubaga, kuko umubare w’abagore bari muri iri shami kugeza ubu ukiri muke ugereranyije na bagenzi babo b’abagabo.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, yatangaje ko iri muri gahunda yo kongera no kuzana ibikoresho bishya byifashishwa kwa muganga, birimo imashini zipima indwara zinyuranye zo mu mubiri, bikaba byitezweho kuruhura bamwe mu bajyaga kwivuriza mu mahanga.
Inyabarasanya ni icyatsi kiboneka hirya no hino mu Gihugu. Mu myaka yahise u Rwanda rutaratera imbere mu bikorwa remezo birimo amavuriro, icyo cyatsi kikaba cyarifashishwaga mu kuvura inkomere.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’izindi nzego, bashakishije ubushobozi bwo kugura imbangukiragutabara 246 ku buryo iza mbere 80 zamaze gutangira kugezwa mu bitaro hirya no hino mu Gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abajyanama b’Ubuzima baturutse hirya no hino mu Gihugu, bahurira i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024. Yababwiye ko icy’ingenzi cyatumye yifuza kubonana na bo, kwari ukugira ngo abashimire kubera ibintu byinshi bakora nta gihembo, ibigaragara (...)
Banki ya Kigali (BK) yatangiye gahunda yo gufasha amavuriro n’ibitaro kubona inguzanyo yo kugura ibikoresho byo kwa muganga, mu rwego rwo gufasha abari mu rwego rw’ubuzima kubona ibikoresho bigezweho.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), n’abafatanyabikorwa bacyo, bibukije abantu bose bikekaho kanseri y’ibere, harimo n’abagabo, ko bagomba kwihutira kujya kwisuzumisha kwa muganga, kugira ngo batazavurwa bahenzwe kandi bibagoye.
Banki ya Kigali (BK) na VIEBEG Medical Ltd, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, agamije kongerera ubushobozi ibigo byigenga by’ubuvuzi no kubyorohereza mu buryo bwo kujya bibona ibikoresho nkenerwa muri serivisi bitanga, mu rwego rwo kurushaho kuzamura serivisi z’ubuzima mu Rwanda.