Umwana na nyina bahurijwe mu Majyepfo ya Turukiya, nyuma y’uko ibipimo bya ADN byemeje ko uwo mwana w’umukobwa ari uw’uwo mubyeyi.
Umugabo witwa Jonathan Jacob Meijer ukomoka mu Buholandi ariko utuye muri Kenya , bivugwa ko kugeza ubu amaze kubyara abana 550 , kuko atanga intanga ngabo (un donneur de sperme).
Polisi irashakisha imfungwa yahimbye urupfu rwayo, igatoroka Gereza, nyuma ibizamini bya DNA bikagaragaza ko umurambo wabonetse aho yari afungiye utari uwe.
Umusore w’imyaka 21 yaretse kujya mu ishuri ajya gusura umukunzi we, maze apfirayo bitunguranye, mu gihe ababyeyi be bari bazi ko ari mu kigo aho yigaga.
Umupasiteri wo mu Ntara ya Gauteng muri Afurika y’Epfo witwa Siva Moodley, ngo yapfuye ku itariki 14 Kanama 2021. Ubu hari hashize imyaka hafi ibiri, umurambo we uri mu buruhukiro(morgue), kugeza ubwo hasohotse icyemezo cy’urukiko kugira ngo ashyingurwe.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu (3) wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umuvandimwe we amurashe mu buryo bw’impanuka.
Mu Buhinde, umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko, yagize ubwoba bwinshi nyuma yo kwisanga mu cyumba cyo gukoreramo ibizamini ari wenyine mu bakobwa amagana, ahita yikubita hasi atakaza ubwenge ahita ajyanwa ku bitaro.
Paschal Kaigwa Mariseli w’imyaka 21, w’ahitwa Bukoba muri Tanzania, akekwaho kwica uwitwa Hadija Ismail w’imyaka 29, babanaga mu nzu amukubise ikintu mu mutwe, ubu ari mu maboko ya Polisi yo mu Ntara ya Kagera, nyuma yo kumara iminsi itandatu (6) yihishe , maze inzara ikamuvana aho yari yihishe.
Umwongereza witwa Percy Shaw, mu myaka 85 ishize yari atwaye imodoka mu mujyi wa Yorkshire yerekeza iwabo muri Boothtown, ariko kubera ko ikibunda cyari kibuditse kandi ari ninjoro ntiyabashaga kubona umuhanda neza.
Sosiyete y’ahitwa Chengdu mu Bushinwa, ikora mu bya Logistics (Chengdu Ant Logistics), irashimirwa kuba isaba abashaka akazi ndetse n’abagatanga kwambara ‘masks’ zihisha amasura yabo mu rwego rwo kwirinda ko hari umuntu waje gusaba akazi warenganywa hagendewe ku buryo agaragara ku isura.
Akanyoni gato ko mu bwoko bwitwa parakeet karokoye ubuzima bw’umuryango wose nyuma yo kuvuza amajwi adasanzwe mbere y’uko umutingito simusiga wibasira Igihugu cya Turukiya.
Mu rwego rwo kubafasha kwizihiza umunsi w’abakundana witiriwe Mutagatifu Valentin, abasilibateri muri imwe muri komine zo muri Philippines, bahawe ibihembo bijyanye n’amasaha y’umurengera bakoze, hagamijwe kubereka ko hari umuntu ubakunda.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubumenyi bw’Isanzure (NASA), kivuga ko cyabonye ishusho idasanzwe ku mubumbe wa Mars, imeze nk’uko umuntu yashushanya inyamaswa y’ikirura (bear).
Ubundi abaturage bo mu Misri bari bamenyereye ko iyo bagiye kugura ibintu bihenze nk’imodoka, imashini zo kumesa n’ibindi, bishyura mu byiciro (macye macye), ariko ubu kubera gutakaza agaciro kw’ifaranga ryo muri icyo gihugu, ngo birasaba ko no kugura igitabo bikorwa muri ubwo buryo.
Ntabwo bikunze kugaragara ko muri korari z’iki gihe haboneka ibicurangisho bya gakondo birimo ibyitwa ipendo n’igondera, ariko muri korali yitwa Impanda y’Itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda barabikoresha.
Mu gihugu cya Mexique umugabo witwa Carlos Alonso, utuye mu mujyi wa Monterrey, yajyanywe mu bitaro na Polisi nyuma yo gukomeretswa n’inkota iri ku ishusho ya Malayika Mikayire, ubwo yageragezaga gushaka kwiba iyi shusho.
Muri Kenya, Polisi irashakisha umufungwa watorotse ibitaro kandi yari yambitswe amapingu, mu rwego rwo kwirinda ko yacika.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Barija B, Akagari ka Barija, Umurenge wa Nyagatare, baribaza niba umuntu bikekwa ko yari umujura agakingiranwa mu nzu, niba yari umuntu nyawe cyangwa igini kuko inzego z’umutekano zahageze zikamushakira mu nzu zigaheba, ntihaboneka n’aho yaciye agenda mu gihe n’inzu yari igoswe.
Muri Afurika y’Epfo hari Umupasiteri uvuga ko asengera abantu bakabona ibitangaza bitandukanye, na vuba aha kuri Noheli hari abo yasezeranyije kubona ibyo bitangaza, gusa bisaba ko umuntu abanza kwishyura amafaranga runaka bitewe n’icyo yifuza, kuko ibiciro bitandukanye hagendewe ku cyo ushaka isengesho yifuza.
Hari abantu bahimba ibinyoma bitandukanye bagamije kutishyura amadeni baba bafite, ariko harimo n’abahimba ibinyoma biteye ubwoba kurusha abandi. Urugero ni umugore wo muri Indonesia wahimbye ko yapfuye ndetse akifotoza yitunganyije nk’uko batunganya umurambo, ubundi agashyira amafoto ku mbuga nkoranyambaga, ahunga (…)
Umugore witwa Gemma Williams yatanze ubuhamya bw’ukuntu uwahoze ari umukunzi we David Barr yamurumye ugutwi kugacika, ubwo ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yatsindwaga mu gikombe cy’isi cya 2014.
Umubyeyi witwa Zawadi Msagaja w’imyaka 20 y’amavuko, utuye ahitwa i Mahaha mu Karere ka Magu, mu Ntara ya Mwanza, ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho icyaha cyo gushyingura umwana we ari muzima kugira ngo abone ubukire.
Abanyeshuri b’abakobwa bagera kuri 70 bangiwe kwinjira mu birori byo kurangiza amasomo (graduation) kubera ko bari bitejeho inzara zitari izabo.
Abana bari mu myaka yo hasi usanga bakunze gushyira mu kanwa ibyo babonye byose, rimwe na rimwe bakanabimira, ku buryo byanashyira ubuzima bwabo mu kaga, ni yo mpamvu ababyeyi bahora bibutswa gushyira ibintu babona byateza ibibazo aho abana badashyikira.
Muri Uganda ahitwa Kasese, umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri (2), yarokotse urupfu mu buryo bw’igitangaza, nyuma yo kumirwa n’imvubu, ikaza kumuruka akiri muzima.
Umugore wo muri Kenya witwa Monica Wambugha Rachael Kibue, akunda injangwe cyane ku buryo ubu ngo atunze izigera kuri 400 iwe mu rugo, harimo n’izo atoragura abandi bazitaye mu bikarito, cyangwa se izabaga zajugunywe zizerera mu mihanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’Amahoro (RRA), cyasabye abantu bahagaritse ubucuruzi ko bahagarikisha nimero iranga usora (TIN) mbere y’itariki 15 Mutarama 2023.
Umugore utuye ahitwa Houston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatunguwe no gukora ubukwe bwo mu nzozi ze, mu gihe yari mu bitaro aho arimo avurirwa indwara ya kanseri.
Umugore w’imyaka 32 wo mu Mujyi wa Belfast muri Irelande, yatangiye guhuma nyuma yo gushyirisha ‘tattoos’ imbere mu maso, rimwe akarishyiramo ibara ry’ubururu, irindi akarishyiramo ibara ry’idoma (blue and purple), n’ubwo umwana we w’imyaka irindwi yari yamusabye kutabikora.
Impanga z’abana icyenda ari na zo zonyine zifite uwo mwihariko cyangwa se agahigo ko kuvukira rimwe ari umubare munini kandi bakabaho, batashye mu gihugu bakomokamo cya Mali bameze neza bose, nyuma yo kumara amezi 19 muri Maroc aho bavukiye.