Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama, iherereye mu Karere ka Kirehe igihe gutaha ku bushake banyuze ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi.
Uwabaye impunzi cyangwa uzi neza ubuzima zinyuramo, azi neza ibibazo bikomeye by’imibereho zikunda guhura na byo, bitewe n’uko baba batari mu gihugu cyabo, kandi baravuye iwabo batitwaje ibyo bakenera byose mu buzima.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kiziba n’abayituriye, barishimira ikorwa ry’umuhanda Bwishyura - Kiziba, washyizwemo kaburimbo.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, wizihizwa buri mwaka tariki 8 Werurwe, ababwira ko uyu munsi n’indi bizihiza uruhare rukomeye abagore bakomeje kugira mu mpinduka n’iterambere ry’Igihugu.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru Perezida Paul Kagame, yakiriye Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye (UN Resident Coordinator) ucyuye igihe mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, mu rwego rwo kumusezeraho.
Madamu Jeannette Kagame yifurije abagore umunsi mwiza, abasaba kongera kwigenzura bagamije kwiyubaka. Mu butumwa yageneye abagore, yagize ati “Kuri uyu munsi twizihiza abagore, ndabasaba kongera kwigenzura mu marangamutima, imico, imyitwarire, mumenye kwibungabunga, byose bigamije kwiyubaka! Uyu munsi wongere kubibutsa ko (…)
Aline Nyiramahirwe ni umukobwa w’imyaka 23 w’impunzi icumbikiwe mu nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara, akaba yarahawe akazi ko kwigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Tekinike, Imyunga n’Ubumenyingiro rya Mugombwa (Mugombwa TSS), nyuma yo guhiga abandi mu bizamini bisoza ayisumbuye.
Mu rwego rwo kurushaho kurengera ubuzima bw’Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), n’abafatanyabikorwa bayo, bashoye arenga miliyari 5Frw mu bikorwa byo kurengera ibidukikije mu nkambi.
Ibikorwa by’ubukorikori bitandukanye mu mwaka ushize (2025) byinjirije impunzi zicumbikiwe mu Rwanda amafaranga y’u Rwanda agera hafi kuri Miliyoni 50 Frw. Ni amafaranga babonye binyuze mu bikorwa byabo bitandukanye byo kuboha imitako irimo uduseke n’udukapu, bigashakirwa isoko mu bihugu by’amahanga birimo na Amerika.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko ubuhinzi bw’ibihumyo bwabafashije kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, bituma bashobora guhangana n’indwara ziterwa no kutabona intungamubiri zihagije.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe hamwe n’impunzi zicumbikiwe mu Nkambi ya Kigeme by’umwihariko abarema isoko ry’amatungo rya Ryarubondo, barishimira ko kurivugurura byatumye riba mpuzamahanga ku buryo risigaye riremwa n’abaturutse mu bihugu by’abaturanyi baje kuhagurira amatungo arimo inka, ingurube ihene n’intama.
"Ibyuma murabizi? Ibi byuma biraza kutumaraho abantu nitutareba neza mwa bantu mwe. Ndababwiza ukuri, ubu tuvugana hafi nka 350 bari mu bitaro kubera Ibyuma. Mu cyumweru gishize twapfushije abantu barenze 25."
Uruganda rukora ifumbire mvaruganda (Rwanda Fertilizer Company - RFC) rwashimiye abacuruzi b’inyongeramusaruro (Agrodealers) n’abahinzi babaye indashyikirwa mu gucuruza no gukoresha ifumbire ikorwa n’urwo ruganda. Ni muri gahunda y’uruganda yiswe Agrodealer Champion Program.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye intumwa 25 zigizwe n’abayobozi bo ku rwego mpuzamahanga bagize itsinda rya Dialog Group.
Banki ya Kigali (BK) igiye gutanga inguzanyo igera kuri Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000,000Frw) ku bahanzi Nyarwanda. Ni gahunda yatangijwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa BK, ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku mugoroba wo ku wa 24 Gashyantare 2026, hagamijwe kugira ngo (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Arabie Saoudite, by’umwihariko mu nzego (…)
Nubwo ururimi ari imwe mu nkingi ikomeye mu zigize umuco n’amateka by’Igihugu, urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga runenga bamwe mu babyeyi kutagira ubushake bwo kwigisha abana babo Ikinyarwanda.
Birazwi neza ko muri iki kinyejana ikoranabuhanga ari kimwe mu by’ingenzi bikenerwa mu iterambere rya buri rwego harimo n’urw’uburezi. KT Radio, mu mushinga uterwa inkunga na Mastercard Foundation ndetse n’ishami ry’Ikoranabuhanga ry’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, kuri uyu wa Mbere iragaragaza uko ikoranabuhanga rishobora (…)
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Rwanda zivuga ko kwihuza n’Abanyarwanda bakibumbira hamwe byabafashije gukira ihungabana, batangira gukora ibikorwa bibaganisha ku iterambere nk’abandi.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira ko bubakiwe ibitaro biri ku rwego rwo hejuru, bizatuma nta bibazo bya serivisi z’ubuzima bazongera guhura na byo.
Koperative Duhuze Imbaraga Gatsibo, ihuriyemo impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nyabiheke iherereye muri ako Karere hamwe n’abaturage bo mu Karere ka Gatsibo, yujuje uruganda rufite agaciro ka Miliyoni 210 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kelia Ganza Umukunzi, ni umwana w’umukobwa w’impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, ufite inzozi zo kuzambika Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gihe azaba arangije amashuri ye.
Patrick Habimana ni impunzi y’Umurundi, uri mu Rwanda guhera muri Gicurasi 2015, aho yageze nta kintu na kimwe afite, akakirwa na Leta y’u Rwanda kugeza igihe agerejwe mu nkambi ya Mahama.
Impunzi zicumbikiwe mu Rwanda, zishimira ko nubwo zikitwa impunzi kuko zitari mu gihugu cyabo cy’amavuko, ariko badahezwa, kuko ntaho imibereho yabo itandukanye n’iy’abenegihugu.
Mu 1897 nibwo ingabo z’Abadage zashinze ibirindiro mu Rwanda, ahitwa i Shangi, ubu ni mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, Intara y’Uburengerazuba.
Kigali yagizwe umurwa mukuru w’Ubutegetsi bw’Abadage mu 1907, ushingwa Umudage witwa Richard Kandt, nyuma y’imyaka 10 ingabo z’Abadage zari zimaze igihe zishinze ibirindiro ahitwa i Shangi ubu ni mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Madamu Jeannette Kagame, yitabiriye ibirori byo gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bo mu cyiciro cya gatatu cya ArtRwanda-Ubuhanzi Xperience wabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yageze i Addis Ababa, muri Ethiopia, aho ahagarariye Perezida Paul Kagame mu Nama ya 39 isanzwe y’Inama Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za Afurika Yunze Ubumwe.
Pasiteri mu Itorere ry’Abangilikani (Anglican), Antoine Rutayisire, yahisemo kureka kuba umupadiri kugira ngo bitazamubuza gushaka, kubera ko yari amaze kubona hanze hari abakobwa beza.