Abitabiriye imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (Agrishow) ryabaga ku nshuro ya 17, barasaba ko bajya bagira igikorwa kiribanziriza (Mini Agrishow) bajya bamurikiramo ibikorwa byabo mu rwego rwo gutegura imurikabikorwa nyirizina rya Agrishow.
Kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 ni umunsi w’amateka ku Rwanda n’Abanyarwanda kuko aribwo Perezida Paul Kagame arahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu.
Banki ya Kigali (BK) yahembwe nk’umwe mu bafatanyabikorwa beza b’imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi (Agrishow) ryari rimaze iminsi 10 ribera mu Karere ka Gasabo ku nshuro yaryo ya 17.
Mu gihe mu Rwanda harimo kwitegurwa amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, ateganyijwe kuba guhera tariki 16-17 Nzeri 2024, Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) yatangeje uburyo abagize uwo mutwe batorwamo n’ikigenderwaho.
BK Foundation n’Ibigo bitanu bifatanyije gushyira mu bikorwa umushinga ‘Igire’, basinyanye amasezerano azafasha urubyiruko rugera kuri 200 rwo mu bice bitandukanye by’Igihugu mu bikorwa bitandukanye bigamije kubafasha kwiyubaka no kwiteza imbere.
Abahinzi bo mu bice bitandukanye by’Igihugu baravuga ko biteze inyungu mu mushinga w’ubuhinzi wa gahunda ya Karibone (Carbon Program) uzabafasha guhinga barengera ibidukije binyuze mu kugabanya imyuka ihumanya ikirere.
Abaturage barishimira ko kwizihiza umunsi w’umuganura, kikaba igikorwa ngarukamwaka byabagaruriye Ubunyarwanda, kubera ko wari warirengagijwe imyaka myinshi bigatuma umuco usa nk’ugenda wibagiranwa.
Nubwo bivugwa ko urubyiruko arirwo mbaraga z’Igihugu kandi zubaka vuba, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko abarenga 46% ntacyo bazi ku itegurwa n’inshyirwa mu bikorwa ry’igenamigambi n’ingengo y’imari ya Leta.
Guhera mu mwaka wa 2018 mu Rwanda hatangiye gukorerwa ubushakashatsi ku ikoreshwa ry’ibihingwa bitandukanye bihinduriwe uturemangingo (Living Modified Organisms) mu rwego rwo guhangana n’indwara zibasira ibiribwa.
Banki ya Kigali (BK), imwe muri Banki zifite izina rikomeye mu Rwanda no muri Afurika, yatangije ubufatanye n’ikigo Veefin Solutions, kimenyerewe cyane mu gutanga ibisubizo bigendanye n’ikoranabuhanga by’umwihariko muri serivisi z’imari (Chain Finance (SCF) and Banking-as-a-Service (BaaS) solutions).
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) iratangaza ko ikibazo cy’imbuto nziza ku bihingwa bimwe na bimwe kitakiri ikibazo mu Rwanda kuko hatuburirwa izihagije ku buryo bashobora no gusagurira amasoko.
Rotary Club Kigali Seniors yiyemeje kugeza amazi meza ku baturage baturiye ikiyaga no kurwanya inda zitateguwe mu bangavu nk’imwe mu mishinga ikomeye bafite mu gihe cy’umwaka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida wa FIFA n’abakuru b’Ibihugu birimo u Burusiya, u Buhinde, Hungary, Mauritania na Singapore bamwifurije ishya n’ihirwe mu nshingano zo gukomeza kuyobora u Rwanda aherutse gutorerwa.
Urwego rwunganira Uturere mu gucunga umutekano (DASSO) rwungutse Abadasso bashya 349 bamaze igihe kirenga amezi atatu bahabwa amahugurwa mu kigo cy’amahugurwa cya Polisi cya Gishari kiri mu Karere ka Rwamagana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibyaha by’icuruzwa ry’abantu bigihari kandi hari Abanyarwanda batari bake babikorerwa kuko guhera mu 2019-2024 abagera 297 ari bo bakorewe icyo cyaha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) irahamagarira ababishoboye kandi babishaka gutanga kandidatire zabo kuko hateganyijwe amatora y’abagize inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali ateganyijwe tariki 16 Kanama 2024.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ko yiteze umusaruro ku cyiciro cya mbere cy’abanyeshuri barimo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubuforomo. Ni icyiciro kigizwe n’abanyeshuri 203 barimo ab’igitsina gore 89 hamwe n’ab’igitsina gabo 114 baturuka mu bigo by’amashuri birindwi byigisha porogaramu (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), yatangaje ko umusaruro w’ubuhinzi w’igihembwe cya 2024 A wiyongereyeho toni zigera hafi ku bihumbi 316.
Raporo y’Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda (NFPO) yemeje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite yabaye hagati ya tariki 14-16 Nyakanga yagenze neza.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora mu Rwanda (NEC), yasobanuye impamvu amashyaka ya Politiki arimo PDI na DGPR ashobora kuzagaragara mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Indorerezi Mpuzamahanga zari zitabiriye ibikorwa by’amatora ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite 53 mu Rwanda yabaye guhera tariki 15-16 Nyakanga 2024 ku bari imbere mu Gihugu zemeje ko yabaye mu mucyo.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) buratangaza ko bakiriye neza ibyavuye mu matora y’Abadepite 53 bazahagararira amashyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, kuko kuri bo ari nko gukabya inzozi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko kuwa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024, Abanyarwanda bazarara bamenye icyerekezo cy’ibyavuye mu matora, kubagaragariza aho kubarura bigeze ndetse n’uko amajwi azaba ahagaze ku bakandida Perezida.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) bwatangaje ko muri manda y’imyaka itanu iri imbere bazaharanira ko umushinga wa gari ya moshi ushyirwa mu bikorwa.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ibikorwa byo kwamamaza ndetse kwiyamamaza bijyanye n’amatora ku bakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu hamwe n’Abadepite bitagomba kurenza kuwa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024.
Komisiyo y’Igihugu y’amatora (NEC) yagaragarije indorerezi ibyo bakwiye kwitwararika mu gihe bazaba barimo kugenzura igikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite ateganyijwe guhera tariki 15 Nyakanga ku bari imbere mu gihugu.
Indorerezi z’amatora zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zatangiye gukurikirana ibikorwa by’amatora mu Rwanda, hagamijwe kugenzura niba azakorwa mu mucyo n’ubwisanzure nkuko bigenwa n’amategeko.
Mu Rwanda hatashywe uruganda rwa mbere runini rukora ibiryo by’amatungo, arimo Inkoko, Inka hamwe n’Ingurube, rufite ubushobozi bwo gutunganya toni zirenga 200 ku munsi.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko atari we wagombaga kujya kwiga amasomo ya gisirikare muri Amerika ahubwo yari agenewe Maj Gen Fred Gisa Rwigema, wari ubakuriye icyo gihe.
Abatuye mu Karere ka Gicumbi by’umwihariko abo mu Murenge wa Bwisige bibukijwe kuzatora Paul Kagame ku mwanya w’umukuru w’Igihugu nyuma bakazatora Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD).