Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko abatarwa Moto za Spiro zizwi nka Commando zikoresha umuriro w’amashanyarazi, bavuga ko bahangayikishijwe n’amafaranga bacibwa agenewe gufata bateri bakazihabwa zituze umuriro, ubundi bakabwirwa ko batishyuye.
Ikigo Gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyatangaje imwe mu mishinga gifite yo gukomeza gahunda yo kwegereza amazi meza abaturage, izatwara Amafaranga y’u Rwanda agera hafi Miliyari 300.
Binyuze mu bufatanye n’u Rwanda, igihugu cya Canada kigiye gushyiraho uburyo bworohereza Abanyarwanda bashaka impamyabumenyi mu byiciro byisumbuye bya Kaminuza.
Bamwe mu rubyiruko rukora ubuhinzi, bifuza ko bafashwa kongererwa ubumenyi n’ubushobozi kugira ngo bongere umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, kubera ko bukorwa mu buryo bwa cyera bw’abakurambere.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwamuritse ibikorwa byatwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 42 byakorewe abaturage batishoboye batuye mu bice bitandukanye by’ako Karere.
Madamu Jeannette Kagame, yibukije urubyiruko rw’Inkubito z’Icyeza, gushishoza, bakigira ku bandi, ariko iteka bakareba ibibafitiye umumaro, ndetse anabibutsa kwirinda inzoga kuko atari iz’abato.
Abarangiza amashuri makuru na kaminuza mu Rwanda baravuga ko bahangayikishijwe no gusabwa uburambe mu kazi, kandi ari bwo bakirangiza amashuri yabo, bikabaviramo kuba abashomeri kandi bafite ubushobozi.
Imibare yavuye mu bushakashatsi bw’Ikigo cy’Ibarurishamibare ku rwego rw’Isi (World Data Lab), igaragagaza ko urubyiruko mu Rwanda ruziyongeraho abarenga ibihumbi 800 hagati ya 2021 na 2030, bazaba bafite amahirwe yo gukora indi mirimo itari iy’ubuhinzi.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, avuga ko ubuhanga yakuranye mu ishuri bwamugize uwo ari we uyu munsi, kubera ko yakuze akunda kwiga, kandi akanuzuza amasomo ye.
Abakora n’abandi bafite aho bahuriye n’ubucuruzi bw’impu mu Rwanda, barataka igihombo batewe n’igabanuka ry’ibiciro byazo, ku buryo hari abo byaviriyemo kureka ubwo bucuruzi, bakaba basigaye bazirya.
Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyatashye umuyoboro w’amazi muremure wa mbere mu Rwanda, ureshya n’ibilometero birenga icyenda, ukagira umurambararo wa milimetero 900, ukaba waruzuye utwaye Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 23.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ifatanyije n’Imiryango idaharanira inyungu (Management Sciences for Health/Msh), iri mu rugendo rw’imyaka itanu rwo kuziba icyuho kiri mu rwego rw’ubuzima, cyane cyane mu kongerera ubushobozi abakozi bomuriurwo rwego, hagamijwe gufasha Abanyarwanda kurushaho kugira ubuzima buzira umuze.
Koperative Umurenge Sacco zigiye gufashwa gukorana n’abahinzi zibaha inguzanyo, mu rwego rwo kurushaho kubafasha kwiteza imbere, kuko ubusanzwe uburyo bakoranaga bwajyaga bugorana.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINECOM), ivugaa ko ari ngombwa ko abaguzi bamenya uburenganzira bwabo, kugira ngo babashe kuba bakwakira bakanasaba ibyo bifuza, kandi bakabibona mu buryo bifuza.
Bamwe mu banyeshuri biga mu bigo by’amashuri bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu, baravuga ko bahangayikishijwe no kutarya ngo bahage, kubera ubucye bw’amafunguro bahabwa ku ishuri.
Umushinjacyaha Mukuru ushinzwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Bufaransa, Jean-François Ricard, yatunguwe ndetse anababazwa n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari mu rwibutso rwa Murambi, mu Karere ka Nyamagabe.
Umushinjacyaha Mukuru ushinzwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Bufaransa, Jean-François Ricard, yijeje Abanyarwanda kwihutisha kuburanisha abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nubwo hari imyaka abana bafite ikibazo cy’imirire mibi bashobora kwitabwaho bakakivamo, ariko inzego zishinzwe ubuzima zigaragaza ko hari ubumuga cyangwa indwara abana bashobora kuvukana, bakabaho bagwingiye ubuziraherezo.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore wizihizwaga ku nshuro ya 49 tariki 08 Werurwe 2024, ntabwo Banki ya Kigali (BK) yasigaye inyuma, kubera ko ku mugoroba w’iyo tariki yifatanyije n’abakiriya bayo kuwizihiza.
Inama Nkuru idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yongeye gutora ku majwi 99.1%, Perezida Paul Kagame kuzayihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga 2024.
Ubuyobozi bw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), buratangaza ko abacuruzi benshi bo kuri uwo mugabane bataribona muri iryo soko, kuko amahitamo yabo ya mbere akiri gukura ibicuruzwa ahandi.
U Rwanda rwashyikirijwe inshingano zo kuyobora Ihuriro ry’Inzego zishinzwe imitunganyirize y’amasoko ya Leta muri Afurika (African Public Procurement Network- APPN), rusimbuye Côte d’Ivoire yari ku buyobozi.
Bamwe mu bahoze bakora akazi ko kuzunguza ibicuruzwa bitandukanye mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali, barishimira ko ubuyobozi bwabatekerejeho bukabashakira aho gukorera, kugira ngo bibafashe kwiteza imbere.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), igaragaza ko mu bigo bya Leta, iby’abikorera ndetse n’imiryango itari iya Leta, hakigaragaramo icyuho mu kwimakaza ihame ry’uburinganire, kuko hari intambwe itaragerwaho.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), bataganje ko umuntu uzajya amenyekanisha ko atahawe inyemezabuguzi ya EBM, azajya ahabwa ishimwe ringana na 50% by’ibihano biteganyijwe ku kutayitanga.
Abakora ubucuruzi bwo gukodesha amahema muri gahunda zitandukanye nko kwakira ibirori n’ibindi bijyanye nabyo mu Mujyi wa Kigali, barasaba ko bamenyeshwa amabwiriza bagenderaho bakava mu gihirahiro.
Banki ya Kigali yifatanyije n’umuryango mugari w’Abashinwa baba mu Rwanda mu gikorwa cyo kwizihiza umwaka mushya. Mbere y’uko abo mu Burengerazuba bw’Isi basakaza imico yabo n’ibyaho henshi ku Isi, ibihugu bimwe byagiraga uburyo bwabyo bibaho, aho mu mateka y’u Bushinwa ho bakurikizaga ingengabihe y’ukwezi (Lunar calendar) (...)
Abakorana n’ibigo by’imari biciriritse barishimira uburyo bw’ikoranabuhanga rigezweho mu kubafasha kubona serivisi byihuse, bikabarinda kumara umwanya munini ku murongo bategereje.
Nubwo hari Abarundi bari barahungiye mu Rwanda muri 2015 na nyuma yaho gato, bagenda bataha, ariko kandi hari n’abavuga ko igihe cyo gutaha kitaragera. Zimwe mu mpamvu Abarundi barenga ibihumbi 40 basigaye mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe, bashingiraho bavuga ko kuri bo igihe cyo gutaha kitaragera, ni (...)
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora, Umuryango FPR Inkotanyi ugiye gutangira igikorwa cyo guhitamo abazawuhagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yose ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2024.