Nubwo bigoye kwemeza ko umubare w’abana bagwingiye mu Rwanda ushobora kugabanuka ukagera kuri 19% muri 2024, nk’uko biri mu ntego za Guverinoma, ariko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), cyemeza ko bishoboka.
Ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali (BK), hatashywe icyumba cy’ababyeyi, hagamijwe kuborohereza kubona uko bashobora kwita ku bana babo, no kugira ngo barusheho gutanga umusaruro.
Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zigaragaza indwara y’igituntu nk’imwe mu ndwara zihangayikishije, kuko imibare y’abakirwara irimo kwiyongera cyane, ugereranyije n’imyaka yatambutse.
Inzego zitandukanye z’ubuzima zirahamagarira abantu kureka kwivuza mu buryo bwa gakondo, by’umwihariko indwara ya Gapfura (Angines) ndetse na Sinezite, kubera ko bishobora gutera indwara zitadukanye z’umutima.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri mituweli.
Abayobozi b’inama y’Ubutegetsi y’Ikigega cyo Gutera Inkunga Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA Adjustment Fund) yemeje igihe icyo kigega kigomba gutangira imirimo yacyo.
Ababyeyi bafite abana bavukanye uturenge tw’indosho (Clubfoot) barahamagarira ababafite kubavuza, kubera ko ari indwara ivurwa igakira, bikaba byabarinda ubumuga bwo kudashobora kugenda.
Abaturage bambukiranya imipaka by’umwihariko mu Turere twa Rubavu na Rusizi, bagiye kuzajya bafashwa mu bibazo by’amategeko bakunze guhura nabyo, mu gihe bambutse bagiye gushaka imibereho mu buryo butandukanye.
Kuba imiti myinshi n’inkingo bikoreshwa muri Afurika bituruka hanze yayo, ni ikibazo gihangayikishije, ku buryo abashakashatsi barimo gukora ibishoboka kugira ngo Afurika ishobore kwihaza mu bijyanye n’imiti n’inkingo.
Ubuyobozi bwa Inzozi Lotto bwatangaje ko bwashyiriyeho abakiriya babo by’umwihariko abakunzi b’umukino w’amahirwe uzwi nka Impamo Jackpot, amahirwe ya kabiri yo kubona miliyoni eshatu
Abafite inzu ahazwi nko kwa Dubai mu Mudugudu w’Urukumbuzi mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, barasaba gufashwa kuzisuburamo kubera ko kuba batazirimo birimo kubagiraho ingaruka n’imiryango yabo.
Mu Rwanda hateraniye inama yo ku rwego rw’Igihugu y’iminsi ibiri irimo kwigira hamwe uko ubwenge buhangano (Artificial Intelligence) bwakoreshwa bugatanga umusaruro butagize icyo buhungabanya.
Mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’iminsi itatu, ihuje abashakashatsi ku ndwara zitandukanye, bamaze kwandika inyandiko zitanga ibisubizo ku bibazo byinshi byugarije urwego rw’ubuzima, mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.
Mu rwego rwo kurushaho kwirinda impanuka no kugabanya umubare w’abahitanwa na zo, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje amasaha umunyonzi atagomba kurenza akiri mu muhanda.
Aborozi b’amatungo atandukanye baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro by’ibiryo byayo, kubera ko kuba bihenze bidatuma bashobora kubona umusaruro uhagije w’ibiyakomokaho.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko imiryango 2,809 ari yo isigaje kwimurwa mu manegeka mu Karere ka Gasabo, kubera ko hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.
Nubwo mu minsi ishize hagiye humvikana inkuru y’uko Umujyi wa Kigali wahagaritse bamwe mu bakora ubucuruzi bwo gukodesha amahema, ariko ubuyobozi bwawo busobanura ko butigeze buca amahema.
Ikigo cy’Ubwishingizi cya Eden Care Insurance, cyatangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga umukoresha ashobora kumenyamo amakuru yerekeranye n’ubuzima bw’umukozi, kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza no gutanga umusaruro.
Abatuye mu Karere ka Bugesera by’umwihariko Imboni z’ibidukikije, biyemeje kugira Akarere gacyeye kandi gatekanye, bakubahisha izina bahawe na Perezida Paul Kagame rya ‘Bugesera y’Ubudasa’, bashimangira ko ribakwiye.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), batangaje ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023, umusaruro mbumbe w’Igihugu wazumutse ukava kuri Miliyari 3,282 ugera kuri 3,970Frw.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera abana (NCDA), yatangije uburyo bushya bwo gukurikirana abana bakorewe ihohoterwa, ku buryo bwitezweho umusanzu mu gutanga ubutabera busesuye.
Urubyiruko rukora umwuga w’ubuhinzi rwashyiriweho amahirwe agamije gufasha abari muri urwo rwego kwiteza imbere, binyuze mu kubafasha muri gahunda zitandukanye zirimo guhabwa igishoro.
Ku wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023, Banki ya Kigali (BK) yafunguye ishami rya kabiri rya Private Banking, ikazajya iha serivisi abakiriya nk’uko Banki ya Kigali isanzwe ibikora.
Kuba mu mwaka wa 2035 umubare w’Abanyarwanda uzaba wariyongereye kugera kuri miliyoni 18, kandi buri wese ku mwaka akazaba ashobora kwinjiza byibura ibihumbi bine by’amadolari, kugira ngo bizashobore kugerwaho bisaba ko n’amashanyarazi yiyongera.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Minisitiri mushya w’Ibikorwa remezo, Dr. Jimmy Gasore, gushyira imbere inyungu z’Abanyarwanda kurusha ibindi byose, kubera ko ari zo nshingano z’ibanze.
Abagize ibihugu bigize isoko rusange ry’Ibihugu byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika (COMESA), bashobora gutangira gukoresha uruhushya rumwe rwo gutwara ibinyabiziga (Permis), aho bari hose muri ibyo bihugu.
Imibare y’Umujyi wa Kigali ku miturire igaragaza ko mu ngo 3,131 z’abagomba kwimurwa mu manegeka, izigera kuri 85% ari imiryango ikodesha, mu gihe ingo 15% ari ba nyiri inzu bagomba kwimurwa mbere y’ibihe by’imvura nyinshi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), ritangaza ko impamvu hakoreshwa urukingo rw’ibitonyanga aho gukoreshwa inshinge ku bana ari ukubera inzira indwara ziba zirimo gukingirwa zanduriramo.
Abarezi bo mu mashuri ya Tekiniki Imyuga n’Ubumenyingiro, baratangaza ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo ari uguhuza umubare w’abanyeshuri n’ibikoresho bafite, kubera ko bikiri bicye, bagasaba ko byakongerwa.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda TVET Board/RTB), ruravuga ko mu Mirenge 416 igize Uterere tw’Igihugu, 24 gusa ari yo itaragezwamo amashuri ya TVET, ariko na irizezwa ko umwaka utaha azaba yabonetse.