Abakobwa biga mu mashuri y’Imyuga Tekiniki n’Ubumenyingiro (TVET), by’umwihariko abiga ibijyanye no gutwara imashini zikora imihanda, barasaba kugirirwa icyizere mu kazi.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka biganjemo abagore barishimira ko bafashijwe kubukora mu buryo bunoza maze bigatuma barushaho gusobanukirwa neza no kubahiriza amategeko, bitandukanye n’uko babukoraga mbere.
Abayobozi ba Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, bahuye n’abakiriya b’iyo banki by’umwihariko abagore, batuye mu Karere ka Bugesera, mu rwego rwo kubashimira no gukomeza kwizihiza umunsi w’abagore wizihizwa muri uku kwezi kwa Werurwe.
Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA), kiratangaza ko nta muturage wubatse nta cyangombwa nyuma y’umwaka wa 2019, uzajya ahabwa ingurane igihe aho yubatse hanyujijwe ibikorwa by’inyungu rusange.
Riziki Uwimana w’imyaka isaga gato 30, ni umubyeyi w’abana babiri utuye mu Murenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, utarigeze amenya inkomoko ye kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), iratangaza ko u Rwanda rurimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo by’umutekano mucye n’amakimbirane, biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikemuke.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko hagiye gukorwa inyigo igaragaza imibare nyayo y’uko ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe gihagaze Mu Rwanda, kugira bashobore gufasha abafite ibyo bibazo.
Urubyiruko rutandukanye rutazi inkomoko kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rurasaba gufashwa gukemurirwa urusobe rw’ibibazo bahura na byo birimo gushakirwa aho kuba.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kuri uyu wa Mbere tariki 20 Werurwe 2023, kubufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO), batangije umushinga ugomba kureba ibijyanye n’ubuzirange n’uruhererekane rw’ibiribwa, by’umwihariko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 nibwo Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu cy’u Bwongereza, Suella Braverman, afatanyije na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo w’u Rwanda, Dr. Ernest Nsabimana, bashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa amacumbi y’abimukira bazaturuka mu Bwongereza.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwafashishije imiryango y’abatishoboye yo mu mirenge itandukanye ibikorwa remezo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 45, muri gahunda bise ‘Urubyiruko Turashima’.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko nta serivisi n’imwe mu Gihugu harimo na mituweli izongera gutangwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe. Ubufasha abaturage bari basanzwe bahabwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe ngo bugiye kuvaho, ahubwo umuntu ni we ugomba kumenya uko abayeho iwe mu rugo akagerageza mu (…)
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), gitangaza ko imibare y’Abanyarwanda basakaza amabati mu gihugu yiyongere kurusha abakoresha amategura, bikaba bifite igisobanuro cy’uko n’ubushobozi bwiyongereye.
Abatuye mu turere twa Bugesera, Kayonza, Ngororero na Rusizi, bavuga ko amazi meza bayabona bibagoye, hakaba n’igihe bayabuze nk’igihe cy’izuba kubera ko aba yabaye macye kandi bahahuriye ari benshi, ari naho bahera basaba ko inzego zibishinzwe zakora ibishoboka bakabona amazi meza mu ngo zabo.
Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Werurwe 2023, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’imashini n’ibindi bikoresho bizifashishwa mu ruganda rw’inkingo n’imiti, ruzatangira gukora mu mpera z’uyu mwaka.
Abakora ubuhinzi batandukanye baravuga ko biteguye kongera umusaruro kubera umushinga ugiye gufasha abahinzi bagera ku bihumbi 500, bari hirya no hino mu Gihugu.
Kuri uyu wa gatanu tariki 10 Werurwe 2023 nibwo i Kigali hasinyiwe amasezerano ya nyuma yemeza icyicaro cy’ikigega cy’isoko rusange rya Afurika mu Rwanda (AfCFTA).
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023, yakiriye mu biro bye umuyobozi Mukuru w’umuryango GiveDirectly Rory Stewart.
Abanyarwanda bacana umuriro w’amashanyarazi bikubye inshuro zirenga 12 mu myaka 20 ishize, nk’uko bikubiye mu cyegeranyo cy’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera za 2022.
N’ubwo mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu wa Afurika yo hagati (ECCAS), umaze igihe ushinzwe, ngo usanga bakiri inyuma mu byerekeye ubutwererana hagati y’ibihugu biwugize.
Nubwo Laboratwari y’Igihugu y’ibimenyetso bya gihanga (Rwanda Forensic Laboratory - RFL) itaramara igihe kinini, ariko imaze kugera kuri byinshi kandi byo kwishimira. Iki ni kimwe mu byatumye u Rwanda rwemezwa nk’igihugu kigomba kubakwamo icyicaro gikuru cy’Ihuriro rya Afurika ku bimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (…)
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera imurikagurisha mpuzamahanga rigamije kuganira ndetse no kungurana ubumenyi mu mikoranire hagati y’abacuruzi.
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw cyatanze amahugurwa y’icyumweru ya DNS (Domain Name system), ku bakozi bashinzwe ikoranabuhanga ba Leta, amabanki n’ibigo by’abikorera kugira ngo birusheho kubafasha mu kazi kabo.
Nyuma y’ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera z’umwaka wa 2022, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umubare w’abatunze terefone mu Rwanda wikubye inshuro zigera kuri 40 mu gihe cy’imyaka 20.
Banki ya Kigali (BK) yatanze impano ya moto 20 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 50 ku bagore batwara moto bari mu ishyirahamwe. Ni umuhango wabereye mu Mujyi wa Kigali imbere y’icyicaro gikuru cya BK ahazwi nka Car Free Zone, kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, hagamijwe guteza imbere umuryango (…)
Abarangiza amashuri makuru na Kaminuza bifuza ko bagira amasomo bajya biga guhera bagitangira kaminuza, akaba ariyo asimbura uburambe basabwa mu kazi igihe barangije kwiga.
Abahanzi b’Abanyarwanda n’Abarundi ariko bafite umwihariko wo gukora injyana za gakondo, bavuga ko bakunze guhura n’imbogamizi ahanini ziterwa n’urubyiruko rutazi neza amateka y’ibihugu byabo, bakaba barimo bashakisha uko barufasha kuyamenya bifashishije ibitaramo.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), urishimira amahirwe angana n’ay’abandi bahawe mu bijyanye n’uburezi, kubera ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bahezwaga mu mashuri.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), yatangaje ko mubazi kuri moto zizongera gukoreshwa mu gihe kitarenze ukwezi kumwe mu Mujyi wa Kigali, kuko ibibazo byari birimo bigenda birangira.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, nibwo hashimiwe uturere twahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021/2022, aho Akarere ka Nyagatare kaje ku isonga.