Umujyi wa Kigali watangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022, abantu batangira gukingirwa Covid-19 hifashishijwe ubundi buryo bushya bwo gukoresha imodoka izenguruka mu bice bitandukanye by’Umujyi (Mobile Clinic).
Perezida Paul Kagame aravuga ko icyorezo cya Covid-19 cyahaye isomo rikomeye umugabane wa Afurika, isomo ryo kwishakamo ibisubizo mu iterambere ry’ahazaza. Ni ibyo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Gashyantare 2022 mu nama ya 39 yari ayoboye y’urwego rw’umuryango wa Afurika yunze (...)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye umwambaro uzajya wambarwa n’abakozi barwo mu rwego rwo kunoza imikorere n’imitangire ya serivisi, kugira ngo ababagana babashe gutandukanya abagenzacyaha n’abandi bantu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwahigiye kurandura ubukene no kurengera umwana kugira ngo abatuye ako karere barusheho kwiteza imbere.
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo ya 101 n’iya 116, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yashyizeho abayobozi ku buryo bukurikira:
Nyuma y’imyaka hafi itatu umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunze, wongeye gufungurwa kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, abaturage ku mpande zombi bakaba bishimiye cyane icyo gikorwa.
Abatuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, barishimira ko kuri uyu wa 29 Mutarama 2022, Banki ya Kigali (BK) yishyuriye mituweli abaturage batishoboye 6,700.
Ubwo hasozwaga ihuriro rya 11 ry’abagaba b’Ingabo za Afurika zirwanira mu kirere (AACS), kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, batangaje ko ribasigiye ubumenyi bwari bukenewe.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr. Tharcisse Mpunga, aravuga ko gukingirwa Covid-19 byuzuye bigenda bihinduka bitewe n’igihe abantu bagezemo.
Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kiratangaza ko mu minsi ya vuba, hari zimwe muri serivisi z’ubutaka zatangwaga n’icyo kigo, zizajya zitangwa n’abikorera mu rwego rwo kurushaho kunoza no kugeza serivisi ikwiye ku babagana.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, aratangaza ko nta hantu na hamwe mu Rwanda haba umugambi wo gukingira umuntu ku gahato ahubwo ngo uwakingiwe ni we ushobora kugira ukundi abisobanura.
Hari abaturage bo mu bice bitandukanye by’Igihugu bavuga ko bagisiragizwa igihe bakeneye serivisi mu nzengo z’ibanze. Abo baturage bavuga ko atari kenshi umuntu akenera serivisi ku kagari, ku Murenge cyangwa ku karere ngo ayibonere igihe kuko bimusaba gutegereza umwanya, hakaba n’igihe ataha atayibonye bikamusaba (...)
Ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida azamura mu ntera abofisiye bakuru ndetse n’abapolisi bato bose hamwe 4592.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje ko Prof. Claude Mambo Muvunyi, ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ari kumwe na Minisitiri w’umutekano, Alfred Gasana, yakiriye mu biro bye mugenzi we wa Somalia, Abdisaid Muse Ali, uri i Kigali mu ruzinduko rw’akazi.
Perezida Paul Kagame yasobanuye ko ubushobozi buke mu bijyanye n’indege butuma ingabo za Afurika zirwanira mu kirere zidatabara mu buryo bwihuse ahagaragaye ibibazo by’umutekano.
Abatwara ndetse na ba nyirimodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ntibemeranya na Polisi ku mafaranga irimo kubishyuza arimo n’ayo mu myaka umunani ishize.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mutarama 2022, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ku bufatanye n’inzego z’ibanze, rwatangiye ibikorwa byo kugenzura abacuruzi batubahiriza ibiciro bya Gaz byashyizweho mu Mujyi wa Kigali.
Ishyirahamwe ry’amavuriro yigenga mu Rwanda (RPMFA), riratangaza ko guhera tariki 25 Mutarama 2022, abanyamuryango bafite ubwishingizi bwa Radiant, Sanlam na Britam, batazongera kwakirwa mu mavuriro yigenga bitewe n’umwenda ibi bigo bitarishyura.
Perezida waRepubulika, Paul Kagame, yifurije isabukuru nziza y’amavuko Dr. Salim Ahmed Salim wigeze kuba Minisitiri w’intebe w’igihugu cya Tanzania, wujuje imyaka 80.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko bwatangiye gahunda yo kwifashisha ubugeni mu guhindura agace kazwi nka Biryogo, by’umwihariko mu gace kagizwe Cari Free Zone.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abawutuye n’abawugenda by’umwihariko abakoresha umuhanda Rwandex-Kimihurura (KK 1 Ave), ko ukomeza gufunga mu gihe cy’ibyumweru bibiri biri imbere.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rukora mu Kagari ka Gatamba mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, barasaba guhindurirwa umuyoboro w’amazi kuko uhari udafite imbaraga zihagije kandi ukunda kwangirika bakamara iminsi barayabuze.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruratangaza ko mu minsi ya vuba imwe mu mihanda mishya mu Mujyi wa Kigali itangira gukorerwamo n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Abantu batatu bo mu Mujyi wa Kigali bakurikiranyweho kwiyita ko ari abakozi ba Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), bakiba insinga z’amashanyarazi hamwe n’izihuza camera zo ku muhanda.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), irasaba Abanyarwanda kumva ko kuba basabwa kwerekana ko bikingije mbere yo guhabwa serivisi bakeneye atari ukubahohotera, ahubwo ari ukugira ngo babarinde.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, u Rwanda rwakiriye imiti iri mu bwoko bw’ibinini igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA yo mu bwoko bwa Tenofovir/ Lamivudine/Dolutegravir (TLD-B/90), iri mu macupa arenga ibihumbi 300.
Sosiyete nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir yongeye gusubukura ingendo zijya i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nyuma y’igihe kirenga ibyumweru bitatu zihagaritswe.
Ubuyobozi bufatanyije n’abatuye mu Karere ka Bugesera, bahagurukiye guhangana n’abangiza ibidukikije mu rwego rwo kurengera amashyamba ndetse n’ibindi bidukikije muri rusange.
Umujyi wa Kigali ni umwe mu Mijyi 15 yo hirya no hino ku isi yatsindiye igihembo cya Miliyoni y’Amadolari ya Amerika, mu irushanwa rya Mayors Challenge, ryitabiriwe n’imijyi 631 yo mu bihugu 99 byo hirya no hino ku isi.