Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wa radiyo y’Abafaransa (RFI), wamubajije ibijyanye na demokarasi, ko Abanyafurika badakeneye kuyoborwa n’andi mahanga.
Impuguke mpuzamahanga zaje ’kwita izina’ abana b’ingagi, zisaba ibihugu guca ubukene n’inzara mu baturage, kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rudakomeza gukendera.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative COCOMANYA yahoze icururiza mu Isoko rya Nyabugogo barasaba gusubizwa amafaranga batanze yo kuryubaka.
Umuryango Imbuto Foundation wasabye urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge, kuba maso kubera SIDA n’inda z’imburagihe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Lesotho, Lt Gen Kennedy Tlali Kamoli, yavuze ko yaje gushaka imikoranire n’ingabo z’u Rwanda, ishingiye ku mahugurwa.
U Rwanda rwafunguye ambasade muri Congo Brazzaville izanakurikirana iterambere ry’u Rwanda mu muryango w’Afurika yo hagati (CEEAC).
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko igifite gahunda yo gufasha ubukungu bw’igihugu kuzamuka ku rugero rwa 11.5% muri 2020.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangarije abacuruzi b’ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, uburyo bw’ikoranabuhanga bwihutisha iyoherezwa n’itumizwa ry’ibintu mu mahanga.
Ikigo Mpuzamahanga cy’Umutungo mu by’Ubwenge (WIPO) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, byahanze udushya.
Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye gutangaza ko yorohereje abantu kubona amakarita ya Mituweri, ndetse no kwivuza badategereje ukwezi nyuma yo kwishyura umusanzu.
Leta yavanye muri Polisi y’igihugu Ishami ry’ubugenzacyaha (CID) n’Ishuri rya Polisi ibigira ibigo byigenga, n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruhindurirwa Minisiteri iruyobora.
Abaturage baganiriye na Kigali Today baravuga ko hari abatangiye kubura serivisi z’ubuvuzi, bitewe n’uko kubona ikarita y’ubwisungane ya mituweri bigoye.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye gushora ari hagati ya miliyari 3Frw- 5Frw, iyakuye mu migabane yagurishijwe na sosiyete Rabobank.
Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD), Dr. Livingstone Byamungu, yagaragarije inama ya AFRACA iteraniye i Kigali, uburyo bwakorohereza abahinzi kubona igishoro.
Umwe mu bayobora banki muri Sierra Leone witabiriye inama ya afracra, Hannah Musu Jusu, avuga ko ubuhinzi muri Afurika budashobora gutera imbere mu gihe bugikorwa n’abasaza badafite imbaraga.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo Nyafurika kigenzura amafaranga abanegihugu bari mu mahanga bohereza iwabo (AIR), Amadou Cissé, yatangarije inama ya AFRACA iteraniye i Kigali ko hari indi soko y’igishoro cyateza imbere ubuhinzi.
Umushakashatsi w’Umunyakenya, Henry Oketch yagaragaje ko u Rwanda rwarushije ibindi bihugu by’Afurika y’uburasirazuba kwegereza igishoro abahinzi, kubera ibigo by’imari biciriritse byashyizwe mu byaro.
Umushakashatsi w’umunya-Burkina Faso, Rasmane Ouederago, yatangarije inama y’impuguke mu buhinzi y’AFRACA ko n’iwabo muri Afurika y’uburengerazuba hari abamamyi b’imyaka.
Umuyobozi wungirije w’ikigo NABCONS gikora ubushakashatsi mu buhinzi mu Buhinde, Malkit Singh, aravuga ko inguzanyo no korohereza abahinzi n’ibigo bijyanye n’ubuhinzi, bituma igihugu kitabura ibiribwa.
Umuyobozi w’Ikigega cy’ingwate BDF hamwe n’uw’Ikigo giteza imbere imari (AFR), baremeza ko banki zikeneye guhabwa icyizere na za Leta kugira ngo zishyigikire ubuhinzi.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko u Rwanda ruzakuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro bitarenze mu myaka itanu iri imbere.
Banki ishinzwe amajyambere (BRD) yiteguye gushora miliyari 80Frw iyaha abahinzi, nyuma yo kumva ubunararibonye bw’ibihugu bitandukanye.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yasabye abitabiriye inama y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi muri Afurika (AFRACA), gushaka ingamba zatuma abahinzi binjiza menshi.
Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr. Monique Nsanzabaganwa, atangarije inama ya AFRACA ibera i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2016, ko u Rwanda rufite imibare ishimishije y’abashobora kugera kuri serivisi z’imari, ariko ngo hasigaye kuzibyaza umusaruro.
Abitabiriye inama yateraniye i Kigali yiga ku ishoramari mu bigo by’imari biciriritse, bari kuganira aho ishoramari mu buhinzi rishobora guturuka kugira ngo rifashe Afurika mu gutera imbere.
Abashumba b’Amatorero ya gikrisitu, Bishop Albert Rugamba wa Bethesda na Masengo Fidele wa Four Square, baraburira abantu batari mu gakiza.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rutangaza ko bitakiri ngombwa gutumiza indi sima hanze, mu gihe Leta yaba ishaka kungukira ku bikorerwa mu gihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Ministiri w’Inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba yijeje abitabira imurikagurisha mpuzamahanga(Expo), ko Leta izababonera aho gukorera hagutse kandi hujuje ibisabwa.