Ambasade ya Afurika y’Epfo mu Rwanda yizihije isabukuru y’imyaka 22 icyo gihugu kimaze kivuye mu ivangura ryiswe Apartheid.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo barasaba Leta kujya yubahiriza amasezerano ikabishyura mu gihe na yo yaba itubahirije ibikubiye muri ayo masezerano.
Abayobozi b’Urugaga rw’Ababaruramari ku Isi, IFAC, barimo gufatanya n’Ikigo Nyarwanda giteza imbere Ababaruramari(iCPAR) mu ishyirwaho ry’ingamba nshya zo kongera ababaruramari mu Rwanda.
Ikigo Advanced Technology Company (ATC) cyatangaje ikoranabuhanga rya GPS rigenzura aho ikinyabiziga giherereye n’aho cyagenze, ku buryo nyiracyo yagihagarika batari kumwe.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasobanuye akamaro ko gushyiraho abagishwanama (mentors) b’abakobwa barokotse Jenoside, akemeza ko hamaze gutanga umusaruro.
Urwego rushinzwe kwigenzura kw’Itangazamakuru (RMC) na Polisi y’Igihugu, baravuga ko amahugurwa yahuje izo mpamde zombi azafasha kunoza imikoranire.
Umushinjacyaha w’Urwego (MICT) rushinzwe imanza zasizwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Arusha, Serge Bremmertz, yijeje gufatanya n’u Rwanda kurangiza ibibazo bya Jenoside.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kinyinya muri Gasabo, rugorobereza hafi y’amazu y’abantu afite internet, rusaba gushyirirwaho iy’ubuntu mu duce batuyemo kubera ubukene.
Nyuma y’ubushakashatsi bwa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG) buvuga ko abafite ingengabitekerezo ya Jenoside batakiri benshi, hanze y’igihugu ho ngo yahindutse "ikigugu".
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bifashijwe na Ministeri y’Ingabo hamwe n’iy’Ubuzima, byiteguye impuguke mpuzamahanga mu by’ubuzima kubera ikibazo cya Malaria.
Bamwe mu banyeshuri barangije ibiruhuko, bavuze ko baraye mu nzira kubera kubura imodoka zibageza ku bigo bigaho.
Umuvunyi Mukuru wa Kenya, akaba n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Abavunyi muri Afurika, Dr Otiende Amollo yaje mu Rwanda kureba ibijyanye n’itangwa ry’amakuru.
Inzego zitandukanye ziyobowe na Ministeri y’Ubutabera, MINIJUST, ziyemeje ko icyunamo cy’umwaka utaha kizagera zashyize iherezo ku kibazo cy’imanza za Gacaca zitarangijwe.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi na Ambasaderi mushya w’Ubuholandi mu Rwanda, Frédérique de Man, biyemeje kuzana abashoramari b’Abaholandi gufasha amakoperative.
Abanyapolitiki bitabiriye gusoreza icyunamo ku Rwibutso i Rebero mu Mujyi wa Kigali, barakebura bagenzi babo ndetse basaba abaturage kuba maso.
Umuryango urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, ukomeje kwamagana uwari Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Alain Jupé n’abo bafatanije gupfobya jenoside.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje ko umutekano w’Abanyarwanda urinzwe bihagije, ku buryo ngo uwagerageza kuwuhungabanya atamenya “ikimukubise”.
Ingabo z’u Rwanda n’abasivili bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani na Sudani y’Amajyepfo, bibutse ku nshuro ya 22 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi biyemeje gukorana n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kurwanya ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Itsinda ry’abanyeshuri, abarimu n’abayobozi bagize Kaminuza ya Gisirikare ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, rimaze iminsi risura u Rwanda.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), rutangaza ko ruzagira uruhare rugaragara mu bikorwa ngarukamwaka byo kwita izina abana b’ingagi.
Ubuyobozi bw’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (NCCR) butegereje raporo igaragaza umubare w’amakoperative ya baringa mu Rwanda, igomba gutangwa n’Ikigo gishinzwe amakoperative (RCA).
Ishuri ry’umuziki ry’Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro mu Rwanda (WDA), ryatangiye imikoranire n’Ishuri ryigisha umuziki muri Canada, bashaka kugira umuziki mpuzamahanga.
Ubushakashatsi bw’ikinyamakuru the Economist bugaragaza ko Abanyafurika bafite ubudahangarwa ku ndwara kurusha Abanyaburayi n’Amerika, bitewe no kwitabira inkingo.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko Ministiri w’Uburinganire n’Abakuru b’Ingabo barahiye kuri uyu wa 29 Werurwe 2016, bazafasha mu gushaka umutekano w’Abanyarwanda n’akarere muri rusange.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa wamamaye cyane mu kwimakaza umuco nyarwanda abinyujije mu ndirimbo, yongeye gutaramira abakunzi be mu gitaramo yakoreye i Kigali, kuri uyu wa 27 Werurwe 2016.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.