Umujyi wa Kigali watangiye guhana abazunguzayi(ababunza ibicuruzwa ku mihanda) ndetse n’umuntu wese ufashwe abigura.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanyomoje abavuga ko u Rwanda nta mutungo kamere rufite avuga ko uhari kandi ko guhera muri 2017 uzabyazwa umusaruro by’umwihariko.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanije na Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye igikorwa cyo gutanga amaraso kuko ngo abarwayi bayakeneye kwa muganga ari benshi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), yabonye umufatanyabikorwa ufite ikoranabuhanga rihuza abahinzi n’izindi serivisi zibaha amakuru atandukanye, harimo n’atangwa n’ikigo NASA cy’Abanyamerika.
Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2016, abakobwa bongeye kwigaranzura basaza babo, yaba mu bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Umurenge wa Remera wegukanye imodoka itangwa n’Umujyi wa Kigali ufatanije na Polisi y’Igihugu, nyuma yo kurusha isuku n’umutekano indi mirenge.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangaza ko ba rwiyemezamirimo bagurisha amazi batazakurikiza ibiciro bishya by’amazi bazabihanirwa.
Ubuyobozi bukuru bwa Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) iramenyesha abafatabuguzi bayo ko kugura amashanyarazi byongeye gukora nkuko byari bisanzwe.
Mu mukwabu ngarukamwaka wiswe “Fagia” Polisi y’u Rwanda ifatanije na Polisi mpuzamahanga (Interpol) yafashe ibiciruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni 140.6RWf.
Polisi y’Igihugu yongeye gushimangira ko gutwara ikinyabiziga umuntu atubahiriza amabwiriza n’ibyapa biri mu mihanda, bifatwa nk’ubugizi bwa nabi.
Polisi y’Igihugu itangaza ko itazigera ijenjekera abitwara nabi bahungabanya umutekano muri iki gihe cyo gusoza umwaka no gutangira undi mushya.
Abatuye mu kagari ka Mumena, i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge, baravuga ko bibasiwe n’abajura bitwaza intwaro za gakondo.
Umuryango washinzwe n’abaganga bo mu Rwanda (HPR) utangaza ko abantu benshi bahitanwa n’impanka kubera kudakorerwa ubutabazi bw’ibanze mbere yo kugezwa kwa muganga.
Abaturage batandukanye batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli batari buwizihize uko babyifuza kuko usanze bari mu bukene.
U Rwanda na Congo Brazzaville byashyize umukono ku masezerano yemerera ibigo by’ubwiteganyirize bw’abakozi muri buri gihugu, kohererezanya amafaranga y’ubwiteganyirize bw’izabukuru.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gitangaza ko hari abacuruzi 770 cyishyuza imisoro ku nyongeragaciro (TVA), bakazayishyura baciwe n’amande.
Amahoteli yo mu Rwanda yiyemeje kujya agura ibirirwa byahinzwe n’Abanyarwanda aho kubitumiza hanze nkuko byari bisanzwe.
Itorero "Vivante" riravuga ko Imana yonyine ngo ari yo ikora ahatuma umuntu ashobora kureka ibyaha birimo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Perezida Kagame yavuze ko yibaza impamvu Papa Francis adasabira imbabazi intama ze zagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, nk’uko yazisabiye ku mugaragaro abapadiri bagiye bafata abana ku ngufu mu bindi bihugu.
Umuturage witwa Nyiramahoro Theopista wari witabiriye inama ya 14 y’Umushyikirano, yijeje Perezida Kagame kuzatora neza mu mwaka wa 2017, abandi barabyemeza.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi arakangurira abikorera gukorera hamwe bagafasha u Rwanda kugabanya ibyo rutumiza hanze kuko bituma rusesagura amafaranga.
Perezida Kagame yatangaje ko imyaka 22 u Rwanda rumaze rwibohoye igaragaza ko ruhagaze neza, ku buryo indi myaka 20 iri imbere igihugu kizayinjiramo kitajegajega.
Minisiteri y’Ubucuruzi y’Inganda n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) itangaza ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rizaba ari nka anketi yo kureba uko byarushaho kongererwa agaciro.
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo rwashoje imikino rwakinagamo umukino witwa Football3 ugamije gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga muri 2015-2016 Leta yahombye miliyoni 99RWf kubera gutsindwa imanza zirimo izo kwirukana abakozi bitubihirije amategeko.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF) ihamya ko umwana utagira iwabo agomba kurerwa n’umuryango mugari cyangwa inshuti z’umuryango.
Umujyi wa Kigali n’abakorana nawo mu bijyanye n’imyubakire barashaka ingamba zatuma abaka impushya zo kubaka bazihabwa bidatinze.
Minisiteri y’ubuzima irahamagarira abanyarwanda bataripimisha SIDA, kwipimisha bakamenyua uko bahagaze, kuko byagaragaye ko abagore 24%, n’abagabo 16% bataripimisha.
Ikigo cy’Igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyatumye bamwe mu bakobwa biga ubumenyingiro, kujya gukangurira bagenzi babo kwiga gukora imirimo y’ingufu.
Ibihugu bya Afurika bigiye gukurikiza umwimerere w’u Rwanda mu gushyiraho ibigo byita ku bagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ‘Isange One Stop Centers’.