Ikigo cy’ubwishingizi cy’ibihugu by’Afurika birimo u Rwanda, ATI, kiraburira abikorera kuba maso, bakitabira kukiguramo ubwishingizi bwanabahesha igishoro.
Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko Abanyarwanda barenga 21% bafite umubyibuho ukabije, kandi abenshi ngo ntibazi ko byabaviramo ingaruka zirimo impfu.
Itorero Methodiste Libre rivuga ko ryicuza kuba hari abarigize biciye ababahungiyeho mu nsengero zaryo, ubwo Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame yijeje urubyiruko ruhagarariye abandi mu nzego z’ibanze kubana na rwo, nibahitamo gukora ibibahenda kandi bagaharanira amahoro.
Ministiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe witabiriye ibiganiro bihuje abapolisi bakuru b’ibihugu 10 by’Afurika, yabamenyesheje ko bahanganye n’abakomeye barwanya ubusugire bw’Afurika.
Abashinzwe ubumenyi bw’ikirere bavugaga ubushize ko inyanja ngari zashyushye ku buryo byateza imyuzure; none ubu ngo zishobora gukonja bigateza amapfa.
Umuryango MasterCard Foundation, wahaye Kaminuza ya Carnegie Mellon-Rwanda, inkunga ya miliyari 7,8Frw, azafasha abanyeshuri batishoboye kwiga ikoranabuhanga.
Umuryango Dukundane Family w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahujwe no kwiga muri College Saint André(Kigali), urasaba amazina y’abajugunywe mu mazi.
Umuryango mpuzamahanga Mastercard Foundation mu nama y’ubuyobozi wakoreye mu Rwanda, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Nkosazana Dlamini Zuma yasuzumye aho u Rwanda rugeze rwitegura inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Ikigo gifasha abahinzi muri Afurika, Karayibe na Pasifika (CTA) cyitabiriye inama ya FARA, kiravuga ko utudege tutagira abapirote ‘drones’ twateza imbere ubuhinzi.
Ministiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, yamenyesheje Ihuriro Nyafurika ry’Abashakashatsi mu buhinzi FARA, ko ryitezweho gutanga ubunararibonye bwunganira ibyo u Rwanda rwagezeho.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi watangije Inama y’Ihuriro nyafurika y’ubushakashatsi ku buhinzi FARA, yasabye gushakisha uburyo haboneka ibirkbwa bihagije Afurika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abanyeshuri bava mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bakaba bagiye kwiga muri Amerika, kuzirikana iwabo bakahateza imbere.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore mu karere k’ibiyaga bigari(COCAFEM) ishami ry’u Rwanda, irasaba ibihugu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano arwanya ihohoterwa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yasabye abashora ibicuruzwa by’u Rwanda mu mahanga kuvuga ikibazo bafite, nyuma y’uko umusaruro batanga ugenda ugabanuka.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Didier Reynders yavuze ko yifuza ubufatanye n’u Rwanda mu kongera ishoramari n’ibiganiro by’amahoro mu karere.
Abadepite bagaragaje amakenga batewe no guhanika umusoro ku myenda ya caguwa n’isukari iva hanze y’akarere, mu gihe nta kibanje gukorwa.
Ikigo gihagarariye icuruzwa rya murandasi(internet) yihuta cyane 4G LTE, cyatangaje ko ibiciro by’ifatabuguzi ry’iyi internet byongeye kugabanuka, ndetse ko cyanogeje serivisi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rwiteze ubufatanye n’ubuhahirane bw’Abanyafurika, bazateranira i Kigali mu kwezi gutaha.
Urubyiruko rw’imwe mu miryango yigenga mu karere k’ibiyaga bigari, rwemeza ko amarushanwa y’ibiganiro aruhuza buri mwaka, ngo arufasha kubaka amahoro.
Ministiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, wari witabiriye igitaramo cy’Itorero nserukiramuco ry’Igihugu Urukerereza, yavuze ko Abanyarwanda badataramye bakwiyibagirwa.
U Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije rwamagana imyuka ihumanya ikirere, ndetse rwishimira ko itemwa ry’amashyamba no kwangiza umutungo w’amazi byagabanutse.
Umukuru w’Ingabo za Repubulika ya Czech, Gen. Josef Becvar yaje kuganira na bagenzi be b’u Rwanda uko bakongera umubano ushingiye ku mahugurwa.
U Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ikigo gishinzwe ikoranabuhanga cya Korea y’Epfo (NIA), agamije ubufatanye no gushingira ku bunararibonye bw’icyo gihugu.
Uruganda Inyange Industries rwahize izindi zo mu Rwanda mu gukora amavuta y’inka (Butter) naho urwa Gishwati Farms rushimirwa gukora neza umutsima uva mu mata (Fromage/Cheese), mu imurikabikorwa ryaberaga i Kigali.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (Centrafrique), zagaragaye zirinze umutekano w’abakuru b’ibihugu bya Santarafurika n’Ubufaransa.
Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) riteraniye i Kigali, riraganira kuri ejo hazaza ha Afurika rishingiye ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet bagiriye Abanyafurika inama yo gushingira impinduka ku mgamba bihaye ubwabo mu gushaka iterambere.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yashimiye abagore n’abakobwa bahatanira igihembo gihabwa Miss Geek, asaba benshi kubyaza ibisubizo ikoranabuhanga.