Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi mu mujyi wa Kigali rwatangaje ko Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batazabura ababasimbura ruhari.
Ihuriro ry’amatorero ya Gikirisitu ritanga imiti mu Rwanda (BUFMAR) rivuga ko gufashanya ari bwo buryo bwiza bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abapolisi bakuru ba bimwe mu bihugu by’Afurika baganirijwe ku micungire y’umutekano n’imiyoborere, kugira ngo ibihugu byabo bigere ku iterambere rirambye.
Abayobora inzego z’ibanze bamwe bafata ruswa, kuko ngo bibananira kwihanganira inshingano ziremereye zo kuba bakenerwa n’inzego nkuru z’igihugu hafi ya zose.
Swanee Hunt wo muri Amerika (USA) atangaza ko igitabo yanditse ku Banyarwandakazi yise “Rwandan Women Rising” kizaha isomo amahanga.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) itangaza ko Abanyarwanda bakeneye inyungu zirushijeho zo kwishyira hamwe kw’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC).
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi(MIDIMAR) hamwe na Polisi y’Igihugu, baburiye abaturage gukumira inkongi z’imiriro hakiri kare.
Inama ya biro Politiki y’Ishyaka PSD yanzuye ko Paul Kagame ari we mukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba ku itariki 04 Kanama 2017.
Depite Bamporiki Edward wanditse Igitabo “Mitingi Jenosideri” akangurira abakomoka ku babyeyi bakoze jenoside kwandika ibimeze nk’Isezerano rya Kera n’Isezerano rishya bigize Bibiliya.
Igiraneza Jean Claude, umukozi w’Ingoro ndangamurage y’amateka kamere izwi nko kwa Richard Kandt ahamya ko yize gutafa inzoka nzima ntigire icyo imutwara.
Minisiteri y’Ubucuruzi , Inganda n’Uumuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) yasobanuriye abanyamahanga ko guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bitavuze gukumira ibiva hanze.
Umujyi wa Kigali urizeza abari basanzwe bakoresha imihanda iri kwagurwa muri uwo mujyi ko bitarenze Nyakanga 2017 izaba yuzuye yongeye gukoreshwa.
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), ndetse n’Ishuri rikuru IPRC-Kigali, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro kurangiza berekana ibyo bavumbuye aho kwerekana ibitabo.
Muri batatu biyamamariza guhagararira abafite ubumuga mu Nteko y’Umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EALA), harashakwamo uwabagereza ibibazo mu nzego mpuzamahanga.
Urukiko rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Maj Dr Aimable Rugomwa wenyine, kuko rwasanze mukuru we Nsanzimfura Memelto afite uburwayi bwo mu mutwe.
Gen Romeo Dallaire yasabye ingabo zo mu karere u Rwanda ruherereyemo gushaka uburyo bushya bwo gukumira intambara n’ubwicanyi bitaraba.
Urubanza rwa Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka rwongeye gusubikwa kugeza mu gihe kitazwi kuko Leta itaramusubiza niba izamwishyurira umwunganizi.
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Ikigo gishinzwe Iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko amakuru gitanga ku iteganyagihe, kiyagenzura kigasanga cyavuze ay’ukuri ku rugero rwa 85%.
Umuryango w’Abanyamategeko barangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa 1999, washumbushije Mukulira Ferdinand warokotse Jenoside, inka nkuru ihaka.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Prof. Elias Bizuru, umushakashatsi n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) araburira abahinzi bahinga mu bishanga kwitondera amazi bakoresha buhira imyaka.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barasaba guverinoma gushyiraho ingamba zihamye zigabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage kuko uhangayikishije.
Sosiyete Rwanda Motor, iravuga ko bitarenze imyaka ibiri, izashyira muri Kicukiro uruganda ruteranya moto, rukagira n’indi mirimo irimo igaraji rigezweho.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari (Zigama CSS) gihuriwemo n’abagize inzego zishinzwe umutekano, bwatangaje ko kwizigamira no kugurizanya bimaze guhesha 70% by’abanyamuryango inzu zo kubamo.
Sosiyete y’itumanaho MTN yatangaje ko izavugurura serivisi zo kugura iminota yo guhamagara(packs), ndetse no gukomeza gahunda yo gutanga inguzanyo(mokash).
Abayobozi b’amashuri n’ababyeyi, ni bamwe mu bishimiye ikoranabuhanga “urubuto” rya Banki ya Kigali (BK), riha ababyeyi amakuru y’uburezi bw’umwana ku ishuri.
Ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), ryashyizeho uburyo bushya bw’imikorere buzatuma abasaba inguzanyo babasha kuyishyura mu gihe cyateganyijwe.
Abaririmbyi 10 bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 7 (PGGSS7) batangiye kwiyegereza abafana babo bahereye i Rubavu.
Komisiyo y’Abakozi ba Leta ivuga ko mu Mujyi wa Kigali n’uterere tuwugize, abakozi bakomeje kwinjira mu kazi no kugakurwamo bitubahirije amategeko.