Umurenge wa Muhima watangije irondo ry’umwuga rizawufasha mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani kuko aribwo hakunze kugaragara ubujura n’urugomo.
Inteko y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi b’abagore mu Karere ka Kicukiro yiyemeje gushyigikira Perezida Kagame mu matora y’umwaka utaha no kubikangurira abandi.
Ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unit Club umaze wubaka ubumwe mu Banyarwanda, ubuyobozi bw’uyu muryango bwashimiye Abanyarwanda n’abanyamahanga 17 bagaragaje ubutwari bwo kwitangira abandi mu bihe byashize.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abitabiriye isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, kurushaho kuba umwe no kubitoza abo bashinzwe.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mme Seraphine Mukantabana aragereranya abatemera ibyo u Rwanda rwagezeho n’abahanuzi b’amakuba.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko kuzaraga abana igihugu bisanzuyemo, bakorera bakunze kandi cyibahesha ishema n’isheja ari inshingano za buri mubyeyi.
Abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika(ACoC), biyemeje gusenyera umugozi umwe mu gukemura ibibazo by’umutekano muri Afurika.
Madame Jeannette Kagame arasaba ko gahunda yiswe 12+ Ni Nyampinga, yatangira guteza imbere abahungu n’abakobwa icyarimwe.
Banki nyafurika yunganira ubucuruzi (AFREXIMBANK) yemereye u Rwanda miliyoni 225 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 180RWf) yo kubyaza nyiramugengeri amashanyarazi.
Ikigo cy’Abanyamerika cyitwa “Kepler” cyigisha abarangije amashuri yisumbuye kikanabafasha kubona imirimo, kirakangurira ababyifuza guhatanira amahirwe cyabashyiriyeho.
Abanyeshuri biga amashuri yisumbuye muri “ Glory Secondary School” batangije umushinga wo gufasha abatishoboye bahereye ku baturiye ikigo cyabo.
Polisi y’Igihugu yohereje abapolisi 280 mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique bagiye gusimbura abandi bangana gutyo bari bamazeyo umwaka.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Amasezerano y’ubufatanye bw’ingabo z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), avuga ko igisirikare cya buri gihugu kigaragariza abandi ibikorwa byacyo, byakoreshwa mu nyungu rusange z’abasirikare bo mu Karere.
Abahagarariye ibihugu bya Portugal, Singapore, u Budage na Finland, bijeje Perezida wa Repubulika Paul Kagame ko bazashyira imbaraga mu gushora imari mu Rwanda.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye umwanzuro w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi, uvuga ko u Rwanda rutagira demokarasi.
Polisi y’igihugu yazanye imashini nshya zo kugenzura ubuzima bw’ibinyabiziga (Controle technique) kugira ngo abashaka iyo serivisi batazongera gutinzwa.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Ikigo cy’imari iciriritse(atlantis), hamwe n’igitanga ikoranabuhanga mu buhinzi(Agritech), byatangije gahunda yo gutanga inguzanyo y’igihe gito ku bahinzi, izishyurwa hiyongereyeho 2%.
Ministeri y’ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko Malaria isigaye ifite ubukana bukabije kuburyo ngo imiti isanzwe iyivura itakibasha guhangana nayo.
Ikigo cy’Ubuzima (RBC), Kiravugwaho gukoresha nabi amafaranga arenga Miliyari 6Frw, kikanengwa no kwima amakuru urwego rugenzura ikoreshwa ry’imari ya Leta(OAG).
Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Umuryango uharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi Never Again, uravuga ko kutumva urusaku rw’imbunda, bidakwiye gutuma abanyarwanda birara.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abagize urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi mu karere ka Kicukiro, barasabwa kuba maso, bakamenya ibiranga abyihebe byiyitirira Isilamu.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Memelito bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Maj Dr Aimable Rugomwa uregwa kwica umwana witwa Mbarushimana Theogene yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisilikare i Nyamirambo ariko ntiyemera icyo cyaha ashinjwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yabwiye intore z’Intagamburuzwa zigizwe n’abanyeshuri bahagarariye abandi muri za Kaminuza, ko batagomba kuba impfabusa.
Perezida Paul Kagame avuga ko yanze guhakirwa mu gihugu cye cy’u Rwanda, agasaba n’Abanyarwanda kumenya ko ari icyabo, bakagikorera.