Ubuyobozi bw’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (NCCR) butegereje raporo igaragaza umubare w’amakoperative ya baringa mu Rwanda, igomba gutangwa n’Ikigo gishinzwe amakoperative (RCA).
Ishuri ry’umuziki ry’Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro mu Rwanda (WDA), ryatangiye imikoranire n’Ishuri ryigisha umuziki muri Canada, bashaka kugira umuziki mpuzamahanga.
Ubushakashatsi bw’ikinyamakuru the Economist bugaragaza ko Abanyafurika bafite ubudahangarwa ku ndwara kurusha Abanyaburayi n’Amerika, bitewe no kwitabira inkingo.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko Ministiri w’Uburinganire n’Abakuru b’Ingabo barahiye kuri uyu wa 29 Werurwe 2016, bazafasha mu gushaka umutekano w’Abanyarwanda n’akarere muri rusange.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa wamamaye cyane mu kwimakaza umuco nyarwanda abinyujije mu ndirimbo, yongeye gutaramira abakunzi be mu gitaramo yakoreye i Kigali, kuri uyu wa 27 Werurwe 2016.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Ishami ry’ikigega nyafurika gishinzwe iterambere, FAGACE ryafunguwe i Kigali (mu nyubako ya RSSB) mu rwego rwo kujya gitanga inguzanyo ku bafite imishinga y’iterambere.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe iteganyagihe wizihijwe isi ishyushye ku rugero rurengeje degre 1°C, kuva mu gihe inganda zatangizwaga mu myaka 1880-1899.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko u Rwanda rwishyize hamwe n’ibihugu bine ku isi, byiyemeza kuzaba byihagije mu biribwa muri 2025.
Abantu bataramenyekana bateye ibisasu ku nyubako z’Ikibuga cy’Indege cya Buruseli mu Bubiligi n’aho abagenzi bategera gari ya moshi, mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Werurwe 2016.
Ministeri y’Umutungo Kamere (MINIRENA), itangaza ko icyerekezo 2020 Leta yihaye mu mwaka wa 2000, ngo imaze kukigeraho mu rwego rw’amashyamba.
Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo igera kuri miliyari 17,5Frw yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III.
Inama Nyafurika mu by’ubukungu iteraniye i Kigali kuva none, tariki 14 Werurwe 2016, irafata imyanzuro irimo uwo guhesha agaciro ibikomoka kuri uyu mugabane, no guteza imbere ubuhahirane.
Akarere ka Gasabo gatangaza ko ibikorwa by’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG) n’abakuru barangije kwiga (GAERG), ngo bigaragaza ishusho nyayo y’uko Igihugu cyibohoye.
Urwunge rw’Amashuri “Fawe Girls School” ruri ku Gisozi muri Gasabo, rusanga kuba inyubako nyinshi zarwo zitagerekeranije, bituma ubutaka budacungwa neza.
Guinée Conakry irateganya kohereza abashinzwe ingendo zo mu kirere mu Rwanda, kugira ngo bige uko babyutsa kompanyi y’indege y’indege itagikora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo burashimira umutwe w’Inkeragutabara wabubakiye ibyumba 49 mu mezi ane birimo 43 byigwamo n’abana.
Abasore babiri b’Abanyarwanda, Theophile Nsengima na Anselme Mucunguzi, bakoze progaramu (Application) bise “Yoyote” ifasha abantu kumva indirimbo Nyarwanda kuri telefoni bifashishije internet.
Gakuba Fleury, Umunyarwanda uba muri Canada wasabye Perezida Paul Kagame kumurenganura yagannye iy’ubutabera arega uwo ashinja kumuriganya ku ivuriro bari bafatanyije.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) isanga Abanyarwandakazi bafite ibitekerezo n’ibikorwa byabahesha kuba ibirangirire mu ishoramari nubwo bafite imbogamizi yo kutabona igishoro.
Abashoramari n’abajyanama ku iterambere ry’umugore bibumbiye mu Nama y’Abagore ku Isi (Global Women’s Summits) bagiye guteranira i Kigali basangize ubunararibonye Abanyarwandakazi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye abaganga baturuka mu Buhinde b’Umuryango Mpuzamahanga uharanira ubumuntu wa Rotary, na bo bamwizeza kuzakomeza kuvura Abanyarwanda.
Igihugu cya Suwede kibinyujije mu mushinga witwa “RCN Justice & Democratie”, kirimo gutanga ibikoresho n’amahugurwa kuri Komite z’Abunzi mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kinyinya muri Gasabo ruvuga ko rwiteguye Kwibuka rugaragaza ibikorwa biganisha ku bumwe, ubwiyunge n’iterambere.
Abahanga mu by’ubukungu bagira inama u Rwanda, yo guhindura imikorere hakoreshejwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukomeza umuvuduko w’iterambere ruriho.
Minisiteri y’Ubuzima ntiyemeranya n’ababuza abaturage kuryama mu nzitiramibu bababwira ko ziri mu bikurura udusimba tw’ibiheri hakaba n’abahisemo kwemera kuribwa n’imibu.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International), watangaje ko uhangayikishijwe n’imikorere irimo ruswa muri siporo hirya no hino ku isi.
Abadepite 43 b’u Bufaransa batangaje ko bifuza kuza kwifatanya n’Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.