Itsinda ry’abanyeshuri 20 b’Abanyamerika, ryaje mu Rwanda gusobanuza imfungwa zikora imirimo nsimburagifungo(TIG), uko zageze ku butabera bwunga mu gihugu cyazo.
Minisiteri y’ikoranabuhanga yatangije ikoranabuhanga mu midugudu itanu y’igerageza, hagamijwe gufasha buri muturarwanda kuzaba akoresha ikoranabuhanga bitarenze umwaka wa 2020.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no kugarura amahoro mu Banyarwanda, ingabo z’u Rwanda zatangiye ibikorwa byo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko ibiciro cyane cyane iby’ibiribwa bitazazamuka cyane nko mu gihembwe cyambere cy’uyu mwaka wa 2017 aho byageze ku rugero rwa 8.1%.
Imbaga y’abakirisitu basaga ibihumbi makumyabiri yizihije yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda na yubile y’imyaka 75 y’amavuko ya Musenyeri Thadée Ntihinyurwa.
Abaminisitiri b’ubuhinzi b’ibihugu 144 bitandukanye bazateranira i Kigali mu kwezi k’Ukwakira n’Ugushyingo 2017, aho bazasuzumira amasezerano yo guhanahana imbuto z’ibimera.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Bamwe mu bari biteguye kurya ku bitambo bitangwa n’Abayisilamu kuri uyu munsi wa ’Eid El Adhuha’, bavuga ko nta nyama bahawe.
U Rwanda rwatangarije Umuryango w’Abibumbye ko ruzavugurura ibisabwa Ingabo na Polisi rwohereza mu butumwa bw’amahoro mu mahanga.
Inka ebyiri zirimo ihaka z’uwitwa Hategekimana Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo, zatwitswe n’abantu bataramenyekana ku wa gatatu w’iki cyumweru.
Polisi yaburiye abaturage gucunga neza amafaranga yabo, nyuma yo gusubiza umuhinde witwa Charles miliyoni 13,6 FRW yari yibwe n’uwitwa Twahirwa Living.
Urubyiruko rugize umuryango ’Never Again’ Rwanda ruvuga ko nta mahoro Abanyarwanda bashobora kugira mu gihe baba badakunze gusoma.
Ikigo cy’igihugu cy’misoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko cyafashe ingamba zo gukorana n’ibindi bigo kugira ngo gitahure abacuruzi banyereza imisoro.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje bidasubirwaho ko Paul Kagame ari we watsindiye kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere.
Imiryango Nyarwanda itari iya Leta isaba ko gahunda y’imbaturabukungu ya gatatu (EDPRS3) irimo gutegurwa, yakwita cyane ku ireme ry’uburezi n’ibura ry’imirimo.
Raporo y’imiryango itari iya Leta yibumbiye muri CLADHO ivuga ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yagenze neza, igasaba abagore ko baziyamamaza ubutaha.
Polisi y’u Rwanda yemeje ko ifunze bamwe mu mpunzi z’Abarundi yafatiye mu nkambi y’i Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gasabo bakoze imyiyereko irimo imodoka n’amafarasi mu rwego rwo kwamamaza umukandida wabo, Paul Kagame.
Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yatangarije Abanya-Rulindo ko bamushimishije cyane, yongeraho ko uyu munsi ari umwihariko.
Marie Goreth Nyirakamana ufite imyaka 56, utuye mu Murenge wa Kisaro mu Karere ka Rulindo ari mu barimo kwamamaza umukandida wa FPR - Inkotanyi Paul Kagame kuko ngo akiri muzima, abikesha serivisi z’ubuvuzi zegerejwe abaturage.
Polisi y’Igihugu ivuga ko ikibuga cy’umupira w’amaguru yubatse mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, kigiye kongera ubusabane n’umutekano ukanozwa muri ako gace.
Abazigamye guhera ku bihumbi 100RWf muri Banki y’Abaturage kuva tariki 19 Kamena 2017, batangiye gutombora ibikoresho binyuranye birimo telefone zigezweho, amagare, ibyuma bikonjesha (frigo), televiziyo, dekoderi n’imashini yuhira imyaka.
Komisiyo y’Amatora (NEC) yemeje urutonde ntakuka rw’abakandida batatu bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama 2017.
Ikigo cya KLab cyatangiye kwigisha abana bari mu cyigero cy’imyaka itanu bari kwiga ikoranabuhanga ririmo gukora imbuga za internet.
Ubushakashatsi bw’Umuryango "Save the Children" ukorera mu Rwanda, bugaragaza ko abana 13% basoza amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda.
Sous-Lieutenant Seyoboka Henry Jean-Claude uregwa gukora Jenoside, yasabye Urukiko rwa gisirikare gusuzuma impamvu ataburanishwa n’Urukiko Rukuru kandi aregwa ibyaha bikomeye.
Abakandida babiri gusa nibo bagaragara ku rutonde rw’agateganyo rw’abakandida biyamamariza kuyobora u Rwanda, mu matora ateganyijwe muri Kanama 2017.
Ikigo gishinzwe Iterambere RDB cyararikiye abantu bagejeje ku myaka 15, bavutse tariki 04 Nyakanga, guhatanira gusura ingagi ku buntu.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) ivuga ko hari “ntayegayezwa” y’ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda imitwe ya Politiki idakwiriye gukoraho muri ibi bihe by’amatora.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije gahunda yitwa “Hirwa-Ugwize na BPR” aho abayibitsamo bafite amahirwe yo kuba bakwegukana ibihembo buri cyumweru.