Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO), ruvuga ko urutonde rw’abazongerwa ku ntwari z’u Rwanda rumaze kumenyekana, rukaba rushobora gushyirwa ahagaragara n’Umukuru w’Igihugu igihe icyo ari cyo cyose.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko Umujyi wa Kigali uzaba utatse mu buryo budasanzwe mbere y’uko Inama y’Abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM) izateranira mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena 2020.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko guhera muri uyu mwaka wa 2020, agace kegereye sitade Amahoro kose kagiye kubakwamo ibibuga bishya by’imikino, ubwogero, imihanda y’amagare, hoteli ndetse n’isoko ricururizwamo ibijyanye n’imikino.
Ubuyobozi bwitorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi mu Rwanda, bwemereye Polisi ko bugiye kwigisha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, ku buryo ngo abanyamahanga bazagera ubwo bashimira Abanyarwanda kujijukirwa ibijyanye no kugenda neza mu mihanda.
Mu kwezi kwa Nyakanga k’umwaka utaha wa 2021, ibiro by’Umuryango FPR-Inkotanyi ku rwego rw’akarere ka Gasabo n’Umujyi wa Kigali, bizatangira gukorera ku Gisozi aharimo kubakwa ingoro ifite agaciro ka miliyari zirenga eshatu.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo(MININFRA) yagaragaje uwitwa Agnes Mukankuranga ko ari we muturage wabaye uwa miliyoni imwe mu bamaze guhabwa umuriro w’amashanyarazi, mu rugendo ifite rwo kuzaba igeze ku baturarwanda bose mu myaka itanu iri imbere.
Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekezi, yanenze Abanyarwanda badatanga amakuru kuri ruswa, kuko batumye igihugu gihomba amanota atatu ku rwego rw’isi ugereranyije n’umwaka wa 2018.
Abaganga 25 bazobereye mu kuvura indwara zifata ubwonko no mu mazuru, bifashishije bagenzi babo baturuka mu Bufaransa, barimo kwitoza kuvura izo ndwara batarinze kubaga umutwe w’umuntu.
Kaminuza y’u Rwanda (UR) hamwe na Banki Itsura Amajyambere (BRD), batangaje ko abanyeshuri batinze kwiyandikisha hamwe n’abatanga amakuru atuzuye ajyanye n’amakonti yabo, ari bo batuma inguzanyo yo kubatunga yitwa buruse itinda kugera ku banyeshuri.
Kigali Today yifuje kubagezaho amwe mu mateka y’uburyo Umujyi wa Kigali wagiye uturwa, guhera ku nzu ya mbere ya kijyambere yabayeho mu Rwanda n’aho yari iherereye, kugera ku muturirwa wa mbere muremure witwa Kigali City Tower.
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda(Traffic Police) ryasobanuriye abatwara ibinyabiziga uruhande rw’umuhanda bakwiriye kuba banyuramo, abatabyubahiriza bagafatirwa ibihano.
Abapolisi 140 b’u Rwanda bamaze gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Santre Afurika (CAR), kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2020.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwazamuye ibiciro by’amashanyarazi ku bazakoresha umuriro mwinshi nk’uko ruheruka kubigenza ku bakoresha amazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwijeje abaturage bako batishoboye basenyewe n’ibiza birimo imvura yaguye kuri Noheli mu mpera z’umwaka ushize wa 2019, ko butazabatererana mu gihe cyose batarabona aho baba.
Umwalimu mu Itorero rya ADEPR witwa Minega Jean de Dieu avuga ko mbere yo kwakira agakiza ngo yanyweye ibiyobyabwenge bimutera kurya cyane bidasanzwe, akaba ngo atewe impungenge n’ingo zirimo abantu bakennye banywa ibiyobyabwenge.
Uwitwa Emmanuel Ntivuguruzwa w’imyaka 28 ari mu maboko ya Polisi, akurikiranyweho gushinga ikigo cyitwa “Isango Group Ltd” cyizeza abantu ko kirimo kubahuza n’abifuza abakozi, ariko buri muntu akabanza kwishyura ikiguzi cy’amafaranga 12,500 Frw.
Kiliziya Gatolika yemereye Polisi y’u Rwanda ko amateraniro y’abayoboke bayo yose agomba kwigishirizwamo ubukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’.
Urwegwo Ngenzuramikorere (RURA), rurizeza abinubira gukererwa ku kazi mu Mujyi wa Kigali bitewe n’imodoka zitinda kubageraho, ko iki kibazo kizaba cyabaye amateka bitarenze ukwezi kwa Kamena muri uyu mwaka.
Mugisha Jean Luc yari mu bari bagiye kwiyandikisha basaba ishuri mu rwunge rwa Kagugu Catholique i Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku wa mbere tariki 06 Mutarama 2020, ariko umubyigano w’abantu benshi yahasanze watumye atakaza amasomo ku munsi wa mbere.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera, yasabye Abanyarwanda kumenya nimero itishyurwa bagomba guhamagaraho kugira ngo bajye batabarwa vuba na bwangu.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko gahunda yiswe ‘Gerayo Amahoro’ yo gukumira impanuka mu mihanda muri 2019, yagabanyije impanuka ku rugero rungana na 17%.
Umuryango w’Abanyamakuru baharanira Amahoro (Pax Press) usaba inzego, cyane cyane iza Leta, gushyira mu bikorwa Itegeko ryerekeye kubona amakuru, zikajya zitabira gutangaza amakuru zitarinze kuyasabwa.
Guverinoma yasabye abatuye i Kigali bose bafite inzu zashyizweho ikirango cy’amanegeka X kwimuka mu rwego rwo guhunga ibiza bishobora kubasenyera no kubica.
Imvura yaguye ku mugoroba wa Noheli 2019 mu Mujyi wa Kigali yateje imyuzure n’imivu y’amazi, kugeza n’aho itembana imodoka.
Hari abapasiteri bavuga ko bibabaje kubona umunsi wa Noheli abantu bitwaza ko bakiriye Umukiza Yezu bagatsemba amatungo, ndetse akaba ari nabwo ngo bakora ibyaha byinshi.
Inzego za Leta hamwe n’abafatanyabikorwa, bagaragaza imishinga n’ibyemezo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byagezweho muri 2019, bishobora kuba amahirwe ku bahinzi-borozi n’abandi bashoramari mu mwaka mushya wa 2020.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, iratangaza ko ifunze Umugande witwa Mugenyi Rachid w’imyaka 27, ukekwaho kunyuza ibiyobyabwenge bya mugo (heroine) mu Rwanda.
Abashakashatsi bahujwe na Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), bagaragaza ko amazi n’ubutaka by’u Rwanda birimo kwangirika ku rugero rukabije.
Kuva kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukuboza 2019 imodoka ziva i Kigali zerekeza mu ntara zitandukanye zatangiye kubura, ku buryo bamwe mu bagenzi badafite icyizere cyo kuzasangira Noheli n’imiryango yabo.
Mugisha Gabriel hamwe na Mugisha Emmanuel batoraguwe ku gasozi ari impinja zikivuka, umwe nyina akaba yari yamutaye mu rutoki rw’i Nyamirama muri 2011, undi nyina yaramubyaye amuta ku cyuzi cyitwa Gikaya (muri Kayonza) muri 2013.