Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Uburengenzira bwa Muntu (NCHR), ivuga ko yasuye Paul Rusesabagina aho afungiwe muri Gereza ya Nyarugenge (Mageragere), akayibwira ko yifuza amafunguro yihariye gereza imuguriye, ubuyobozi bwa gereza bwo bukavuga ko ibyo bidashoboka kuko afatwa nk’abandi.
Umushinga NELSAP ukurikirana imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo wijeje Abamanisitiri bashinzwe ingufu mu Rwanda, Burundi na Tanzaniya ko ruzaba rwatangiye gutanga umuriro w’amashanyarazi mu kwezi k’Ukuboza 2021.
Umushinga ’Green Gicumbi’ w’Ikigega cy’Ibidukikije (FONERWA), wubakiye abaturage b’Umudugudu wa Rurembo, Akagari ka Rugerero mu Murenge wa Mukarange, ibigega bifata amazi y’imvura bifite agaciro ka miliyoni 189 z’Amafaranga y’u Rwanda, ayo mazi akaba yatangiye kwifashishwa mu kuhira imirima mu gihe yasenyeraga abaturage.
Umushinga w’Ikigega cy’Ibidukikije (FONERWA)ushinzwe kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Muvumba (Green Gicumbi), uvuga ko ikawa n’icyayi bidatanga amadevize gusa.
Abayobozi b’umushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Muvumba mu Karere ka Gicumbi “Green Gicumbi”, bavuze ko amaterasi bakoreye abaturage azatanga umusaruro w’ibishyimbo wikubye inshuro zirenga eshatu uwo babonaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi hamwe n’Umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’Umuvumba (Green Gicumbi), berekanye amahegitari y’ubutaka bw’abaturage bemeye ko hashyirwa amaterasi n’ibiti, mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu gice cy’Amajyaruguru y’igihugu, kandi na bo bakahabonera inyungu (…)
Ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kamena 2021, hagaragaye amashusho (videwo) y’aho Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yarimo asuhuza abaturage umwe agahita amukubita urushyi.
Abanyeshuri 64 barangije kwiga mu Ishuri rya Green Hills Academy bahawe impamyabumenyi ku wa Gatandatu tariki 05 Kamena 2021, bakaba bagiye kwiga muri kaminuza zikomeye zo hirya no hino ku isi. Uyu muhango witabiriwe na Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, akaba yabasabye kuzagarukana ubumenyi buteza imbere (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ingamba bwafashe zo kurwanya imirire mibi zirimo kugabanya imibare yo kugwingira kw’abana, abagifite icyo kibazo bakaba ari ababyawe n’abakobwa bakiri bato.
Mu gitabo cy’umuhanuzi Amosi muri Bibiliya (Amosi 4:9) havuga ko ’gikongoro’ ari inzara iterwa no kurumbya imyaka cyangwa konerwa n’uburima. Akarere ka Nyamagabe kahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, na ko kagiye kavugwamo inzara, bitewe n’ubutaka burumba kubera guhora butembanwa n’isuri.
Umubikira Sr Solange Uwanyirigira, watangije gahunda yitwa ’Huye-Kundwa Kibondo’ muri 2017, ubu ni umwe mu basurwa n’abakozi b’utundi turere tw’Amajyepfo, aho baba baje kureba uko yarwanyije imirire mibi n’igwingira mu bana bato.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko abataritabira kuboneza urubyaro bafite abana bagwingiye, batagomba kwirara no kwishinga ubufasha bahabwa burimo n’amafaranga.
Abayobozi b’ingo mbonezamikurire hamwe n’ababyeyi mu Karere ka Nyanza bavuga ko ayo marerero y’abana bato arimo gutuma ababyeyi badasiga abana bandagaye cyangwa bangizwa n’abakozi bo mu rugo, kuko akenshi bataba bazi uko bita ku bana.
Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka (DGIE) bwavuze ko pasiporo nyarwanda yari isanzweho izaba itagikora guhera tariki 28 Kamena 2022, kuko biteganyijwe ko abazisaba bose bazaba bafashe iz’ikoranabuhanga, ari na byo bakangurirwa, cyane ko iyo Pasiporo nshya ari n’iy’ibihugu bya Afurika y’Ibirasirazuba.
BK Group Plc yageneye Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) imyambaro yambarwa n’abahura n’abarwayi, ifite agaciro ka miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Umunyarwandakazi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Annick Kayitesi Jozan warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 agahita ahungira mu Bufaransa, ni umwe mu bazanye na Perezida Emmanuel Macron, wasuye u Rwanda kuva ku wa 27 Gicurasi 2021, agasaba Abanyarwanda kubyaza umusaruro indimi nyinshi bazi bandika amateka yabo.
Umuryango uteza imbere ukwigira no kwigenga kwa Afurika, Pan African Mouvement (PAM) ishami ry’u Rwanda, uvuga ko witeguye kumurikira indi miryango igize PAM yo mu bihugu bigize uyu mugabane, ibyo u Rwanda rwagezeho byafasha Afurika kwigenga birimo Umushyikirano, Umuganda n’ibindi.
Impuguke mu bumenyi bw’ibiri mu nda y’isi akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Digne Rwabuhungu, araburira abatuye imijyi ya Rubavu na Goma imaze iminsi yibasiwe n’imitingito.
Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda (MINADEF) yatangaje ko abarwanyi bo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN baraye bagabye igitero mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, ariko basubizwayo n’ingabo z’u Rwanda(RDF) hamaze gupfamo babiri muri abo barwanyi bagabye igitero.
Umwana witwa Ndungutse Peter wiga mu mwaka wa gatanu ku ishuri ribanza rya Rukundo Primary School mu Murenge wa Musheri w’Akarere ka Nyagatare, ni umwe mu bazi kubangurira ingemwe z’ibiti hagamijwe ko byera vuba bikanatanga umusaruro mwinshi.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) hamwe na Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG), basabye Abanyarwanda kudaceceka mu gihe bumva cyangwa babona abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakozi batatu ba Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), barimo Umuyobozi Mukuru ndetse n’umwe wa Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bakomerekeye mu mpanuka y’imwe mu modoka zari ziherekeje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igiuhugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, kuri uyu wa 21 Gicurasi 2021, ubwo bari mu rugendo (…)
Ihuriro ry’Abafatabikorwa mu Iterambere (JADF) ry’Akarere ka Nyarugenge, risaba abantu batora abana batereranywe (batawe) ku mihanda n’abatabashaka, kubanza kuberekana mu buyobozi cyangwa ku kigo cy’ubuvuzi (health post) kibegereye mbere yo kubajyana mu ngo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) hamwe n’indi miryango irengera ubuzima ku isi, bari mu bukangurambaga buzamara icyumwereru kuva ku itariki 17-23 Gicurasi 2021, bugamije kurwanya impanuka zibera mu mihanda.
Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byatangaje ko muri uyu mwaka wa 2021 bizaba bishobora gusimbuza impyiko, kugira ngo biruhure abajyaga kwivuriza mu Buhinde n’ahandi babarirwa hagati ya 30 na 40 ku mwaka.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021 ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice, ikamyo ipakiye ibigori yavaga Iburasirazuba yataye umuhanda igwira imodoka ya taxi ’minibus’ yarimo abagenzi bava i Kabuga(Rusororo) yerekeza i Rwamagana.
Bamwe mu bamotari b’i Kigali ubu bashobora guhinduza moto zabo zanywaga lisansi (essence) zikavanwaho moteri, zigashyirwaho batiri z’amashanyarazi ubundi bagaca ukubiri no gutumura imyuka ihumanya ikirere cyangwa gusakuza biterwa no guhinda kwa moteri.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko raporo za Duclert (y’u Bufaransa) na Muse (y’u Rwanda) zihuza byinshi by’ingenzi byashingirwaho biteza imbere umubano w’ibihugu byombi.
Perezida w’Umuryango IBUKA, uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Egide Nkuranga, yavuze ko ababajwe no kuba benshi mu bari abanyeshuri bishyuriwe n’Ikigega FARG ari abashomeri.
Mu butumwa yanyujije kuri twitter kuri uyu wa Gatandatu, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti kwibuka imiryango irenga 15,000 yazimye kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.