Muri serivisi za Leta zitangirwa ku rubuga Irembo harimo n’icyemezo cy’uko umuntu ariho, kabone n’ubwo umusaba icyo cyemezo aba amubona ko ariho, kabone n’iyo baba babana mu nzu imwe.
Kuba abantu badaheruka amateraniro mu nsengero zabo kubera amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, byateye bamwe kwitabira inyigisho z’andi madini n’amatorero, ndetse bakavuga ko bashobora kwimuka bakava aho basengeraga.
Uwitwa Kavumbi Ildephonse utuye mu Karere ka Kicukiro amaze amezi arenga atatu afitanye ibibazo n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwamubujije gucururiza mu nzu yo kubamo no kubaka uruzitiro mu muhanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yasabye Inteko gutora Ingengo y’Imari ivuguruye ya 2020-2021, hakiyongeraho nibura amafaranga y’u Rwanda miliyari 219.1 ku yari yaremejwe muri Kamena 2020 yanganaga na miliyari 3,245.7 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere (UNDP) hamwe na Leta y’u Buyapani bahaye u Rwanda inkunga y’imashini eshatu zo mu bwoko bwa ‘Robot’ zikoresha imirasire mu kwica virusi, zikaba zizakoreshwa mu bitaro byakira abarwayi ba Covid-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr Mpunga Tharcisse, bavuze ko n’ubwo ‘kuguma mu rugo’ i Kigali birangiye, insengero n’amashuri bisabwa gutegereza igabanuka ry’icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ifatanyije n’Umuryango w’Abahinzi-borozi bo mu Buholandi witwa Agriterra, batangiye kugeragereza imbuto z’inkeri mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, kugira ngo Leta iruhuke gutumiza izo mbuto hanze y’igihugu.
Nyuma y’amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri yo kwirinda Covid-19, yabaye ahagaritse imihango yo gusezerana no gushyingiranwa mu murenge no mu rusengero, hari abantu bavuga ko benshi barimo kwishyingira bakabana nk’umugore n’umugabo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 02 Gashyantare 2021 yemeje Iteka rya Perezida rigena Imyitwarire Mbonezamurimo ku bakozi ba Leta, mu rwego rwo kubafasha kubahiriza inshingano no kubakurikirana cyangwa kubahana mu gihe batitwaye neza.
Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hari urutonde rw’ibiribwa byiganjemo imbuto z’amoko menshi ndetse n’imiti, rukomeje gukwirakwizwa n’abantu bavuga ko bitangirwa ahavurirwa Covid-19.
Mu myanzuro yafashwe n’Inama y’Abaminisitiri kuri uyu wa kabiri tariki 02 Gashyantare 2021, harimo uwo gukomeza kugumisha mu rugo abatuye Umujyi wa Kigali kugeza ku itariki ya 07 Gashyantare 2021.
Ku wa mbere tariki 01 Gashyantare 2021, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gutanga ibiribwa ku baturage bahagaritse imirimo kubera amabwiriza ya ’Guma mu Rugo’ yo kwirinda Covid-19, kandi bukaba bukomeje kubitanga muri iki cyumweru.
Ministiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya avuga ko mu gihe yari ambasaderi mu Burusiya (2013-2019), yabonye abaturage b’icyo gihugu bafite uburyo bukonjesha umusaruro ukomoka ku buhinzi ukamara igihe kinini utarangirika.
Inyandiko yo mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yakozwe mu mwaka wa 1999 ivuga ku bumwe bw’Abanyarwanda, igaragaza ibikorwa by’agahato byakozwe cyane cyane mu gihe cy’ubukoroni bw’Ababiligi, ku buryo na n’ubu byibukwa na benshi.
Ku wa 27 Mutarama 2021, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yasabye abakozi mu biro bye gutegura inyandiko izashyikirizwa Sena y’icyo gihugu, kugira ngo itange inama yo gushyira mu bikorwa amasezerano ya Kigali (Rwanda), yo kugabanya iyoherezwa mu kirere ry’imyuka ihumanya yitwa Hydrofluorocarbons (HFCs).
Mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2020 ubwo Abaturarwanda bose bari bikingiraniye mu ngo kubera Covid-19, umusaruro mbumbe w’Igihugu waragabanutse ku rugero rwa 12.4%, ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cy’umwaka wawubanjirije wa 2019.
Ku wa 23 Mutarama 2020, Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC) cyari mu gikorwa cyo gupima virusi ya Corona (itera Covid-19) abatuye Kigali barengeje imyaka 70 y’ubukure hamwe n’abafite ubudahangarwa buke bw’umubiri kubera uburwayi.
Bizimana Jean Baptiste w’imyaka 72 wabaye Senateri muri Sena y’u Rwanda kuva muri 2003-2011, atangira agira ati "Kera hariho abantu bitwaga abamotsi, ukumva ku gasozi nijoro nka saa moya bavugije ifirimbi bati ’agataro ku muhanda, agataro ku muhanda!"
Abayobozi b’Imirenge igize Umujyi wa Kigali bahuje amabwiriza abafasha kumenya abaturage bakeneye ibiribwa muri iyi wikendi(Week-end), bamwe muri abo baturage ndetse bakaba baramaze kubihabwa guhera ku wa kane tariki 21 Mutarama 2020.
Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote mu Rwanda, akaba yaritabye Imana ku cyumweru tariki 17 Mutarama 2020, yashyinguwe ku wa kane.
Inzego zihagarariye abikorera hamwe n’ubuyobozi mu bihugu bigize Umuryango w’Ubucuruzi w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo(COMESA), ku wa Gatatu tariki 20 Mutarama 2021 zahuriye i Kigali zigamije kwemeza politiki imwe y’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu bacuruzi bato n’abaciriritse(SMEs).
Mu buryo bwifashisha ikoranabuhanga, Perezida Kagame yahaye ikiganiro abagize Ishuri ry’Ubuyobozi n’Ubucuruzi rishamikiye kuri Kaminuza ya Havard, ryitwa ’Havard Business School’ ryo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kuri uyu wa kabiri tariki 19 Mutarama 2020.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko gahunda yo kurwanya umubyigano w’imodoka mu mihanda(traffic jams), izarangira mu myaka itatu iri imbere hakoreshejwe amafaranga y’u Rwanda miliyari 400.
Mu mwaka wa 2018 Leta y’u Rwanda yasohoye Itegeko N°72/2018 ryo ku wa 31/08/2018 rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere, rikaba ryaraje risimbura iryavugaga ko iyo miryango ari amadini.
Ministiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko Covid-19 imaze kwegera abaturage cyane, ku buryo buri cyemezo gifatwa kitazaba ari ikiyibegereza kurushaho.
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, yatangaje ko amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo muri Kigali afunze guhera kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mutarama 2021 mu rwego rwo gukumira icyorezo cya COVID-19, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.
Guhera kuri uyu wa 15 Mutarama 2021 Abanyarwanda bashobora kujyana ibicuruzwa byabo mu bihugu 34 bya Afurika bishyira mu bikorwa amasezerano y’Isoko Rusange (AfCFTA), agamije guhahirana hagabanyijwe cyangwa hakuweho imisoro kuri za gasutamo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bugiye gusenya sitasiyo ya ’essence’ ya Mirimo Gaspard yegereye ikiraro cyubakwa kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo, ariko umufasha wa nyakwigendera yitambitse asaba ko babanza gusenya sitasiyo zose ziri mu bishanga i Kigali.
Umushakashatsi akaba n’umutubuzi w’ibiti by’imbuto zidakunze kuboneka mu Rwanda, Injeniyeri Ngabonzima Ally utuye i Rwamagana, avuga ko imbuto za pomme, umutini, grenadier n’izindi zibasha kwera mu Rwanda, kandi zigatanga umusaruro wavana benshi mu bukene.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda Covid-19 zaraye zitangajwe, hari abantu bari batangiye ingendo kuri uyu wa Kabiri bakomeje gusubizwa aho bavuye kubera ko ’ingendo bakoraga zitari ngombwa’.