MENYA UMWANDITSI

  • Ihuriro ry

    Abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa gukangurira abayoboke bayo kwikingiza Covid-19

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) hamwe n’urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), barimo guhuza abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere mu gihugu hose (amadini n’amatorero), kugira ngo ifashe abaturage kwitabira kurwanya Covid-19 harimo no kubashishikariza kwikingiza.



  • Bongereye imbaraga mu guhangana na Covid-19

    Kigali: Imirenge yiyambaje Drone, irondo ridasanzwe n’abacuruzi mu kurwanya Covid-19

    Nyuma yo kwemererwa igihembo cy’imodoka ifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda miliyoni esheshatu, azahabwa umurenge wa mbere mu kurwanya Covid-19 muri buri karere kagize Umujyi wa Kigali, imirenge itandukanye irimo gukoresha imbaraga zidasanzwe mu baturage.



  • CP John Bosco Kabera

    Polisi iraburira abarimo kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko hari amakuru agaragaraza ko abantu hirya no hino mu Gihugu barimo kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, akaba yongera kubaburira.



  • Umunyamabanga Nshingwabikorwa w

    Abacururiza inzoga mu ngo bagiye kwegerwa hagamijwe gukumira Covid-19

    Muri gahunda y’amarushanwa y’imirenge igize Umujyi wa Kigali mu kurwanya icyorezo Covid-19 hakoreshejwe abatwarasibo, mu Murenge wa Remera w’Akarere ka Gasabo biyemeje kugera kuri buri rugo hakamenyekana abacururiza inzoga munsi y’igitanda.



  • Umuyobozi wa BK Plc ashyikiriza telefone umwe mu bahinzi ba kawa mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana

    Banki ya Kigali yatanze telefone zifasha abahinzi ba kawa gukoresha IKOFI

    Banki ya Kigali yatangiye ubufatanye n’Uruganda rwa kawa rwa RWACOF, kugira ngo abahinzi ba kawa babone ikoranabuhanga rya serivisi y’ IKOFI, ibafasha kwakira amafaranga y’ibitumbwe bagemuye kuri sitasiyo itunganya amakawa, ikabaha ubushobozi bwo kwizigamira no guhererekanya amafaranga ku buntu batayafashe mu ntoki.



  • Gikondo: Sodoma iracyari Sodoma, abicuruza baracyahari

    Agace ka Gikondo karebana n’ahitwa kuri MAGERWA mu Mujyi wa Kigali, ni mu Mudugudu witwa Marembo II, mu Kagari ka Kanserege, mu Murenge wa Gikondo w’Akarere ka Kicukiro, ariko izina rizwi na benshi kuva kera rikaba ari Sodoma.



  • RBC n

    RBC ikomeje gupima kanseri y’inkondo y’umura

    Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) hamwe n’abafatanyabikorwa bitwa ’BIO Ventures for Global Health’ na ’GardaWorld’, baramara ukwezi bapima kanseri y’inkondo y’umura ku bagore bafite imyaka y’ubukure 30-49 mu Karere ka Bugesera.



  • Abarahiye bafashe ifoto y

    Perezida Kagame yasabye abahawe inshingano nshya kubakira ku musingi utajegajega

    Abayobozi baheruka guhabwa inshingano nshya barimo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu Mbere tariki 6 Nzeri 2021, abasaba kubakira ku musingi utajegajega.



  • Gisozi: Umunyerondo arakekwaho kwica mugenzi we

    Umunyerondo witwa Twizerimana Cyirique ukorera mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, afungiye kuri Sitasiyo y’Ubugenzacyaha (RIB) muri uwo murenge, akaba akekwaho kwica mugenzi we witwa Bahinyura Alain, bakunze kwita Fils.



  • Pie Harerimana na Jonathan Kamin bashyira umukono ku masezerano y

    USA yahaye u Rwanda miliyari 75Frw azarufasha kugura imiti no kugabanya iyangirika ryayo

    Ikigega cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga(USAID) cyahaye Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugura no gukwirakwiza imiti(RMS), inkunga y’amadolari miliyoni 75(ahwanye n’amanyarwanda miliyari 75).



  • Amashuri azatangira mu kwezi gutaha

    MINEDUC yatangaje igihe amashuri azatangirira

    Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, ivuga ko uzatangira ku ya 11 Ukwakira 2021.



  • BK hamwe n

    Banki ya Kigali yiyemeje gutera inkunga Abanyarwanda bajya kwiga mu Bwongereza

    Banki ya Kigali(BK Plc) yagiranye amasezerano y’indi myaka itatu na Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, muri gahunda isanzweho (yitwa Chevening) yo gufasha Abanyarwanda kwiga muri icyo gihugu.



  • BK Group Plc yungutse miliyari 22.8 Frw mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2021

    Ikigo cy’ishoramari (BK Group) gihuza Banki ya Kigali, BK Capital, BK General Insurance hamwe na BK Tech House, cyatangaje ko cyungutse amafaranga y’u Rwanda miliyari 22 na miliyoni 800 mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2021.



  • Plan International yahuje abafatanyabikorwa batandukanye bazayifasha guteza imbere gahunda yo guhanga imirimo ku rubyiruko

    Plan International igiye gufasha urubyiruko 1,200 rukennye kubona akazi

    Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburinganire n’iterambere ry’abari n’abategarugori, ‘Plan International-Rwanda’ wifashishize undi witwa ‘Akazi Kanoze Access’, batangiye guhugura no gufasha urubyiruko 1,200 rwo mu turere twa Nyaruguru, Gatsibo na Bugesera kuzaba rwavuye mu bushomeri mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.



  • Impanuka y’ikamyo yashenye inzu y’umucuruzi iramuhitana

    Mu gicuku cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama 2021, saa munani z’ijoro, ku Gisozi mu Karere ka Gasabo hepfo gato y’Ibiro by’Umurenge wa Gisozi, habereye impanuka y’ikamyo yari itwaye ibiti, yagwiriye inzu z’umucuruzi witwa Yvonne Mukeshimana iramuhitana.



  • Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed wa Ethiopia

    Perezida Kagame yaganiriye na Abiy Ahmed wa Ethiopia ku mubano w’ibihugu byombi, Akarere n’isi muri rusange. Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ari busoze kuri uyu wa Mbere.



  • Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare bashya (Amafoto)

    Ingabo z’u Rwanda(RDF) zungutse abandi basirikare bashya ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 nyuma y’imyitozo yabereye mu kigo cya Gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.



  • Imvura y’Umuhindo ishobora kuzaba nke hamwe na hamwe mu Gihugu

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kivuga ko imvura y’Umuhindo wa 2021 izaba ingana nk’isanzwe igwa muri icyo gihe, ariko ikaba ishobora kuzagabanuka mu duce tumwe tw’Iburengerazuba, Amayaga n’uturere twa Bugesera, Kirehe na Ngoma.



  • MINEDUC yasabye abarangije Kaminuza kwirinda kuvuga ko babuze akazi

    Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe na Kaminuza y’u Rwanda (UR) byahaye impamyabushobozi abarangije kwiga muri iyo Kaminuza muri 2019 na 2020 bagera ku 8,908, ariko basabwa kwirinda kuganya ko nta kazi bafite.



  • Ibishingwe nibitangira kugurwa hari abiyemeje kujya babicunga cyane ngo abandi batabyiba

    Hari abaturage bavuga ko bazajya baraza ibishingwe mu nzu bararamo mu rwego rwo kubicungira umutekano nyuma yo kumva ko bazajya bishyurwa, bitandukanye n’uko bo bari basanzwe bishyura ababijyana.



  • MINAGRI igiye kwagura umushinga wo guhinga inkeri

    MINAGRI n’abo bafatanya basanze inkeri ari imari ishyushye mu Rwanda

    Nyuma y’igerageza ry’ubuhinzi bw’inkeri ryari rimaze amezi atandatu rikorerwa mu turere dutandukanye tw’Igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) hamwe n’Umushinga uterwa inkunga n’Abaholandi ‘HortInvest’, bemeje ko icyo gihingwa kigiye gutezwa imbere kuko ari imari ishyushye.



  • Abakobwa batuye Akagari ka Bibare muri Kimironko barimo gusobanurirwa uko bakwiye kwirinda guterwa inda batifuza

    Gasabo: ‘Kurya Show’ mu byatumye abakobwa baterwa inda muri Guma mu Rugo

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buvuga ko mu bakobwa barenga 420 batewe inda mu mwaka wa 2020-2021, benshi ngo baziterewe mu ngo n’abo bafitanye isano, abandi baziterwa bagiye gusura abahungu mu macumbi (ghetto), icyo bita ’kurya show’.



  • Uyu aratera umuti inyanya ahinga

    Dore ubundi buzima muri Kigali (Video)

    Hakurya y’Umujyi rwagati wa Kigali muri kilometero zitarenga enye ntibatunzwe no kwicara mu biro cyangwa mu modoka, ahubwo bibereyeho nk’abatuye i Shangasha muri Gicumbi, Kinyamakara muri Nyamagabe, Gishyita muri Karongi cyangwa Juru mu Bugesera.



  • Abakorera mu Gakiriro ka Gisozi biyemeje guca burundu inkongi z’imiriro

    Koperative yahombejwe n’inkongi y’umuriro mu Gakiriro ka Gisozi mu Karere ka Gasabo ku wa kabiri tariki 17 Kanama 2021, ivuga ko igiye gufata ingamba nk’izo ngenzi yayo yafashe ubwo yari ikimara guhisha ibintu bifite agaciro karenga miliyari ebyiri mu mwaka wa 2019.



  • Aba barangije mu bihe bishize

    UTB iraha impamyabumenyi abarangije kwiga ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo

    Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Amahoteli n’Ikoranabuhanga mu by’ubucuruzi(UTB), itangaza ko yashyize ku isoko ry’umurimo abagera ku 1,406 barangije kuyigamo mu mwaka wa 2019 na 2020.



  • Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

    Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abagize Guverinoma bagiye gutangira ikiruhuko kizarangira tariki 31 Kanama 2021.



  • Gahunda ya ‘Igira ku murimo’ yabahesheje akazi, abandi bakomeje amasomo

    “Igira ku murimo” (Workplace learning) ni gahunda y’igihugu igamije guteza imbere ubumenyingiro bw’urubyiruko rudafite akazi mu mashami y’ubwubatsi akubiyemo ibijyanye n’ububaji (Carpentry), ubucuzi (Welding), ikwirakwizwa ry’amazi (Plumbing), amashanyarazi (Electricity) ndetse no kubaka amazu (Masonry) hibandwa cyane cyane (…)



  • Abaganga bakora ubutabaze ku wari umaze guhanuka

    Undi muntu ahanutse ku igorofa ry’Inkundamahoro

    Amakuru Kigali Today yahawe n’umucuruzi ukorera aho muri Nyabugogo, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, hari umugabo cyangwa umusore uhanutse avuye hejuru mu igorofa y’isoko ry’Inkundamahoro, bigakekwa ko yaba yiyahuye.



  • Abashinzwe imicungire y

    Ikoranabuhanga ry’Abayapani rigiye kwihutisha kumenya ahabereye ibiza no kohereza ubutabazi bwihuse

    Komisiyo y’u Rwanda ikorana na UNESCO(CNRU) irimo kwigisha ikoranabuhanga ry’Abayapani ryitwa Line, rifasha urifite wese muri telefone kugaragaza ahantu hateye ibiza, kugira ngo nibiba ngombwa inzego zibishinzwe zohereze ubutabazi bwihuse.



  • Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

    Muri iki gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 17 Kanama 2021, agakiriro ka Gisozi gaherereye mu Karere ka Gasabo kongeye gushya, ahafashwe n’inkongi akaba ari ahakorerwa ibikoresho bitandukanye byo mu nzu, ububiko bw’imbaho, hakaba hahiye na za matora nyinshi.



Izindi nkuru: