Maniragaba Emmanuel wo mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve, ahangayikishijwe no kubura amafaranga ibihumbi 730 yari abikiye umuturanyi yaburiye mu gikorwa cyo kumutabara, basohora ibintu mu nzu yari imaze gufatwa n’inkongi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yasabye abahoze mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Congo, kubungabunga umutekano basanze, yibutsa abafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika kwirinda kuzitesha agaciro.
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo bari bafungiye ibyaha byo guhungabanya umutekano w’Igihugu, bafungurwa ku mbabazi za Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, banenze mugenzi wabo witwa Ntabanganyimana Joseph watorotse, ubwo bari bageze mu kigo cya Mutobo.
Mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, umushoferi yarokotse impanuka aho ikamyo yari atwaye yabuze feri igwa mu muganda Musanze-Busogo.
Ibagiro ry’Akarere ka Gakenke ryari rimaze igihe rifunze, mu rwego rwo kurishakira ibyangombwa biryemerera gutanga serivisi ikenewe, ryafunguwe nyuma y’uko ibyangombwa byari bikenewe byamaze kuboneka.
Abatuye akagari ka Buhoro mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, baravuga ko biruhukije igisebo bamaranye igihe kinini, bajyaga baterwa n’inyubako y’ibiro by’akagari kabo itajyanye n’igihe aho bajyaga bavuga ko itabahesha agaciro.
Mu ijoro rishyira itariki 03 Nyakanga 2017 ni bwo mu Kagari ka Muganza Umurenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, havuzwe inkuru y’umwana w’uruhinja watawe mu musarani wa metero umunani z’ubujyakuzimu akurwamo agihumeka.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Nyakanga 2023, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yungutse intore z’Imana zigizwe n’umupadiri umwe n’abadiyakoni 10.
Abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Rulindo, barishimira uburyo batangiye kurya ku mbuto z’amasomo biga bakiri ku ntebe y’ishuri, aho mu mishanga bategura, igera kuri 30 yamaze guhembwa.
Abaturage 200 bo mu murenge wa Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze, bashyikirijwe intama 200 kuri uyu wa kane tariki 13 Nyakanga 2023 hagamijwe kubafasha kwifasha ubwabo bikemurira ibibazo bimwe na bimwe.
Mu Kagari ka Kaguhu Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’umuhungu basanze amanitse mu mukandara we, mu muryango w’igikoni cy’iwabo.
Mu mezi abiri ashize, ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hagaragaye ifoto y’umuyobozi bigaragara ku maso ko afite agahinda, icyondo cyamwuzuye aho yari kumwe n’abaturage.
Abatuye Umurenge wa Bukure mu Karere ka Gicumbi, bari mu byishimo byo guhembwa imodoka ya Miliyoni 26Frw, nyuma yuko bahize imirenge y’Intara y’Amajyaruguru mu bukangurambaga ku Mutekano, Isuku n’isukura no kurwanya igwingira, bwateguwe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda.
Uruganda rwenga inzoga rwitwa Jeff Company rukorera mu kagari ka Birira, Umurenge wa Kimonyi akarere ka Musanze, rwafunzwe by’agateganyo, umuyobozi warwo agezwa mu rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Cyuve, nyuma yo gusanga hari ibyo urwo ruganda rutujuje.
Nyuma y’uko Papa Francis yashimye ubutwari bwaranze Ababikira bane b’Abakalikuta biciwe muri Yemen ku itariki ya 4 Werurwe 2016, yashyizeho Komisiyo ishinzwe kureba ko bashyirwa mu rwego rw’Abatagatifu.
Imwe mu mirenge igize akarere ka Rulindo, izwiho kugira amazina agaragaza amateka yaranze ako gace, aho bifatwa nk’ibimenyetso ndangamateka n’ubukungu bw’akarere ka Rulindo.
Abanyeshuri 133 bamaze amezi arindwi bakarishya ubumenyi mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), basoje amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha icyiciro cya gatandatu.
Umukobwa w’imyaka 22 wo mu kagari ka Muhabura Umurenge wa Nyange akarere ka Musanze, arakekwaho kwica umwana yari atwite, aho bavuga ko yakuyemo inda yari mu mezi umunani.
Mukamana Olive wo mu murenge wa Rusasa akarere ka Gakenke, arishimira ko yibarutse umwana we wa gatanu bitamugoye nyuma y’uko begerejwe inzu ababyeyi babyariramo.
Ibyishimo byari byose ku batuye Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ubwo ku itariki 04 Nyakanga 2023, u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 29 umunsi wo Kwibohora, aho icyabashimishije cyane ari umuhanda w’ibilometero 10 wa Kinoko-Mubuga-Nyabitare, babonye bawunyotewe.
Abatuye Akarere ka Rulindo bari mu byishimo bijyanye n’ukwibohora, ahatashywe ibikorwa remezo bifite akaciro kagera muri Miliyari eshatu, bamwe bakurwa mu manegeka bubakirwa amacumbi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje uko abanyeshuri bacumbikirwa bazataha mu miryango yabo, mu biruhuko bizoza igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri 2022/2023.
Abatuye akagari ka Cyabararika Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, basanga kuba baragize umuco gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari kimwe mu bibafasha guhangana na yo no kuyisobanurira abato.
Abanyeshuri 35 baturuka mu bihugu 10 byo ku mugabane wa Afuruka, kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, basoje amasomo bamazemo umwaka ajyanye n’ubuyobozi (Police Senior Command and Ataff Course), yatangirwaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda.
Itsinda ry’abanyeshuri15 basoje umwaka wa mbere muri INES-Ruhengeri mu byishimo, nyuma y’uko bashinze Kampani ikora Protokole, biturutse ku gitekerezo bagize cyo gucunga neza buruse, mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo birinda ibishuko byugaruje bamwe mu rubyiruko.
Mulindwa Prosper, wagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro mu itangazo ryo ku itariki 28 Kamena 2023 ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rimugira Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro nyuma y’uko Njyanama y’ako karere isheshwe, yavuze ko yatunguwe n’inshingano nshya yahawe.
Bazirake Laurent w’imyaka 75, wo mu Kagari ka Kabeza Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, yitabye Imana nyuma y’uko aturikanywe na gerenade yo mu bwoko bwa Stick.
Abasoje imyitozo ya Ushirikiano Imara, imaze ibyumweru bibiri ibera mu Rwanda, baremeza ko ubumenyi ibasigiye ari ingenzi mu kubungabunga umutekano, w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umukecuru witwa Dusabemariya Immaculée w’imyaka 64, niwe watsinze irushanwa ry’igisoro (kubuguza)mu bagore, mu marushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yabereye mu Ngoro Ndangamurage i Huye, maze ahembwa ibihumbi 200FRW n’igikombe.
Ku mugoroba wo ku itariki 22 Kamena 2023, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle, yasuye umubyeyi witwa Nyiranzabonimpa Julienne uri mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo kubyara impanga z’abana batatu.