Padiri Marlon Mucio wo mu gihugu cya Brezil, urembeye mu bitaro aho arwaye indwara idasanzwe, akomeje gutura igitambo cya Misa mu gihe ari mu byuma bimufasha guhumeka.
Ingabo 48 zo mu rwego rwa Ofisiye zituruka mu bihugu 11 byo muri Afurika, ziga mu ishuri rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda (Rwanda Defence Force Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, zamuritse imico y’ibihugu byabo.
Abaturage bo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, bari batashywe n’ubwoba nyuma yo kubona bamwe muri bo (12) bafatwa n’indwara yo munda, bakeka ko babitewe n’inyama z’inka bari bamaze iminsi bariye.
Umugabo wo mu Kagari ka Bushoka mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yasanze umugabo mu buriri bwe asambana n’umugore we, haba amakimbirane yavuyemo gukomeretsanya, birangira uko ari batatu bajyanywe mu bitaro bya Ruli.
Mu mukino wa Gicuti w’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Abapadiri ya Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri n’iy’aba Diyosezi Gatolika ya Muyinga mu Burundi, warangiye Abapadiri ba Diyosezi ya Ruhengeri batsinde 5-0.
Hirya no hino mu turere, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakomeje kwishimira isabukuru y’imyaka 35 uwo muryango umaze ushinzwe, bakaboneraho n’umwanya wo kwinjiza abanyamuryango bashya.
Umuryango wo mu Murenge wa Rushashi mu Karere ka Gakenke, uri mu kababaro nyuma y’uko umugore n’umugabo muri uwo muryango, bombi bitabye Imana bazize impanuka mu bihe bitandukanye.
Hirya no hino mu Rwanda, ku wa Gatandatu tariki 07 Mutarama 2023, habereye umuhango wo gutangiza amarushanwa Umurenge Kagame Cup, aho amakipe ahatana mupira w’amaguru, Volleyball, Basketball, imikino ngororamubiri (Atletisme), sitball n’umukino wo gusiganwa ku magare.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze (REB), rwasabye abarimu bigisha mu mashuri y’Incuke, abanza n’ayisumbuye badafite impamyabumenyi mu kwigisha, kwiyandikisha kugira ngo bazahabwe amasomo abagira abarimu b’umwuga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, muri gare ya Musanze hari umubare munini w’abagenzi binubira ibura ry’imodoka, abenshi bakavuga ko bamaze iminsi ibiri mu Karere ka Musanze bategereje imodoka, mu gihe bafite akazi i Kigali.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yakoze impanuka babiri bahasiga ubuzima, umutandiboyi akomereka byoroheje.
Mukamira ni imwe mu masantere akomeye y’Akarere ka Nyabihu, aho abenshi mu bahatuye badashidikanya kwemeza ko ariyo santere ifatwa nk’umujyi w’ako karere, n’ubwo hari na bake bemeza ko isantere ya Jenda ariyo iza imbere ya Mukamira.
Abatuye Umurenge wa Buyoga, Burega na Ntarabana mu Karere ka Rulindo, basoje umwaka wa 2022 bakirigita ifaranga kubera iterambere bamaze kugeraho, babikesha ubuhinzi bujyanye n’igihe, buhira imyaka.
Mu Karere ka Rulindo, umwanda w’ubwiherero watangiye kubyazwa umusaruro, ahamaze kubakwa uruganda rutunganya uwo mwanda (vermifiltration plant), mu rwego rwo gufasha abaturage kubona ifumbire izajya ibafasha mu buhinzi bwabo.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abatuye Akarere ka Gicumbi, bamennye banatwika ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, kandi zitemewe gucururizwa mu Rwanda.
U Rwanda ni kimwe mu bihugu mu ruhando rw’Isi bikungahaye ku byiza nyaburanga bikururira ba mukerarugendo kurusura, dore ko kandi ruri mu bihugu bifite ikirere cyiza cy’imberabyombi, bivuze ko ubukonje n’ubushyuhe biringaniye, ibyo bigatuma abasura u Rwanda bahishimira, uyu mwaka ibyamamare binyuranye bikaba byarahigereye.
Ku wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, mu masaha y’igicamunsi, Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Imanishimwe Yvette na Murenzi Jean Marie Vianney uyobora ishami ry’imibereho myiza n’umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Murenge wa Rilima, basuye Uwiragiye Marie Chantal uherutse kwibaruka (...)
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), gikomeje gahunda yo kongerera ubumenyi abanyamakuru kuri gahunda y’inkingo, mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kurushaho gusobanukirwa neza akamaro kazo.
Abasore babiri, Irafasha Donat na Ntakirutimana Noel, bo mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Kabare mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi, bagwiriwe n’ikirombe bahasiga ubuzima, ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro (Wolfram).
Umubyeyi witwa Uwiragiye Marie Chantal wo mu Karere ka Bugesera, yibarutse abana bane mu ijoro rya Noheli, nyuma y’imyaka 15 ategereje urubyaro.
Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kamunuza (HEC), iremeza ko mu gihe ishuri rikuru cyangwa Kamunuza yakiriye umunyeshuri utujuje ibisabwa, bishobora kuyigiraho ingaruka zishobora no gutuma ifungirwa zimwe muri Programu zayo, byaba na ngombwa igafungwa burundu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), kiraburira uzafatwa acuruza inyama zitujuje ubuziranenge, gisaba n’abaguzi kuba maso cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.
Guverinoma y’u Rwanda, yongereye iminsi y’ikiruhuko yagenwe nyuma y’umunsi mukuru wa Noheli n’Ubunani, aho yavuye kuri ibiri igirwa ine. Byari bimenyerewe ko, Umunsi ukurikira Noheli (Boxing day) n’umunsi ukurikira Ubunani, ari yo ifatwa nk’ikiruhuko, ariko hagaragaye impinduk,a iyo minsi igirwa ibiri kuri buri munsi mukuru.
Abaturage 297 bo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, Akarere ka Musanze, bari mu gihirahiro, nyuma y’uko uwari ababikiye miliyoni 17 mu kimina yayatorokanye.
Umupadiri witwa Niwemushumba Phocas wo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yandikiye Musenyeri Vincent Harolimana, ibaruwa imumenyesha ko asezeye mu butumwa bwe.
Imyumvire yamaze guhinduka, nta murimo ukigenewe umugabo cyangwa umugore nk’uko byahoze, mu mirimo yahoze yitirirwa abagabo hari irimo gukorwa n’abagore, ndetse bakarushaho kuyinoza. Urugero twavuga nk’umwuga w’ubumotari, gutwara igare, gutwara imodoka nini (bisi, amakamyo…).
Padiri Kajyibwami Modeste wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 17 Ukuboza 2022.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francisco arizihiza imyaka 53 ahawe ubupadiri.
Hirya no hino mu gihugu hakunze kumvikana ikibazo cy’abangavu bahohoterwa, aho bamwe baterwa inda bikaba intandaro y’ubuzima bubi kuri bo no ku bo babyara, gusa hari abo mu Karere ka Musanze biboneye abagiraneza babagarurira ikizere cyo kubaho.
Umugore witwa Mukanoheli Jeannette, arishimira ko ari mu gihugu cye cy’u Rwanda, nyuma y’igihe kinini aba mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Avuga ko yayinjiyemo mu 1994 afite imyaka itandatu, ubu akaba ari umubyeyi w’abana babiri ufite imyaka 35 y’amavuko.