Abakunze kunyura mu muhanda Kigali-Musanze, bakunze kugira ikibazo cy’inzira, cyane cyane mu gace ka Gakenke, aho mu gihe cy’imvura imihanda ikunze kuriduka igafunga umuhanda.
Muri gahunda y’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Akarere ka Rulindo gakomeje ubukangurambaga hirya no hino mu mirenge, hatangwa inyigisho ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 19 igize akarere ka Gakenke bashyikirijwe ibikombe, mu rwego rwo kwishimira ko besheje umuhigo wo gutanga Mituweli 2022-2023, aho abaturage bivuza ku kigero cya 100%.
Ubuzima bw’umukinnyi Nduwayo Valeur wa Musanze FC bwatangiye kumera neza. Ni nyuma y’uko agize ikibazo mu mukino iyo kipe yatsinzemo Rayon Sports ibitego 2-0 kuri sitade Ubworoherane tariki 27 Ukwakira 2022.
Ku itariki 28 Ugushyingo 2020, nibwo Archevêque wa Kigali Nyiricyubahiro Antoine Kambanda yimitswe na Papa Fransisiko i Roma nka Karidinali wa Kiliziya Gatolika ku isi.
N’ubwo kamwe mu turere tugize iyo Ntara kari ku mwanya wa kabiri (Gakenke) mu gihugu mu gutanga serivise nziza, Intara y’Amajyaruguru iza ku mwanya wa nyuma nk’uko byagaragajwe ubwo hamurikwaga Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Nk’uko bisanzwe, buri wa Gatandatu usoza ukwezi, mu Rwanda haba igikorwa cy’umuganda rusange aho abaturage bifatanya n’abayobozi mu bikorwa by’imirimo y’amaboko, hongerwa ibikorwa remezo no gusana ibyangiritse, hanubakirwa abaturage batishoboye.
Mu buvuzi bw’indwara yo kujojoba (Fistule) Israël iri gufashamo Leta y’u Rwanda, abenshi mu bari kuvurirwa iyo ndwara mu bitaro bya Ruhengeri bavuga ko icyizere cy’ubuzima cyagarutse dore ko hari n’abamaranye ubwo burwayi imyaka 40.
Umusore w’imyaka 20 witwa Habumugisha Eric wo mu Kagari ka Bisate, Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, yatunguye umushoferi wari umujyanye kwa muganga, nyuma yo gusimbuka Ambulance akiruka.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), ikomeje gushaka uko ikibazo cy’imbuto nziza y’ibirayi cyabonerwa umuti binyuze mu bafatanyabikorwa mu buhinzi, u Rwanda rukaba ruteganya kwihaza mu birayi no mu mbuto nziza zabyo ku buryo rwiteguye gusagurira amahanga.
Akingeneye Chantal na Nduhungirehe Félicien bo mu kagari ka Ruyumba mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, n’ubwo badafite ubumuga bw’uruhu, bishimiye urubyaro rwabo rw’abana icyenda barimo batanu bavukanye ubumuga bw’uruhu.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abakene, wizihizwa ku nshuro ya gatandatu, ku itariki ya 13 Ugushyingo 2022, Papa Francisco yagaragaye asangira ifunguro n’abakene batuye i Roma, mu rwego rwo kwisanisha nabo.
Perezida Paul Kagame yanenze ubudahangarwa buhabwa abayobozi mu gihe bafatiwe mu makosa, atanga urugero kuri umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko uhora afatwa na Polisi atwaye imodoka yanyweye ibisindisha ntahanwe.
Abagore bagera ku 100 bibumbiye mu itsinda ‘Abesamihigo’ bo mu Kagari ka Buramira, Umurenge wa Kamonyi muri Musanze, barishimira gahunda yo kuzigama bishyiriyeho bihesha buri muryango matola ihagaze 55,000Frw, binyuze muri gahunda ya Dusasirane.
Ku bufatanye na Leta, Umuryango Mpuzamahanga ukorera mu Rwanda witwa Humanity&Inclusion watangije ku mugaragaro umushinga ugamije guteza imbere imikurire iboneye y’umwana na serivisi zidaheza.
Mu gihe hakomeje kuvugwa ko hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu byaro, impano z’abana mu mikino inyuranye zititabwaho uko bikwiye, u Rwanda rwungutse umuterankunga ugiye kurufasha mu kuzamura impano z’abo bana.
Hirya no hino mu Rwanda, hasojwe ukwezi kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabusha, kwatangiye tariki ya 01 Ukwakira2022, ahakozwe ibikorwa binyuranye birimo kubakira abatishoboye, kurwanya isuri, ubukangurambaga mu kwirinda ibiyobyabwenge n’inda z’imburagiye ziterwa abangavu.
Abatuye umudugudu w’ikitegererezo wa Kagano mu Murenge wa Ruhunde mu Karere ka Burera, barasaba kwegerezwa irimbi bakaruhuka ingendo bakora bajya gushyingura ababo mu gihe bagize ibyago.
Komisiyo y’Uburengenzira bwa Muntu mu Rwanda isanga mu bibangamiye uburenganzira bwa muntu, ruswa iza mu myanya y’imbere, aho ikomeje kugira ingaruka ku mibereho myiza y’abaturage, haba k’uyitanga n’uyakira.
Hirya no hino mu gihugu, umubare muto w’abagore bakora mu kazi k’ubukerarugendo ukomeje kuba hasi y’uw’abagabo, kutigirira icyizere aho bamwe batinya inyamaswa no kurira imisozi, bikavugwaho kuba bimwe mu mbogamizi zibuza abagore kwitabira uwo murimo.
Mu rwego rwo kwegera abaturage, babaganirizwa kuri gahunda z’iterambere ry’akarere, kumva ibibazo byabo no kubishakira umuti hanirindwa amakimbirane yugarije imwe mu miryango, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Gakenke batangiye icyumweru cy’Umujyanama, kuva tariki 29 Ukwakira kugeza tariki 10 Ugushyingo 2022.
Amakuru aturuka mu Bunyamabanga bukuru bwa Arikidiyosezi ya Kigali, aremeza ko Antoine Cardinal Kambanda, ariwe ugiye kuyobora umuhango w’ishyirwa mu rwego rw’Abahire Umubikira witwa Maria Carola, wo muri Arikidiyosezi ya Nyeri mu gihugu cya Kenya.
Padiri Sindarihora Antoine wo muri Diyosezi ya Cyangugu, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ukwakira 2022 azize uburwayi.
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, basubijwe mu buzima busanzwe nyuma y’amezi atanu bamaze i Mutobo mu Karere ka Musanze, bahabwa inyigisho na Komosiyo ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare (RDRC).
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe Umujyanama mu Karere ka Rulindo, abagize Inama Njyanama y’ako karere bahaye imiryango 17 itari ifite isakaro amabati 442, aho buri muryango wagenewe 26.
Mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ku wa Gatandatu tariki 22 Ukwakira 2022, habereye umuhango wo guha umugisha ishusho ya Mutagatifu Papa Yohani Pawulo II, wamaze kugirwa umurinzi w’iryo shuri.
Mu gihe umwaka w’amashuri 2022-2023 umaze ukwezi utangiye, aho igihembwe cya mbere cyatangiye ku itariki 26 Nzeri 2022, mu gihugu hose harabarurwa abanyeshuri 105,525 n’abarimu 5,939 bataragera ku bigo by’amashuri.
Mu gihe Perezida Paul Kagame yizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’amavuko kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, Madamu Jeannette Kagame ni umwe mu bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.
Mu gihe muri iyi minsi ibiciro by’ibiribwa ku isoko bikomeje kuzamuka, ikiribwa kimaze iminsi kivugwa cyane ni ibirayi byari byarazamutse, ikilo kigera ku mafaranga 500, ibintu byari bibaye bwa mbere mu Karere ka Musanze ahafatwa nk’ikigega cy’ibirayi, ariko ubu byamaze kumanuka aho ikilo cyageze kuri 400.