Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène, arashima umusaruro uva mu Itorero ry’Igihugu, aho yemeza ko bamwe mu bitabira Itorero baza baseta ibirenge, rikarangira batabishaka.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze abayobozi barindwi bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’ingurane, Leta yari yagenewe abaturage bo mu Karere ka Rulindo, ijyanye n’ibyangijwe ubwo hubakwaga umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu mwaka wa 2021-2022.
Umugore w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Kivumu, Umurenge wa Kimonyi Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho icyaha cyo kwihekura, nyuma yo kubyara umwana akamujugunya mu cyobo.
Ubuyobozi bwa IPRC Tumba n’abiga muri iryo shuri, barishimira gahunda yiswe Career Fair, nk’urubuga rufasha abanyeshuri guhura n’abakoresha, aho abafite inganda bagaragariza abanyeshuri isano y’ibyo bakora n’ibyo abanyeshuri biga.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, INES Ruhengeri ryashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri 827 barangije amasomo mu mashami atandukanye, bibutswa ko barangije icyiciro cy’amasomo, ariko batarangije ishuri ry’ubuzima.
Mu ma saa tatu z’ijoro ryo ku itariki 24 Ukwakira 2023, ni bwo uwitwa Nsengiyumva Jean Paul, wo mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo Akarere ka Musanze, yagize impungenge z’imyaka ye y’ibirayi ajya kuyirinda, ageze mu murima agwa mu gaco k’amabandi baramukomeretsa.
Umusore w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Garuka, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, biravugwa ko yashatse kwiyahura akoresheje umuti witwa Rokete, bamutesha atarawumara, ajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Umugore w’imyaka 40 witwa Mwaka Marthe wavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), avuga ko afite ibyishimo bidasanzwe yatewe no kubona ubwenegihugu bw’u Rwanda, nyuma y’imyaka ikabakaba 20 ashakanye n’umugabo w’Umunyarwanda.
Abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba barangajwe imbere na Guverineri w’iyo Ntara, Gasana Emmanuel, baherutse kugirira uruzinduko mu Karere ka Musanze, mu rwego rwo kwigira kuri ako Karere, bareba uburyo gafatanya n’inzego z’abikorera mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kuvugurura umujyi, aho byateje imbere umujyi wa Musanze.
Abaturage babiri bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze batawe muri yombi, mu gihe abandi babiri bagishakishwa, aho bakekwaho gukubita uwitwa Maniriho kugeza apfuye, nyuma yo kumukekaho kubiba telefone.
Tariki 01/10/1990 - tariki 01/10/2023: Imyaka 33 irashize hatangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda. Icyo gihe mu masaha y’igitondo, nibwo isasu rya mbere ryumvikanye ku mupaka wa Kagitumba, mu yahoze ari Perefegitura y’Umutara mu Karere ka Nyagatare.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, yashenye ibyumba bitatu by’amashuri ya EAR Gashaki.
Ahitwa Ryamakomari-Ruhango mu Murenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, habereye impanuka mu ma saa tanu zo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, imodoka irangirika cyane, ku bw’amahirwe uwari uyitwaye ararokoka.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, arahamagarira urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze gutinyuka bakabyaza umusaruro amahirwe Leta ikomeje kubegereza, mu gihe mu ibyiruka rye ngo batigeze bayabona.
Nk’uko bimaze kumenyerwa mu Rwanda, buri wa gatandatu w’icyumweru gisoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange uhuza abaturage n’abayobozi.
Mu ijoro rishyira itariki ya 26 Nzeri 2023, abajura binjiye mu nzu icumbikamo abanyeshuri babiri biga muri INES-Ruhengeri mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, biba ibikoresho byabo bitandukanye birimo imashini ya Laptop, imyambaro n’amavarisi.
Bimwe mu bihugu ya Afurika byohereje intumwa zabyo mu Rwanda, mu mahugurwa y’icyumweru, mu rwego rwo gushakira hamwe umuti w’ikibazo cyugarije Afurika cy’abana bakomeje gushorwa mu gisirikare no mu mitwe yitwaje intwaro.
Mu Kigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Musanze, hatashywe inyubako irimo n’ibikoresho bitandukanye, yuzuye itwaye agera kuri Miliyari imwe na miliyoni magana arindwi z’Amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah yashimiye ikipe ya Musanze FC iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho ku geza ubu iri ku mwanya wa mbere n’amanota icyenda ku icyenda, mu mikino itatu imaze gukina, aho yayisabye kuguma kuri uwo mwanya.
Rwanda Coding Academy (RCA), ni ishuri ryatangiye kumvikana mu Rwanda muri 2018, rigamije kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga, aho abenshi baba bifuza ko abana babo baryigamo.
Umugabo w’imyaka 28 wo mu Kagari ka Nyonirima, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Ubugenzacyaha, nyuma yo gutema umugore we ku zuru akamukomeretsa, bapfa ko umugore yamubujije kugurisha isambu mu buryo batumvikanyeho.
U Rwanda ruri mu bihugu bishishikajwe no kurinda akayunguruzo k’imirasire y’izuba (Ozone), aho rwafashe ingamba zijyanye no kugabanya ibikoresho bikonjesha n’ibitanga amafu, bifite ibinyabutabire byangiza ako kayunguruzo.
Mama Francisco Yozefu, umwe mu bamaze imyaka myinshi mu bubikira, yitabye Imana mu gitondo cyo ku itariki 17 Nzeri 2023, afite imyaka 97, aho yari amaze imyaka 63 abaye umubikira.
Hakizimana Isaac w’imyaka 31 wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo gukomeretswa n’abagizi ba nabi, bamutangiriye mu nzira baranamwambura, atabarwa n’irondo.
Mushimiyimana Clementine wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze ari mu maboko y’inzego z’ubugenzacyaha, nyuma y’uko we n’umugabo we bafatiwe mu rugo benga inzoga zitemewe, umugabo atorotse hafatwa uwo mugore.
Mu Kagari ka Gashinga, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Hakizimana Innocent w’imyaka 41, ukekwaho gukomeretsa umugore we amutemye agatsinsino mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 16 Nzeri 2023, ubu akaba afunze.
Abatuye Umurenge wa Matyazo Akarere ka Ngororero, barinubira uburyo ishuri barereragamo ryasambuwe n’imvura ntirisakarwe, hakaba hashize imyaka itanu abanyeshuri biga bacucitse.
Umugore w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi, Akarere ka Musanze, yafunzwe akekwaho kwiba ihene y’umuturanyi, aho basanze inyama zayo mu gisenge cy’inzu ye.
Urubyiruko rw’abakobwa rwiganjemo abakiri abangavu, ruvuka mu Mirenge yiganjemo igihingwa cya Kawa, ruraburira abasore baba batekereza kurugusha mu bishuko ko batabona aho bahera kuko akazi bahawe kabafashije kwigira.
Abagenda n’amaguru mu mihanda cyane cyane yo hirya no hino mu mijyi no mu nkengero zayo, barishimira uburyo bahabwa agaciro n’abatwara ibinyabiziga, iyo bageze ahabagenewe ho kwambukira umuhanda hazwi nka ‘Zebra Crossing’ hagizwe n’amabara atambitse y’umukara n’umweru.