Abize ubuvuzi muri Kaminuza ya UGHE (University of Science in Global Health Equity) baravuga ko ubumenyi bahawe buhagije ku buryo bizeye badashidikanya ko bagiye gutanga umusanzu wabo mu kurwanya ibyorezo nka Ebola.
														
													
													Abanyeshuri 46 barangije muri Kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi bukomatanyije UGHE (University of Global Health Equity), bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters), biyemeza kuba umusanzu wo gushakira hamwe icyakemura ibibazo by’ubuzima bw’abatuye isi.
														
													
													Abanyeshuri 133 barimo Abapolisi 20, basoje amahugurwa bamazemo amezi ane bahabwa ubumenyi buhanitse mu gutahura ibyaha no kubigenza, mu gihe bane muri bobasezewe kubera imyitwarire mibi.
														
													
													Abanyeshuri 30 baturutse muri Kaminuza zinyuranye zo hirya no hino ku isi bahuriye mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, aho baje kungurana ibitekerezo basangira ubunararibonye muri gahunda yo gutegura imishinga ijyanye no guhanga imirimo.
														
													
													I Huro mu Murenge wa Muhondo, mu karere ka Gakenke, ni ahantu habumbatiye amateka y’umuganura mu Rwanda, aho ibiribwa byaganuzwaga Umwami byose byahingwaga bikanakusanyirizwaga muri ako gace bakabyigemurira i bwami.
														
													
													Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aherekejwe na Madame Jeannette Kagame, yafunguye ku mugaragaro Hoteli yitwa Singita Kwitonda Lodge yuzuye itwaye miliyoni 25 z’amadolari.
														
													
													Imiryango 105 yo mu Mudugudu wa Gakoro, Akagari ka Birira Umurenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, iremeza ko yavuye mu bukene bukabije, ubu ikaba imaze kwiteza imbere binyuze mu mishinga inyuranye ifashwamo n’umushinga Spark MicroGrants.
														
													
													Mu karere ka Musanze mu murenge wa Musanze, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 32 witwa Kaneza Innocent, ukomoka mu Murenge wa Nyange mu karere ka Musanze aho basanze umurambo we ufite uruguma mu mutwe.
														
													
													Abaganiriye na Kigali Today bo mu Murenge wa Mugunga, baremeza ko hari ubwo bagura amasambu ku kiguzi kiri munsi yayo bakwa ngo bahinduze ubwo butaka, bakavuga ko ari akarengane kuba umuntu yagura ubutaka bwa miliyoni agasabwa gutanga amafaranga angana n’uguze ubutaka bw’ibihumbi 20.
														
													
													Umwana w’imfubyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, avuga ko umuhungu w’imyaka 25 ukora umwuga wo gutwara abagenzi ku igare (umunyonzi) yamushukishije ko azamugira umugore amusambanya afite imyaka 14 amaze kumutera inda aramwanga.
														
													
													Mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi, hatangijwe ubukangurambaga mu kurwanya ihohoterwa n’inda ziterwa abangavu, aho ubuyobozi bwa Polisi bwasabye inzego zose kubigiramo uruhare mu gukumira no kurwanya ibyo bikorwa bibi.
														
													
													Mu Ishuri rikuru INES-Ruhengeri hagiye kubera amahugurwa mpuzamahanga mu guhanga imirimo yiswe ‘Summer School’.
														
													
													Abaturage bo mu Karere ka Gakenke bahisemo gufasha Leta kwishakamo ibisubizo biyubakira amavuriro mato mu tugari, barwanya ingendo ndende bakoraga bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi.
														
													
													Rwiziringa ni icyatsi kiboneka hirya no hino mu gihugu aho kibarirwa mu biyobyabwenge mu Rwanda kugeza n’ubwo hari abagihaye inyito ya 36 oiseaux (bishatse kuvuga ngo inyoni 36) bagendeye ku bukana gifite mu kwangiza ubuzima bw’abantu.
														
													
													Polisi iranenga bamwe mu banyonzi baciye mu rihumye inzego z’umutekano n’abashinzwe kumena ibiyobyabwenge, babyishoramo babinywa bihishe birabatamaza barasinda kugeza ubwo bajyanwa mu bitaro.
														
													
													Imodoka ya Coaster yari itwaye abagenzi 33, yakoze impanuka, batatu muri bo bahita bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 30 bakomeretse barimo babiri barembye cyane.
														
													
													Umuryango w’ibihugu bya Afurika uhugura abajya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (African Peace Support Trainers Association – APSTA), urashima umusanzu w’ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), mu gufasha impuguke zijya mu butumwa bw’amahoro.
														
													
													Mu Mujyi wa Musanze hagiye kubakwa ibiro bishya by’Intara y’Amajyaruguru, bizakorerwamo n’izindi nzego z’ubuyobozi zinyuranye zirimo Akarere ka Musanze n’Umurenge wa Muhoza.
														
													
													Kuva ku wa mbere tariki 08 Nyakanga 2019, mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze habereye amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abakozi 68 b’Abagenzacyaha, Abashinjacyaha, Abacamanza n’Abapolisi.
														
													
													Mu gihe umuvuduko ukabije, gutwara wasinze no kuvugira kuri telefone utwaye ari bimwe mu bikunze kugarukwaho nk’ibiteza impanuka zo mu muhanda, bamwe mu bamotari bo mu karere ka Musanze bavuga ko abagore n’abakobwa bambaye batikwije nabyo biri mu ntandaro z’impanuka zo mu muhanda.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruremeza ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kamwe mu tugari two mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke yamaze kugera mu maboko y’ubugenzacyaha.
														
													
													Abanyeshuri 207 bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere mu ishuri ry’ubumenyingiro ‘Muhabura Integrated Polytechnic College’ (MIPC), barasabwa kurangwa n’akazi kanoze karimo ubwenge bugeretse ku ndangagaciro z’Umunyarwanda, bazamura iterambere ry’igihugu.
														
													
													Umukobwa wo mu murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, ashinja umwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Akagari kumufata ku ngufu ubwo yari agiye kumusaba icyangombwa.
														
													
													Abagore bo mu Murenge wa Mugunga mu karere ka Gakenke, bavuga ko gukubitwa no gutotezwa biri mubyo babohotse, ubu bakaba bari mu buyobozi no mu bikorwa binyuranye by’iterambere.
														
													
													Nyuma yo gukatisha itike yo kujya mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’abari n’abaregarugori, ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore (Fatima Women Football Club) ya Kiliziya Gatolika Diyoseze ya Ruhengeri, yihaye intego yo kujya iza mu makipe ane ya mbere.
														
													
													Mizero Irené uvuka mu karere ka Ngororero, avuga ko akimara kumenya amakuru y’uko ababyeyi be bombi bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabayeho mu buzima bubi aho yakuranye ibikomere n’ipfunwe yatewe n’ibyo ababyeyi be bakoze.
														
													
													Abanyeshuri bo muri Nyabihu TVET School na Rwanda Coding Academy, bafashe ingamba zo kwiga bashaka ubumenyi bufite n’indangagaciro z’ubumuntu, nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenoside n’uburyo yateguwe n’abanyabwenge.
														
													
													Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, buremeza ko kudashyira hamwe kw’inzego zinyuranye, ari yo ntandaro yo kutesa imihigo uko bikwiye.
														
													
													Muri gahunda yo gufasha abana bafite impano zo gukina umupira w’amaguru, abakinnyi 13 binjijwe mu ikipe ya Musanze nyuma y’amarushanwa yo gutoranya abana bafite impano.
														
													
													Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abagore bane, ubwo bari bahetse ibiyobyabwenge byo mu bwoko bunyuranye.