Bamwe mu rubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga, ruremeza ko kuba rwitabiriye itorero ry’igihugu ari inzira yo kurufasha gusobanukirwa neza ibibazo rwibaza ku mateka y’u Rwanda.
Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Hendrick Vrooman, yamaganye ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana, avuga ko rigira ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.
Abanyeshuri bibumbiye muri AERG yitwa ‘INDAME’ bo mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, bihaye intego yo kubakira inzu uwarokotse Jenoside utagira aho aba, mu rwego rwo kunganira Leta mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza.
Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, watangiye amasomo amwinjiza mu muryango w’Abasukuti (scouts), mu mwaka wa 1978 ari mu mwaka wa kane w’amashuri abanza ku Mulindi wa Byumba ubwo yari afite imyaka 10, avuga ko uwo muryango wamwubakiye ubuzima n’imyifatire agenderaho kugeza na n’ubu.
Uwanyirigira Marie Chantal w’imyaka 38 y’amavuko, watorewe kuyobora akarere ka Burera kuwa gatanu tariki 6 Ukuboza 2019, atangaza ko atari yarigeze atekereza ko yaba umuyobozi ku rwego rwo kuyobora akarere.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.
Muri gahunda yo kurerera abana mu miryango yatangiye mu mwaka wa 2008, babavana mu bigo binyuranye, inzego z’ubuyobozi zinyuranye mu karere ka Nyabihu zatanze amahugurwa ku buryo bwo gutoranya ba Malayika murinzi bazifashishwa mu kurerera abana mu miryango.
Gahunda yo kubakira abatishoboye mu ntara y’Amajyaruguru ni yo iri ku isonga mu bigiye kwitabwaho muri uku kwezi ku buryo umwaka wa 2020 utangira abaturage bose batuye neza nk’umuhigo uturere twahigiye ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru.
Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu barishimira kwegerezwa uburezi bw’amashuri y’inshuke n’amashuri abanza hagamijwe kurwanya ingendo abana bakora bagana ishuri no kurwanya ubuzererezi mu bana.
Gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango yatangijwe n’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, isoje imiryango itanu yabaga hanze yubakiwe inzu ku nkunga y’abo bagore bishyize hamwe bakusanya amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 28.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) bufite gahunda yo kongera amashuri y’imyuga ku buryo mu mwaka wa 2024 ayo mashuri azaba yigwamo na 60% by’abanyeshuri bose bo mu Rwanda.
Mu gitondo cyo ku itariki 23 Ugushyingo 2019, impanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi umunani bwarohamye mu kiyaga cya Burera, batandatu bararokoka, naho umubyeyi n’umwana we yari ahetse barapfa.
Muri gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango, urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2019 rwamurikiye umuryango utishoboye inzu n’ibikoresho binyuranye.
Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kuvugwa ubujura bukabije burimo gutobora amazu, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, aranenga bamwe mu bakora irondo ry’umwuga bazwi ku izina rya ‘Home Guard’ batita ku kazi bashinzwe, bamwe muri bo bagafatanya n’amabandi kwiba abaturage.
Mu ruzinduko Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda yagiriye mu bitaro bya Ruhengeri ku itariki 18 Ugushyingo 2019, yishimiye uburyo u Rwanda rwateye imbere muri gahunda yo gukumira icyorezo cya Ebola.
Abakobwa 416 biga muri INES-Ruhengeri bafashwa na FAWE-Rwanda ku bufatanye na ‘Mastercard Foundation’ bakomoka mu miryango ikennye batsinze neza ibizamini byo mu mashuri yisumbuye, ni bo bahawe inkunga yo kurihirwa kaminuza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke, burashimira urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) rushamikiye kuri Polisi y’u Rwanda, nyuma y’ibikorwa rumaze gukorera abatuye ako karere, birimo kurwanya ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi cyari cyugarije ako karere.
Mu karere ka Musanze hatangijwe gahunda yo kumenyekanisha politiki y’ubuzima bw’imyororokere no kuboneza urubyaro ku babyeyi, ingimbi n’abangavu bakomeje guterwa inda z’imburagihe.
Abamotari bo mu mujyi wa Musanze bahawe umwambaro mushya (gilet), ukoranye ikoranabuhanga rikubiyemo umwirondoro w’abamotari hagamijwe guca burundu akajagari gakorerwa muri uwo mwuga no kurwanya ibyaha byahungabanya umutekano.
Abapolisi b’u Rwanda 25 bamaze ibyumweru bitatu mu mahugurwa mu kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) mu karere ka Musanze, barishimira ubumenyi bungutse buzabafasha mu butumwa bw’amahoro mu bihugu byugarijwe n’intambara, guhugura abapolisi b’ibyo bihugu no kurengera abasivile.
Mu gitaramo cyo kwakira abanyeshuri bashya batangiye amasomo muri INES-Ruhengeri mu mwaka wa 2019-2020, abanyeshuru bibukijwe ko bagomba kwirinda imyitwarire mibi n’ibishuko, bakerekeza umutima wabo ku masomo bategura ejo hazaza.
Ku cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo, Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatoye abayobizi baruhagarariye.
Mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2019, umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JJean Marie Vianney, n’abayobozi banyuranye mu karere ka Musanze, basuye abaturage bagamije kureba uburyo babayeho no gukemura ibibazo by’amacumbi.
Mu Kagari ka Songa mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, muri iyi minsi havuzwe urupfu rutunguranye rw’umusaza witwa Nkorera Yohani, wapfuye nyuma yo kurenga ku ntego yategewe n’umupfumu.
Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy-RPA) cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu agenewe abasirikare bo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye kurinda aho rukomeye( Easter Africa Standby Force- EASF).
Abakozi 250 b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) basoje itorero kuwa kane tariki ya 31 Ukwakira 2019, mu minsi 10 bari bamaze i Nkumba mu karere ka Burera, bagejeje umuriro w’amashanyarazi ku miryango 131 banavugurura umuyoboro wacaniraga imiryango 40.
Mu rwego rwo gufata mu mugongo abaturage baburiye ababo mu bitero by’abagizi ba nabi mu Karere ka Musanze, Ishuri rukuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ryatanze inkunga ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 500.
Ukwezi kw’imiyoborere ku rwego rw’igihugu kwatangirijwe mu Karere ka Musanze ku wa kabiri tariki 29 Ukwakira 2019. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo ba Guverineri bose b’Intara z’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, witabirwa kandi n’Umuyobozi wungirije w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere(RGB).