Umunya Colombia Brayan Sanchez Vergara Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021, ako gace kakaba kari Kigali-Rwamagana.
Abakandida bahatanira kujya muri Komite Nyobozi ya Komite Olempike ndetse n’indi myanya itandukanye, mu matora ateganyijwe ku Cyumweru gitaha
Ikipe ya Rayon Sports yari yizeye gusinyisha rutahizamu ukomoka muri Gabon ntibikunde, yiteguye kumusimbuza undi ukomoka muri DR Congo
Mu mukino wa gicuti wabereye ku kibuga cya Shyorongi ku wa Gatatu tariki 28 Mata 2021, ikipe ya APR FC yihereranye Mukura VS iyihatsindira ibitego 4-0.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yavuze ko umukino wa Rayon Sports na Police FC utahagaritswe na Polisi y’u Rwanda nk’uko hari aho byagiye bivugwa.
Mu gihe habura iminsi mike ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere itangire, habaye impinduka z’uko amakipe azakina
Ikipe ya Rayon Sports yasobanuye impamvu umunyezamu Kwizera Olivier yavuye mu mwiherero ku munsi w’ejo
Nyuma y’iminsi itanu y’amahugurwa yahabwaga abasifuzi b’abagore mu mukino wa Judo, ayo mahugurwa yasojwe bemererwa ubufasha na Minisiteri ya Siporo.
Ishuri ry’umupira w’amaguru ry’ikipe ya Paris Saint-Germain rigiye gutangira mu Rwanda, ryamaze gushyiraho abayobozi n’abatoza.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha abakinnyi babiri izifashisha muri shampiyona y’amezi abiri izatangira tariki 01/05/2021.
Ibikoresho byatanzwe birimo imyambaro yo gukinana haba mu rugo ndetse n’igihe yasohotse, imyenda yo kwambara igihe bagiye gukina, ibikoresho by’imyitozo ndetse n’imyenda y’ikipe y’abakiri bato
Ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo mu Rwanda, Umuryango ‘CONFEJES’ w’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa ndetse na Federasiyo ya Judo mu Rwanda batangije amahugurwa y’abasifuzikazi muri uyu mukino
Abasifuzi batatu b’abanyarwanda bayobowe na Samuel Uwikunda, bazasifura umukino wa CAF Confederation Cup uzahura CS Sfaxien na ASC Les Jaraaf de Dakar.
Mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Bugesera, Rayon Sports yahatsindiye Bugesera ibitego bibiri ku busa
Mu mikino Olempike iteganyijwe kubera i Tokyo mu Buyapani guhera muri Nyakanga uyu mwaka, Mukansanga Salima usifura umupira w’amaguru ni umwe mu bazayisifura
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gutangaza uko amakipe azahura mu mikino y’amatsinda, aho APR na Rayon Sports zizakira imikino ya mbere kuri Stade Amahoro
Umunyezamu Kwizera Olivier wa Rayon Sports, yatangiranye imyitozo na bagenzi be mu Nzove, aho iyi kipe imaze icyumweru ikorera imyitozo
Nyuma yo kwegura kwa Amb. Munyabagisha Valens wayoboraga Komite Olempike, amatora y’uzamusimbura yashyizwe mu ntangiriro za Gicurasi 2021.
Ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatanu ku kibuga cya Shyorongi aho isanzwe initoreza, mu rwego rwo gutegura shampiyona izatangira tariki 01/05/2021
Isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro rigiye kuba ku nshuro ya 16, rizakinwa mu buryo budasanzwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Abatoza 18 b’Abanyarwanda batangiye amahugurwa bakoreshwa n’ikipe ya Paris Saint-Germain, hazavamo bane bazatoza mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint-Germain rizatangira mu Rwanda
Abayobozi b’ikipe ya APR FC baganirije abakinnyi mbere yo gutangira umwiherero, aho zimwe mu ntego bihaye zirimo gutwara igikombe no kugira umubare munini mu ikipe y’igihugu “Aamavubi”
Uwari Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Sekamana Jean Damascène, yatangaje ko yeguye kuri uyu mwanya.
Abakinnyi umunani muri 15 bari batoranyijwe mu mwiherero wa mbere nib o biyambajwe mu myitozo ya kabiri izavamo batanu bazahagararira Team Rwanda
Tariki 01 Gicurasi 2021 ni bwo hatangira shampiyona bundi bushya, aho amakipe 16 akina icyiciro cya mbere yamaze kugabanywa mu matsinda ane y’amakipe ane buri tsinda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ubu amakipe yose yemerewe ibyumweru bibiri byo kongeramo abakinnyi
Abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abandi bakozi ba Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Disi Dieudonné warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ni umwe mu Banyarwanda bafite ibigwi byinshi mu mukino wo gusiganwa ku maguru ku ntera ndende. Avuga ko umukino wo gusiganwa ku maguru wamugaruriye icyizere cy’ubuzima ukamufasha kwiyubaka.
Adrien Niyonshuti warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ni umwe bakinnyi bakoze amateka muri siporo mu Rwanda aho yabaye umukinnyi wa mbere wabigize umwuga mu mukino w’amagare mu Rwanda, akanaba Umunyarwanda wa mbere wakinnye imikino Olempike muri uyu mukino.