Mu gitondo cyo kuri uyu Gatanu, abakinnyi 16 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball, berekeje muri Tunisia mu marushanwa ya Afro-Basket azatangira tariki 17/02/2021
Ikipe ya AS Kigali nyuma y’urugendo rurerure rwatumye inyura na Turukiya, yaraye ikoze imyitozo ya mbere muri Tunisia yitegura umukino uzayihuza na CS Sfaxien kuri iki Cyumweru.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gashyantare 2021, uwari uhagarariye Minisiteri ya Siporo yasobanuye ko abakinnyi b’Amavubi bazahabwa agahimbazamusyi kadasanzwe ariko kari mu byiciro.
Abahoze bakinira Amavubi nyuma yo gushinga ishyirahamwe ribahuza, bandikiye ibaruwa ifunguye Minisiteri ya Siporo bayereka ibyifuzo bigamije iterambere ry’umupira w’amaguru.
Ikipe ya AS Kigali yaraye ihagurutse i Kigali yerekeza muri Tunisia, aho ibanza guca Istanbul muri Turukiya, ikaba igiye gukina umukino ubanza wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikipe y’Igihugu Amavubi ku Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021, umutoza mukuru Mashami Vincent yagaragaje imbogamizi bagize ndetse n’icyo bifuza ngo bazitware neza kurushaho mu bihe biri imbere.
Amakipe ya Mali na Maroc zageze ku mukino wa nyuma wa CHAN, ni zo zihariye ibihembo ziniganza mu ikipe y’abakinnyi 11 beza ba CHAN 2020.
Ikipe ya Maroc ni yo yegukanye igikombe cya CHAN cyaberaga muri Cameroun, nyuma yo gutsinda Mali ibitego bibiri ku busa
Mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi, Perezida Kagame yasabye abakinnyi kureka kugendera ku myemerere irimo ubujiji, anavuga impamvu yatumye umutoza Dragan Popadic asezera.
Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahuye n’abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, abashimira uko bitwaye muri CHAN 2020, ndetse agira n’ibyo abasaba kugira ngo bazitware neza mu minsi iri imbere.
Ahmad Ahmad wari warahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, yemerewe gukomeza guhatanira umwanya wa Perezida wa CAF
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iheruka gusezererwa mu marushanwa ya CHAN 2020 yaberaga muri Cameroun, igomba guhita itangira indi mikino myinshi ifite mu mwaka wa 2021.
Mu gihe amarushanwa ta CHAN abera muri Cameroun atarasozwa, bamwe mu bakinnyi bagiye bigaragaza kuva igitangira batangiye kubona amakipe mu bindi bihugu
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryategetse ikipe ya AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent amafaranga asaga Miliyoni 15 Frws cyangwa igafatirwa ibihano
Ikipe ya Rayon Sports igiye kugabanya umushahara wahabwaga abakinnyi n’abakozi bitewe no kuba ibikorwa bya siporo birimo shampiyona byarahagaze kubera COVID-19
Ikipe ya AS Kigali ikomeje kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na CS Sfaxien, yakoreye imyitozo kuri Stade Amahoro aho yasuwe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent yatangaje ko yababajwe no kuba basezerewe, ariko batajya kurega VAR ahubwo ari ugutegura imikino iri imbere
Mu mukino wa ¼ waberaga kuri Stade Limbe, urangiye ikipe y’igihugu ya Guinea “Syli Nationale” itsinze Amavubi y’u Rwanda igitego 1-0
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ni bwo Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs bwahagaritse amasezerano y’abakinnyi ndetse n’abakozi kubera COVID-19.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” n’iya Guinea “Syli Nationale”, barakina umukino wa ¼ cy’irangiza ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, aho buri ruhabnde rwashyize imbaraga nyinshi muri uyu mukino
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mashami Vincent, aratangaza ko n’ubwo bagiye gukina n’igihugu gikomeye, ariko intego ari ukubatsinda bakerekeza muri ¼.
Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’Amaguru, Amavubi, ibonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho nyuma yo gutsinda Togo ibitego 3-2.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze gutangaza urutonde rw’abasifuzi 35 bazasifura igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 ruriho umunyarwanda umwe.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Mutarama 2021 ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irakina umukino wa nyuma mu itsinda. Uwo mukino uratuma Amavubi amenya niba yerekeza i Kigali cyangwa i Yaoundé.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 24/01/2020, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yahagurutse Douala yerekeza Limbe ahazabera umukino wa nyuma mu itsinda C.
Ni umukino watangiye hari ubushyuhe buri ku gipimo cya Dogere 30. Ikipe y’igihugu ya Maroc yihariye iminota ya mbere y’umukino, ndetse no gutindana umupira (ball possession) Maroc igira 70% mu gihe u Rwanda rwari rufite 30% mu minota myinshi y’igice cya mbere.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iracakirana n’ikipe y’igihugu ya Maroc ku i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda, umukino ufite ibisobanuro byinshi ku mpande zombi.
Umwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru, akaba by’umwihariko n’umufana wa Kiyovu Sports Seburengo Abdu, yaraye yitabye Imana nyuma y’uko yari amaze iminsi arwaye.
Rutahizamu w’Amavubi Sugira Ernest wemerewe noneho gukina umukino uzahuza Amavubi na Maroc, yatangaje ko yizeye ko kuri uyu mukino bazitwara neza bakabona ibitego
Ikipe ya APR FC yatangaje impamvu eshatu zatumye baha ikipe ya Kiyovu Sports umukinnyi Ishimwe Kevin, harimo kuba barabahaye Nsanzimfura Keddy