Mu gihe habura iminsi 20 ngo hatangire igikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo n’abagore, umutoza yamaze gusezerera bamwe mu bakinnyi mu myitozo
Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda yashyizeho amabwiriza mashya yo gusubukura ibikorwa bya Siporo hubahirizwa gahunda yo kwirinda COVID-19
Muri Tombola y’uko amakipe azahura muri CAF Champions League, APR Fc yatomboye Mogadishu City FC yo muri Somalia, naho AS Kigali itombora ikipe yo mu birwa bya Comores.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 39 bo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, akaba yanahamagayemo umunyezamu Kwizera Olivier, wari uherutse gutangaza ko asezeye ku mupira w’amaguru.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA, u Rwanda mu mupira w’amaguru rwazamutseho imyanya 10 aho ubu rwageze ku mwanya wa 127 ku isi.
Mu gihe habura iminsi hafi icumi ngo u Rwanda rwakire igikombe cya Afurika muri Basketball “AfroBasket 2021”, ibihugu bibiri byamaze kugera mu Rwanda
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko Kwizera Olivier akiri umukinnyi wayo ubafitiye amasezerano y’umwaka muri ibiri yari yarabasinyiye.
Mu mukino wa mbere wa gicuti ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball yakinaga n’ikipe ya kabiri ya Senegal, u Rwanda rwatsinzwe amanota 86 kuri 74.
Ikipe ya Paris Saint-Germain yamaze gusinyisha umunya-Argentine Lionel Messi amasezerano y’imyaka ibiri, aho yagaragaye anambaye umwambaro wamamaza gahunda ya ‘Visit Rwanda’ ishishikariza abantu gusura u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwamaze gutumizwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “Ferwafa” kubera ikirego cyatanzwe n’umukinnyi Nishimwe Blaise.
Guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10/08/2021, ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball iratangira imikino ya gicuti yo gutegura amarushanwa AfroBasket izabera mu Rwanda mu minsi iri imbere
Ikipe ya APR FC yagize icyo ivuga ku makuru amaze iminsi avugwa ko umukinnyi Niyonzima Olivier Sefu baheruka kwirukana yatinze guhabwa urupapuro rumurekura. Tariki 04 Kanama 2021 ni bwo ikipe ya APR FC yirukanye burundu Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu wari usanzwe ayikinira mu kibuga hagati mu gihe cy’imyaka ibiri, aho (…)
Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ko yasezereye burundu umukinnyi Niyonzima Olivier Sefu imushinja imyitwarire mibi.
Ishingiye ku bitekerezo byatanzwe n’Abanyamuryango ba FERWAFA mu nama nyunguranabitekerezo yabaye ku wa 30 Nyakanga 2021, ndetse n’isesengura ryakozwe ku bijyanye n’umubare w’abanyamahanga bemerewe gukina mu marushanwa ategurwa na FERWAFA, Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Kanama 2021 yafashe (…)
Myugariro wa APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Emmanuel Imanishimwe uzwi nka Mangwende, yaraye yerekeje muri Maroc mu ikipe ya FAR Rabat yo mu cyiciro cya mbere
Inama nyunguranabitekerezo yahuje abanyamuryango ba Ferwafa yaganiriwemo zimwe mu mpinduka zishobora kuzakurikizwa muri shampiyona ziri imbere, harimo no kongera umubare w’abanyamahanga bakina shampiyona
Kuri uyu wa Gatanu mukino Olempike ubwo abanyarwanda batatu bahatanaga, nta n’umwe wabashije gukomeza mu kindi cyiciro
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” Haruna Niyonzima yamaze gusubira mu ikipe ya AS Kigali nyuma yo gusoza amasezerano muri Young Africans yo muri Tanzania
Abakinnyi batatu b’abanyarwanda bari mu mikino Olempike baraza guhatana kuri uyu wa Gatanu, mu gihe Mugisha Moise usiganwa ku magare we yagarutse mu Rwanda
Abanyafurikakazi batanu barimo umunyarwandakazi Mukansanga Salima, batoranyijwe mu basifuzi bazasifura imikino ya ¼ ya Olempike mu bagore
Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Mutsinzi Ange yaraye yerekeje ku mugabanae w’I Burayi aho agiye gukora igeragezwa mu Bubiligi
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryategetswe kwishyura uwahoze ashinzwe itumanaho no kuyishakira amasoko, nyuma yo kubisabwa n’urukiko
Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mushya uzayifasha mu mwaka utaha w’imikino nk’umutoza wungirije ndetse ushinzwe no kongerera ingufu abakinnyi
Mu isiganwa ry’amagare ryo mu muhanda ryabaye mu rukerera rw’uyu munsi, Mugisha Moise uhagarariye u Rwanda ntiyabashije gusoza isiganwa.
Ikipe ya APR FC yagombaga guhagararira u Rwanda muri CECAFA y’amakipe izabera muri Tanzania, yatangaje ko itakitabiriye aya marushanwa
Impuzamashyirahamwe y’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba no hagati (CECAFA) mu mupira w’amaguru, yamaze gutangaza amakipe yemeye kwitabira CECAFA izabera i Dar es Salaam muri Tanzania.
Mugheni Kakule Fabrice wakiniraga ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya, yamaze gusinyira ikipe ya AS Kigali amasezerano y’imyaka ibiri.
Kwizera Olivier usanzwe ufatira ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangaje ko asezeye umupira w’amaguru.
Umusifuzi mpuzamahanga w’umugore Mukansanga Salima, yabaye umunyarwandakazi wa mbere usifuye imikino olempike.
Rutahizamu Byiringiro Lague wari umaze iminsi yerekeje mu ikipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Busuwisi, yatangaje ko yatsinzwe igerageza yari amazemo iminsi.