Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Karere ka Huye na Gisagara harabera isiganwa ry’imodoka rigamije kwibuka Gakwaya wahoze asiganwa mu modoka.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ryavaga i Rubavu ryerekeza i Musanze, Patrick Byukusenge wa Benediction Club ni we ubaye uwa mbere.
Igice cya mbere cy’isiganwa ry’amagare ritegura Tour du Rwanda 2017 cyagukanwe n’umukinnyi w’amagare wabigize umwuga ariwe Samuel Mugisha.
Ikipe ya APR Hc ihagarariye u Rwanda yatsinzwe umukino wa mbere na Esperance Sportive de Tunis yo muri Tunisia mu mukino wa mbere wabaye kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe ya APR handball Club yamaze kugera i Tunis muri Tunisia aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika muri uyu mukino
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Harabura ukwezi kuzuye ngo Tour du Rwanda 2017 itangire, Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda 2016
Umukinnyi Hadi Janvier wari warasezeye umukino w’amagare, yamaze gusaba imbabazi Ferwacy n’umuyobozi wayo, asaba kugaruka mu ikipe y’igihugu.
Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports aratangaza ko atigeze yongera amasezerano n’iyo kipe, ko ahubwo bamugurije amafaranga yiteguye kwishyura vuba.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara abakinnyi bemerewe gukina Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru uyu mwaka.
Kuri iki cyumweru ni bwo hasojwe Shampiona y’icyiciro cya mbere mu bagore, aho AS Kigali yatsinze ku mukino usoza ES Mutunda ibitego 4-0.
Ikipe ya APR Fc na Kiyovu Sports zamaze kumvikana ku mukinnyi Twizerimana Martin Fabrice wari waragiye muri APR Fc mu buryo Kiyovu ivuga ko butari bwemewe.
Irushanwa ryitwa "Ndi Umunyarwanda" ryagombaga gutangira kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017,bimaze gutangazwa ko ryasubitswe.
Ikipe ya APR Handball Club ikomeje imyiteguro yo kwerekeza muri Tunisia mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa Handball.
Ikipe ya APR y’abakobwa, na Patriots y’abagabo zatsinze imikino y’umunsi wa kabiri mu irushanwa rya zone 5 muri Basket riri kubera muri Uganda
Nyuma y’aho ayo makipe ahuye inshuro ebyiri mu byumweru bibiri bishize, APR na Rayon Sports zishobora kongera gukina kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017.
Ku munsi wa mbere wa Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yatsinze Sunrise ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda itsinze APR Fc ibitego 2-0, byari ibyishimo ku bafana, abakinnyi n’abatoza.
Bimwe mu bidasanzwe bihurira ku mubare 27, ari yo minota iza gukinwa mbere y’uko umukino wa Rayon Sports na APR Fc uza gusubukurwa
Tumukunde Eugenie w’i Musanze yashinze ishuri ry’umupira ryigisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru, gusa ngo aracyafite imbogamizi zo kugera ku ndoto ze
Umutoza Jimmy Mulisa arasaba abafana ba APR Fc kuza kumushyigikira kuri uyu wa Gatatu, aho asanga uruhare rwabo rwanatuma yitwara neza mu minota 27 izabahuza na Rayon Sports.
Umukino wahuzaga ikipe ya Rayons Sport na APR FC bahatanira igikombe gisumba ibindi mu Rwanda cyitwa Super Cup ugasubikwa kubera ibura ry’umuriro, byemejwe ko uzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu, ugakomereza aho warugeze hakinwa iminota 27 yari isigaye.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa rya Taekwondo rizahuza abakinnyi 150 bazaturuka mu bihugu birindwi.
Nyuma yo gusabwa kwakira igikombe cya CECAFA cy’abagore, u Rwanda ntiruremeza ko ruzitabira iri rushanwa mu gihe habura amezi abiri gusa.
Abakobwa bo mu ntara y’i Burasirazuba baratangaza ko biteguye gutera ikirenge mu cya basaza babo bakomoka muri iyi ntara mu mupira w’amaguru
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira rizabera muri Côte d’Ivoire mu Gushyingo 2017, aho izahurira n’amakipe akomeye i Burayi
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na Sosiyete y’imikino y’amahirwe yitwa Feza Bet izayiha amafaranga asanga Miliyoni 305 Frws mu myaka ine iri imbere